Johnny Drille na Rima Tahini mu byishimo by’isabukuru y’imyaka ibiri bamaze barushinze - AMAFOTO

Imyidagaduro - 05/01/2024 10:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Johnny Drille na Rima Tahini mu byishimo by’isabukuru y’imyaka ibiri bamaze barushinze - AMAFOTO

Nyuma yo gukora ubukwe bwabo mu ibanga bakaza no kwibaruka ntihagire ubimenya, ubu Johnny Drille n’umugore we Rima Tahini bari kwizihiza imyaka ibiri bamaze barushinze.

Mu gicuku hagati kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024, nibwo umuhanzi w’umunya-Nigeria John Ighodaro wamamaye nka Johnny Drille yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze maze agafata umwanya agatomora umugore we, amushimira ku bw’imyaka ibiri bamaranye nk’umugabo n’umugore, ndetse n’imyaka itanu bamaze bakundana.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, uyu muhanzi ukunzwe n’abatari bake ku bw’indirimbo zuje amagambo y’urukundo, yagize ati: “Warakoze ku bw’imyaka itanu y’ibyishimo by’ubuzima bwanjye, ndetse no ku bw’imyaka ibiri myiza cyane tumaze tubana.

Ni wowe kintu cyiza kigeze kumbaho kandi nishimiye kunyurana nawe muri ubu buzima bwose. Isabukuru nziza @rimouuune ♥"

Ku rundi ruhande ariko umugore w’uyu muhanzi nawe ntiyatereye agati mu ryinyo kuko nawe abinjujije ku rubuga rwa Instagram, yasubije umugabo we ko amukunda ndetse amugenera n’ubundi butumwa bwihariye bwuje urukundo.

Yagize ati: “Nshimishijwe no kubana nawe muri ubu buzima kandi twishimiye icyiciro gikurikira cy’urugendo rwacu. Ndagushimiye cyane ku bw’imyaka ibiri myiza y’ubuzima bwanjye. Isabukuru nziza mukunzi! Ndagukunda ❤"

Barishimira iyi ntsinzi mu rugo rwabo, nyuma y’uko ku wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, umuhanzi John Drille yashyize hanze amashusho agaragaza ibyishimo bari bafite by’uko Imana yabahaye umwana w’umukobwa. Uyu muhanzi ukunze gukora ibintu bye byose mu ibanga rikomeye, icyo gihe yatangaje ko nubwo aribwo amashusho agiye ahagaragara mu by’ukuri uyu mwana yari amaze ukwezi kurenga avutse.

Si ubwa mbere uyu muhanzi yari atunguranye, kuko no muri Nyakanga umwaka ushize nyuma y'uko avuye gutaramira i Kigali , hashyizwe hanze amafoto yashyize benshi mu rujijo agaragaza ko yakoze ubukwe, ariko nyuma biza kumenyekana ko amaze igihe abukoze ariko mu by'ukuri ntawari ubizi.

Reba hano amwe mu mafoto bifashishije biyibutsa ibihe by'ubukwe bwabo:

 











Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...