Jose Chameleone yasabye Bruce Melodie na The Ben gukorana indirimbo, nubwo izo bagerageje zaheze mu kabati

Imyidagaduro - 05/06/2026 9:53 PM
Share:

Umwanditsi:

Jose Chameleone yasabye Bruce Melodie na The Ben gukorana indirimbo, nubwo izo bagerageje zaheze mu kabati

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone, yasabye abaririmbyi Bruce Melodie na The Ben gushyira hamwe bagakora indirimbo, avuga ko ari kimwe mu bintu abafana b’umuziki nyarwanda bakomeje kwifuza kumva kuva kera.

Yabigarutseho mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026, ubwo yagaragaraga mu kiganiro n’itangazamakuru cyateguwe mbere y’urugendo rw’ibitaramo bya “Summer Country Tour”, bizahuza Bruce Melodie na The Ben mu Ntara zitandukanye z’u Rwanda.

Ni igikorwa cyabereye muri Camp Kigali, aho abanyamakuru n’abakunzi b’umuziki bari bateraniye kumva imyiteguro y’ibi bitaramo bitegerejwe na benshi.

Mu buryo butunguranye, Jose Chameleone yagaragaye muri icyo kiganiro, ibintu byashimishije benshi bari bahari bitewe n’uburemere afite mu muziki wo muri aka karere.

Mu ijambo rye, yabanje gushimira Imana ku bw’iterambere umuziki nyarwanda umaze kugeraho, anagaragaza ko yishimira intambwe abarimo The Ben na Bruce Melodie bamaze gutera mu kwamamaza igihugu cyabo binyuze mu muziki.

Yagize ati: “Ndashaka gushimira Imana ku bw’uyu munsi mwiza. Ndi umunyabigwi mu muziki ariko nshyigikira cyane The Ben ndetse na Bruce Melodie. Nshyigikira kandi umuziki w’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.”

Chameleone yavuze ko kimwe mu bintu byamuzanye muri iki kiganiro ari ugushyigikira igikorwa aba bahanzi bagiye gukorera abafana babo mu Ntara, abasaba kuzatanga ibyishimo bikwiye abakunzi babo.

Ati: “Icyo mbasaba ni ukuzaha ibyishimo abafana. Barashaka umuziki gusa. Muzajye ku rubyiniro mutange ibyishimo kuko ari byo abafana bategereje.”

Mu butumwa bwe, Jose Chameleone yanakoze ku ngingo imaze imyaka myinshi ivugwa mu muziki nyarwanda; iyerekeye indirimbo ishobora guhuza Bruce Melodie na The Ben.

Yavuze ko na we yigeze kumva amakuru avuga ko aba bahanzi bagerageje gukorana indirimbo inshuro zitandukanye ariko ntizigere zisohoka, ashimangira ko igihe kigeze kugira ngo abafana bumve uwo mushinga.

Ati: “Numvise bavuga ko mwagerageje gukorana indirimbo ariko bikanga. Njyewe nka Chameleone icyo mbasaba ni uko nshaka kumva iyo ndirimbo mwahuriramo nka Bruce Melodie na The Ben.”

Aya magambo yakiriwe neza n’abari muri icyo kiganiro, cyane cyane ko ari ubwa mbere umuhanzi ukomeye nk’uyu abivuze mu ruhame imbere y’aba bahanzi bombi.

Chameleone kandi yagejeje kuri Bruce Melodie ubutumwa bwihariye yahawe n’umuvandimwe we Pallaso, umwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda.

Yavuze ko Pallaso yamusabye kuzasuhuza Bruce Melodie no kumwifuriza ibitaramo byiza muri uru rugendo agiye gukorana na The Ben. Ati: “Pallaso yambwiye ngo nkubwire ko uri Bruce Mayanja.”

Aya magambo yasize benshi baseka, kuko izina Mayanja ari ryo muryango Jose Chameleone, Pallaso na bagenzi babo bakoresha, bikaba byumvikanishaga uburyo Pallaso afata Bruce Melodie nk’umwe mu bo mu muryango we wa hafi.

Nubwo abafana bamaze imyaka myinshi bifuza kumva indirimbo ihuriweho na Bruce Melodie na The Ben, kugeza ubu nta n’imwe irasohoka.

Amakuru amaze igihe avugwa mu ruganda rw’umuziki nyarwanda agaragaza ko aba bahanzi bakoze ku mishinga itandukanye y’indirimbo mu bihe bitandukanye, ariko yose ikarangira itageze hanze.

Bivugwa ko nibura hageragejwe imishinga igera kuri itatu, nyamara yose ikarangirira mu kabati ku mpamvu zitigeze zisobanurwa ku mugaragaro.

Ibi bituma amagambo ya Jose Chameleone aza ashyira igitutu cyiza kuri aba bahanzi bombi, cyane cyane muri iki gihe bagiye guhurira mu bitaramo bikomeye bizenguruka Intara enye z’u Rwanda.

Mu gihe abafana bitegura kureba Bruce Melodie na The Ben bahuriye ku rubyiniro muri “Summer Country Tour”, benshi bakomeje kwibaza niba ubutumwa bwa Jose Chameleone bushobora kuzaba intandaro y’indirimbo nshya izahuza aba bahanzi babiri bamaze imyaka myinshi bahatanira umwanya wo hejuru mu muziki nyarwanda.

Chameleone yavuze ko kimwe mu byaranga umuziki w’u Rwanda, ari indirimbo ihuriweho hagati ya Bruce Melodie na The Ben


VIDEO: Dox Visual &Paul/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...