Joheirry Mola yambitswe ikamba rya Nyampinga w’Isi, Eritrea ikora amateka - AMAFOTO

Imyidagaduro - 06/09/2026 7:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Joheirry Mola yambitswe ikamba rya Nyampinga w’Isi, Eritrea ikora amateka - AMAFOTO

Umukobwa witwa Joheirry Mola Dominguez wari uhagarariye Dominican Republic yegukanye ikamba rya Nyampinga w’Isi [Miss World 2026] mu irushanwa ry’ubwiza ryahuje abakobwa 111 i Nha Trang muri Vietnam.


Iri rushanwa ryasojwe ku wa Gatandatu tariki ya ya 5 Nzeri 2026, mu muhango wabereye kuri 2 April Square mu Mujyi wa Nha Trang, aho abakobwa bahagarariye ibihugu bitandukanye ku Isi bari bahuriye guhatanira ikamba rya Nyampinga w’Isi (Miss World).

Mola yegukanye iri kamba asimbura Opal Suchata Chuangsri wo muri Thailand wari urifite, akaba ari na we wamwambitse ikamba mu muhango wo gusoza irushanwa.

Iri rushanwa ryari rifite umwihariko wo kuba ari igikorwa cyizihizaga imyaka 75 ya Miss World, irushanwa rimaze imyaka isaga irindwi ryubakiye ku guhuza ubwiza, ubuhanga, ibikorwa by’ubugiraneza n’ubushobozi bw’abakobwa bahagarariye ibihugu byabo.

Joheirry Mola yahigitse abakobwa 110

Joheirry Mola Dominguez yari ahagarariye Dominican Republic mu bakobwa 111 bari bitabiriye Miss World 2026.

Mu byiciro bitandukanye by’iri rushanwa, abakobwa babanje guhatanira imyanya yabafasha kugera mu cyiciro gikomeye, maze abagera kuri 40 baratoranywa.

Nyuma, abo 40 bagabanywa baba 20, bakomeza baba 12, mbere y’uko hasigara abakobwa batandatu bari bahanzwe amaso mu gusoza irushanwa.

Mola yabashije kugera muri aba batandatu bahize abandi, ahagarariye itsinda ry’Amajyepfo ya Amerika n’Ibihugu bya Caribbean. Ni ho yakomeje kwigaragaza neza kugeza ubwo abacamanza bamuhundagazaho amanota, maze ahabwa ikamba rya Miss World 2026.

Spain na Malaysia na zo zakoze neza cyane, aho Elisabeth Reynés wa Spain yabaye igisonga cya Mbere, ni mu gihe Taanusiya Chetty wa Malaysia yabaye igisonga cya Kabiri.

Abandi bakobwa batatu bari bageze mu cyiciro cya nyuma ni Snit Habteab Tewoldemedhin wa Eritrea, Le Nguyen Bao Ngoc wa Vietnam na Romanda Hombir wa South Africa.

Miss World ariko ntitangaza ku mugaragaro imyanya ya kane, iya gatanu n’iya gatandatu. Ni yo mpamvu aba batatu basigaye bafatwa nk’abageze muri Top 6, ariko nta mwanya wihariye bahawe.

Eritrea yanditse amateka akomeye

Mu nkuru zaranze Miss World 2026, imwe mu zakuruye cyane abantu ni iy’umukobwa wari uhagarariye Eritrea.

Snit Habteab Tewoldemedhin yabaye umukobwa wa mbere uhagarariye Eritrea mu mateka ya Miss World, ariko ntiyagarukiye aho.

Yabashije kugera muri Top 6, ibintu byabaye amateka mashya ku gihugu cye.

Intambwe ikomeye Snit yateye ahanini yatewe n’inkunga ikomeye y’abakunzi b’iri rushanwa ku Isi.

Yabanje kwegukana igihembo cya Africa People’s Choice, gihabwa umukobwa wabonye amajwi menshi mu baturage bo hirya no hino ku Isi bamushyigikira binyuze mu gutora.

Ibyo byamuhesheje umwanya muri Top 40, ariko Snit ntiyahagarariye aho. Yakomeje kwitwara neza kugeza ageze mu bakobwa batandatu basigaye bahatanira ikamba.

Kuba umukobwa wa mbere uhagarariye Eritrea muri Miss World agahita agera muri Top 6 byatumye igihugu cye cyandika amateka akomeye kuri uru rubuga mpuzamahanga.

