Uyu
muhanzi w’umunya-Uganda, umaze imyaka myinshi ari mu bafite izina rikomeye mu
muziki, yagaragaje ubutumwa bwe bwo kwifatanya n’Abanyarwanda abinyujije ku
rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, umunsi
watangirijweho icyumweru cyo kwibuka.
Mu
butumwa bwe, Jose Chameleone yasobanuye ko yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka
ubuzima bw’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no guha
agaciro no gushima imbaraga n’ubudaheranwa by’abarokotse.
Ni
ubutumwa bugaragaza ko uyu muhanzi atibagiwe amateka akomeye u Rwanda
rwanyuzemo, ndetse anashimangira ko ari kumwe n’Abanyarwanda muri ibi bihe
bikomeye byo kwibuka, aho hibukwa abasaga Miliyoni bishwe bazira uko bavutse.
Kuba
Jose Chameleone, umwe mu bahanzi bafite igikundiro kinini mu karere, yagaragaje
ubu butumwa, bigaragaza ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari igikorwa
cy’Abanyarwanda gusa, ahubwo ari inshingano y’Isi yose, cyane cyane abahanzi
n’ibyamamare bafite ijwi rigera kuri benshi.
Ubutumwa
bwe kandi bushimangira akamaro ko gukomeza kwibuka, guharanira ukuri ku mateka
no kwamagana abapfobya cyangwa abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego
rwo kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro n’ubwiyunge.
Ni
mu gihe u Rwanda n’inshuti zarwo ku Isi bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro
ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanubakwa ejo hazaza
hadasubira mu mateka mabi nk’aya.

Jose Chameleone yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi
Ubutumwa
bwa Chameleone bushimangira impamvu yo kwibuka abazize Jenoside yakorewe
Abatutsi no guha agaciro ubutwari n’ubudaheranwa bw’abarokotse
