John Legend uheruka i Kigali yasinye muri sosiyete ya Jay-Z

Imyidagaduro - 02/04/2026 7:06 AM
Share:

Umwanditsi:

John Legend uheruka i Kigali yasinye muri sosiyete ya Jay-Z

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B, John Legend, yamaze gutandukana n’umujyanama we wa hafi mu kazi, Ty Stiklorius, bari bamaze imyaka igera kuri 20 bakorana, aho agiye gukorana na sosiyete ya Jay-Z izwi nka Roc Nation.

Aya makuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Hollywood Reporter, cyavuze ko nubwo igihe nyacyo iyi mpinduka yabereye kitarasobanuka neza, Legend yari akigaragara ku rutonde rw’abahanzi bacungwa na kompanyi ya "Stiklorius yitwa Friends at Work" mu kwezi gushize.

Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara, Stiklorius yavuze ko gukorana na Legend byari urugendo rurerure rwuzuyemo icyizere n’ubufatanye bukomeye.

Yagize ati: “Imyaka 20 ni igihe kinini muri uru ruganda. Nishimira ibyo twagezeho na John, byari bishingiye ku guhanga, icyizere, urukundo n’intego. Ubu ndishimira intambwe nshya buri wese agiye gutera, nkaba nshyikiriza inkoni y’ubujyanama Jay Brown muri Roc Nation.”

Yakomeje avuga ko nubwo batandukanye mu bijyanye no kumucunga nk’umuhanzi, azakomeza gukorana na Legend mu mishinga itandukanye y’ubucuruzi n’ikorwa ry’ibikorwa by’urukundo.

Legend na Stiklorius batangiye gukorana mu 2006, bakaba baranashinze hamwe kompanyi yitwa “John Legend Ventures”. Mu 2014, Legend yakomeje gukorana na we ubwo yatangizaga Friends at Work, nyuma yo kuva muri “Atom Factory” ya Troy Carter.

Uyu mugore azwiho kuba umwe mu bajyanama bubashywe cyane muri muzika, ndetse yanagaragaye kenshi anenga ibibazo by’ihohoterwa n’akarengane mu ruganda rwa muzika. Mu 2024, yanditse inkuru mu kinyamakuru The New York Times agaruka ku bibazo by’ihohoterwa byavugwaga kuri Sean "Diddy" Combs.

Roc Nation igiye gucunga Legend ni imwe mu sosiyete zikomeye mu myidagaduro ku Isi, yashinzwe na Jay-Z. Ibarizwamo abahanzi bakomeye barimo Rihanna, A$AP Rocky, Megan Thee Stallion na Lil Uzi Vert.

Nubwo Roc Nation itigeze itanga ibisobanuro byinshi kuri aya makuru, yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto ya Legend ari mu bitaramo bya “A Night of Songs & Stories Tour”, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cy’iyi mikoranire mishya.

John Legend yatangiye kwamamara cyane mu 2004 asohora album ye ya mbere “Get Lifted”, yahise imushyira mu bahanzi bakomeye muri R&B.

Mu rugendo rwe amaze kwegukana ibihembo 13 bya Grammy, ndetse afite indirimbo zakunzwe cyane zirimo “All of Me” ndetse na “Like I'm Going to Lose You” yakoranye na Meghan Trainor.


John Legend uheruka gutaramira i Kigali ku wa 25 Gashyantare 2025 mu gitaramo yakoreye muri BK Arena, yinjiye muri sosiyete ya Jay Z


John Legend yatandukanye n’umujyanama we bari bamaranye imyaka 20, ahitamo gutangira imikorere mishya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...