Miss World 2026 yari ifite uruhare runini rw’abakobwa baturuka ku mugabane wa Afurika.

Uretse Snit Habteab wa Eritrea na Romanda Hombir wa South Africa bageze muri Top 6, n’undi mukobwa waturukaga muri Ethiopia, Ruth Yirgalem Weldesilasie, yagaragaje ko afite abakunzi benshi.

Mbere y’umuhango wa nyuma, Ruth yari ari mu bakobwa bari bafite amajwi menshi ku Isi, aho yari ku mwanya wa gatatu muri People’s Choice.

Ibi byagaragaje ko abakobwa baturuka muri Afurika bagize uruhare rukomeye muri iri rushanwa ry’uyu mwaka.

Miss India ntiyabashije kugera muri Top 20

Mu bandi bakobwa bari bafite abakunzi benshi mbere y’irushanwa rya nyuma harimo uhagarariye India, Nikita Porwal.

Nikita yabashije kugera muri Top 40, ariko ntiyabona umwanya muri Top 20.

Ishyirahamwe rya Miss India ryatangaje ko Nikita asoje urugendo rwe muri Miss World ari muri Top 40, rikomeza gushimira uburyo yahagarariye igihugu cye.

India yari imaze kugira abakobwa bagera mu byiciro bikomeye muri Miss World mu marushanwa atanu akurikirana, bityo kuba Nikita atabashije kurenga Top 40 byabaye imwe mu nkuru zavuzwe nyuma y’irushanwa.

Miss World 2026 yari irushanwa ridasanzwe

Miss World 2026 yabereye i Nha Trang, mu Ntara ya Khanh Hoa muri Vietnam, ihuza abakobwa 111 bahagarariye ibihugu bitandukanye.

Uyu mwaka kandi waranzwe n’ibihugu byari byitabiriye Miss World bwa mbere, birimo French Guiana, Eritrea, Mozambique, Pakistan na Maldives.

Hari n’abakobwa batatu batabashije gukomeza muri iri rushanwa, barimo Samantha Quenedit wa Ecuador, Monika Harutjunjan wa Armenia na Nadiratou Afolabi wa Togo.

Abakobwa bose bari bagabanyijwe mu matsinda ane y’ingenzi: Africa, Americas & Caribbean, Europe na Asia & Oceania.

Mu nzira igana ku ikamba, harebwaga imikorere yabo mu marushanwa atandukanye yihariye, ibibazo babazwaga mu biganiro byihariye ndetse n’uburyo bitwaraga imbere y’abacamanza n’abitabiriye igikorwa.

Miss World imaze imyaka 75

Miss World ni rimwe mu marushanwa y’ubwiza azwi cyane ku Isi.

Ryatangijwe mu 1951 mu Bwongereza na Eric Morley, kuva icyo gihe rikaba ryaragiye rihinduka urubuga ruhuza abakobwa baturuka mu bihugu bitandukanye, aho batagarukira ku bwiza gusa ahubwo banagaragaza ibikorwa byabo bifasha abaturage.

Igikorwa cya Miss World kandi kizwi cyane kuri gahunda y’ubwiza bufite intego “Beauty With a Purpose”, ishimangira uruhare rw’abahatana mu bikorwa bigamije gufasha no guteza imbere imibereho y’abandi.

Nyuma y’irushanwa rya 2026 ryasojwe i Nha Trang, amaso ahanzwe ku gihugu kizakira irushanwa rikurikira.

Tanzania, igihugu cyo muri Afurika y’Iburasirazuba, ni cyo kizakira irushanwa rya Miss World, mu gihe Afurika ikomeje kugira uruhare runini muri iri rushanwa mpuzamahanga.


Opal Suchata yambitse ikamba Joheirry Mola wo muri Repubulika Dominikani wamusimbuye. Ibi byabaye mu birori byizihizaga imyaka 75 ya Miss World, bityo bikaba byari ibihe by’umwihariko


Joheirry yashimiye igihugu cye, avuga ko yari afite ibyishimo byinshi kandi ko yifuzaga kubona abaturage ba Dominican Republic bishimira intsinzi ye. Yavuze ko ategereje ibiri imbere kandi ko yiteguye inshingano nshya


Joheirry Mola wo muri Dominican Republic  wabaye Nyampinga w’Isi, ari kumwe na Elisabeth Reynes wo muri Espagne wabaye igisonga cya Mbere, na Taanusiyaa Manisah wo muri Malaysia wabaye igisonga cya Kabiri




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...