Joeboy yavuze ko Tyla yari akwiriye Grammy Awards nubwo Abanya-Nigeria benshi batabyishimiye

Imyidagaduro - 07/03/2026 9:48 AM
Share:

Umwanditsi:

Joeboy yavuze ko Tyla yari akwiriye Grammy Awards nubwo Abanya-Nigeria benshi batabyishimiye

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Joeboy yavuze ko umunyamuziki w’Umunya-Afurika y’Epfo Tyla yari akwiriye igihembo cya Grammy Awards 2026 yatsindiye mu cyiciro cya Best African Music Performance, nubwo hari benshi babyakiriye nabi.

Mu ntangiriro za Gashyantare 2026, Tyla yegukanye iki gihembo abikesha indirimbo ye “Push 2 Start”, atsinda abandi bahanzi bakomeye barimo Davido, Omah Lay, Wizkid, Ayra Starr na Burna Boy.

Ibi byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane mu bakunzi b’umuziki bo muri Nigeria bavugaga ko abahanzi babo ari bo bari bakwiye gutsinda.

Mu kiganiro Joeboy yagiranye n’umunyamakuru Jay On-Air, yavuze ko nubwo ku giti cye yifuzaga ko Davido ari we wegukana iki gihembo, Tyla na we yari akwiriye kugihabwa kubera akazi yakoze.

Yagize ati: "Ku giti cyanjye nifuzaga ko Davido ari we utsinda mu cyiciro cya Best African Music Performance muri Grammy 2026. Ariko ntawakwirengagiza Tyla. Ni umuhanzi mwiza cyane, mwabyemera cyangwa mutabyemera, yarakoze cyane."

Yakomeje avuga ko nubwo hari abantu bakomeje kwinubira iki gihembo, Tyla yari akwiriye kucyegukana. Ati: "Abantu bashobora kurakara uko bashaka, ariko Tyla yari akwiriye gutsinda Grammy. Ntabwo nabinenga."

Joeboy yanavuze ko Tyla ari umwe mu bahanzi yifuza kuzakorana na bo mu bihe biri imbere, agaragaza ko amwemera cyane haba ku mpano no ku buryo akora cyane mu muziki.

Tyla Laura Seethal, uzwi cyane ku izina rya Tyla, ni umuhanzi w’Umunya-Afurika y’Epfo wavukiye mu mujyi wa Johannesburg. Yatangiye kumenyekana mu muziki mu myaka ya 2019 ubwo yashyiraga hanze indirimbo zitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, zituma abatari bake batangira kumwitega.

Kwamamaza izina rye byarushijeho kwiyongera mu 2023 ubwo yasohoraga indirimbo “Water”, yahise ikundwa cyane ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok ndetse inamufungurira amarembo ku rwego mpuzamahanga.

Iyi ndirimbo yanageze ku myanya myiza ku rutonde rwa Billboard Hot 100, ibintu byatumye Tyla aba umwe mu bahanzi b’Abanyafurika bari kwigaragaza cyane ku isoko mpuzamahanga.

Tyla azwiho kuvanga injyana zitandukanye zirimo Amapiano, Afropop na R&B, ibintu byatumye umuziki we wihariye kandi ukundwa n’abakunzi b’umuziki hirya no hino ku Isi.

Mu 2024 yegukanye igihembo cya Grammy Awards mu cyiciro cya Best African Music Performance abikesha indirimbo “Water”, kiba kimwe mu bihembo bikomeye byamushyize ku rwego rwo hejuru mu muziki w’Isi.

Mu 2026 yongeye kwigaragaza ubwo yegukanaga iki gihembo ku nshuro ya kabiri abikesha indirimbo “Push 2 Start”, atsinda abahanzi bakomeye barimo Davido, Wizkid, Burna Boy, Omah Lay na Ayra Starr, ibintu byakomeje kumushimangira nk’umwe mu bahanzi b’abagore bafite izina rikomeye mu muziki w’Afurika muri iki gihe.

 

Joeboy yavuze ko nubwo benshi muri Nigeria batishimiye ko Tyla yatsinze, ukwiriye kwe kugera kuri Grammy bidashidikanywaho kuko ari umuhanzi wakoze cyane mu muziki w’Afurika

Tyla yavuze ko kwegukana Grammy ari inzozi zabaye impamo, ashimangira ko yishimira kuba ahagarariye umuziki w’Afurika ku rwego mpuzamahanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...