Uyu
muhanzi wamamaye mu ndirimbo zitandukanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba,
yatangaje aya makuru abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Kabiri
tariki 17 Gashyantare 2026, agaragaza ko yashimiye Imana n’abaganga bamubaze.
Mu
butumwa yashyize kuri Instagram, yagize ati: “Ndashimira Imana ku bw’undi munsi
mwiza yongeye kumpa!! Ndashimira Dr Ludovica Tindebwa n’itsinda ryose
ry’Ibitaro bya Kampala Eye Lasik ku bwo kumbaga ijisho no kunyakira neza. Nari
ndi gutakaza vuba ubushobozi bwo kureba ku jisho ryanjye ry’iburyo. Nk’uko
bisanzwe, Mwami, ndagusaba gukomeza kunkiza.”
Chameleone
yagaragaje ko yari amaze igihe atakaza vuba ubushobozi bwo kureba ku jisho rye
ry’iburyo, ibintu byatumye abagwa byihutirwa kugira ngo barinde ko ikibazo
cyakomeza gukomera.
Yashyizeho
ifoto ari ku buriri bw’aho yari ari kwitabwaho n’abaganga, agaragaza inseko
nubwo yari apfutse ijisho rye ry’iburyo igipfuko cy’ubuvuzi (eye patch).
Ibitaro
bya Kampala Eye & Lasik Hospital biherereye mu gace ka Kisementi muri
Kampala, bizwiho kuvura no kubaga indwara z’amaso hakoreshejwe ikoranabuhanga
rigezweho. Igikorwa cyo kumubaga cyakozwe na Dr Ludovica Tindebwa n’itsinda
rye, kigamije kurinda ko akomeza gutakaza ubushobozi bwo kureba.
Ibi
bibaye mu gihe uyu muhanzi amaze igihe ahanganye n’ibibazo by’ubuzima. Mu mezi
ashize, Chameleone yari yarajyanywe kuvurirwa mu mahanga nyuma yo kurwara
indwara ya “acute pancreatitis”.
Umuhungu
we yigeze gutangariza itangazamakuru ko se yari amaze igihe arwana n’iyo
ndwara, anaburira abantu ku ngaruka z’inzoga ku buzima, kuko byavuzwe ko zaba
zaragize uruhare mu kumutera ibibazo byatumye ajyanwa kwa muganga.
Nubwo
yagiye ahura n’ibihe bikomeye by’uburwayi, abakunzi be, inshuti n’abahanzi
bagenzi be bakomeje kumwereka urukundo n’ubufasha, bamwifuriza gukira vuba no
gusubira mu buzima busanzwe.

Chameleone
yabazwe ijisho ry’iburyo nyuma yo gutangira gutakaza ubushobozi bwo kureba;
yashimiye Imana na Dr Ludovica Tindebwa hamwe n’itsinda rya Kampala Eye Lasik
Hospital ku bwitange bamugaragarije
