Jose Chameleone yasabye abahanzi kwigira ku gasuzuguro basuzuguriwe mu gitaramo cya The Ben na Diamond

Imyidagaduro - 05/09/2025 7:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Jose Chameleone yasabye abahanzi kwigira ku gasuzuguro basuzuguriwe mu gitaramo cya The Ben na Diamond

Ni igitaramo cyaririmbyemo abahanzi barimo The Ben na Diamond Platnumz n’abandi bahanzi bo muri Uganda gusa batishimiye uko bafashwe ndetse aho kugira ngo bashimire abahinzi b’ikawa nk’uko icyo gikorwa cyari giteganyijwe, amafaranga menshi bayaha abahanzi b’abanyamahanga.

Ku wa 24 Gicurasi 2025, The Ben na Diamond Platnumz bahuriye mu gitaramo “Coffee Marathon Concert” cyabereye i Ntungamo muri Uganda. Ni igitaramo cyari kigamije kwishimira umusaruro w’ikawa muri Uganda.

Kuva mu mujyi wa Kampala bagana i Ntungamo, The Ben na Diamond bagiye mu ndege yabo bwite yari yabateguriwe mu gihe abandi bahanzi bo muri Uganda bategewe imodoka ndetse n’abandi bashaka uko bigeza ahabereye icyo gitaramo.

Kuva kuri Edy Kenzo uyoboye ihuriro ry’abahanzi muri Uganda, yanenze uburyo abahanzi bo muri Uganda bafashwe icyo gihe avuga ko ari agasuzuguro gakabije kuba umunyamahanga agera mu gihugu cyabo agahabwa intebe isumbye iy’abandi.

Mu kiganiro yakoze kuri TikTok imbona nkubone, Chameleone yavuze ko habaye amakosa mu gihe cy’icyo gitaramo asaba ko hakurwamo amasomo yo kuzajya bitwara neza mu bihe bizaza.

Yagize ati “Nabonye ibibaye muri Coffee Marathon. Byari ikosa. Nari mfite akazi kenshi sinabashije gutanga ibitekerezo byanjye. Ariko buri gihe iyo hagize ikintu kibi kiba, abahanga bahakura amasomo. Twigira ku makosa yacu.” Yakomeje agira ati “Habayemo amakosa muri icyo gitaramo kandi twese twarayabonye. Tugomba guhera aho tugakosora.”

Ariko n’ubwo abahanzi bo muri Uganda babifata batyo bigendanye n’amafaranga yishyuwe Diamond ndetse n’uburyo yakiriwe neza, Bebe Cool yavuze ko nta muntu ukwiye kwirengagiza uruhare n’izina rya Diamond Platnumz mu kuba yamenyekanisha inganda zo muri Uganda bityo ahubwo abo bahanzi nabo bakwiye gukura amaboko mu mufuka bagakora cyane kugira ngo nabo bagere kuri urwo rwego.

Muri icyo gitaramo cyabereye i Ntungamo, The Ben na Diamond Platnumz bahuriye kur rubyiniro baririmbana indirimbo 'why'

Mu kujya ahabereye igitaramo, The Ben na Diamond Platnumz bagiye mu ndege ya helicopter 

Jose Chameleone yasabye abahanzi bagenzi be kwigira ku makosa yabereye mu gitaramo cya The Ben na Diamond Platnumz



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...