Uyu
muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo “Faji”, yabitangaje mu gitaramo cyabereye i
Lagos ku munsi wa Saint Valentin, cyitabiriwe n’abafana benshi kugeza amatike
ashize.
Mu butumwa yatanze hagati mu gitaramo, yavuze ko Afrobeats iri kunyura mu bihe byo
“gusukurwa” (purge), aho umuziki udafite ireme uri kugenda uvaho.
Yagize
ati: “Afrobeats ubu iri kunyura mu bihe byo kwisukura. Turi gusubira ku bihe aho
umuziki nyawo ari wo uzaramba, nta mayeri yo kwiyamamaza adafite aho ashingiye.
Ndabibona kandi biranshimisha kuba turi gusubira muri bya bihe aho umuziki ari
wo wivugira. Imana ishimwe.”
Mu
ntangiriro z’imyaka ya 2020, umuziki wa Nigeria waranzwe no kuvanga Afrobeats
n’izindi njyana zitandukanye zirimo Amapiano yo muri Afurika y’Epfo, Hip-hop na
R&B byo muri Amerika.
Ibi
byatumye hari abasesenguzi n’abakunzi b’umuziki batangira kunenga iri
vangavanga, bavuga ko ryateshaga agaciro umwimerere wa Afrobeats, cyane cyane
iyo ryakorwaga hagamijwe gushimisha isoko mpuzamahanga.
Gusa
kuva mu 2024, hagaragaye impinduka aho bamwe mu bahanzi batangiye kongera gukora
indirimbo zishingiye ku miririmbire n’injyana gakondo ya Afrobeats, bagabanya
cyane kuvanga Amapiano mu bihangano byabo.
Abakunzi
benshi b’umuziki wa Nigeria bishimiye iyi mpinduka, bavuga ko ari intambwe
nziza igamije gusubiza Afrobeats ku murongo wayo w’umwimerere.
Nubwo
bemeza ko bizasaba igihe kugira ngo iyi njyana yongere kugaruka ku kigero cyayo
cy’umwimerere, hari icyizere ko iri mu nzira nziza.
Amagambo
ya Joeboy aje ashimangira ibimaze iminsi bivugwa mu ruganda rw’umuziki wa
Nigeria, aho bamwe mu bahanzi bagaragaza ko igihe kigeze ngo ireme ribe ryo
shingiro, aho gukoresha uburyo bwo kwamamaza cyangwa kuvanga injyana
zitandukanye bidafite umurongo uhamye.
Afrobeats, imwe mu njyana zikomeje kuzamura izina rya Afurika ku ruhando mpuzamahanga, iri mu gihe cyo kwisubiraho, kandi abahanzi nka Joeboy bemeza ko ejo hazaza hayo hashobora kuba heza kurushaho mu gihe umuziki nyawo ari wo uzaba ishingiro.

Joeboy
yatangaje ko Afrobeats iri mu bihe byo “gusukurwa”, ashimangira ko umuziki
nyawo ari wo ugiye kongera kuganza, mu gihe indirimbo zishingiye kuri gimmicks
n’ivangwa rikabije ry’izindi njyana zigiye gutakaza umwanya mu ruganda rwa
muzika ya Nigeri
