Amakuru agaragaza ko uyu mugabo yageze muri Amerika nk'impunzi yavuye mu Nkambi ya
Nyabiheke iherereye mu Karere ka Gatsibo mu Burasirazuba bw'u Rwanda,
akurikiranyweho kugira uruhare mu mugambi bivugwa ko watwaye miliyoni zirenga
44 z'Amadolari ya Amerika (arenga miliyari 64 Frw).
Ibyaha
aregwa byatangajwe mu gikorwa ngarukamwaka cya Minisiteri y'Ubutabera ya
Amerika kizwi nka "National Health Care Fraud Takedown 2026",
cyahuriyemo abantu 455 baregwa mu turere 56 two muri Amerika, bashinjwa
uburiganya bwateje igihombo kirenga miliyari 6.5 z'Amadolari ya Amerika.
Nk'uko
bigaragara mu nyandiko y'ibirego, Muyumbu yari nyiri kandi anayobora ikigo
cyitwa Motherland Counseling LLC, cyari giherereye mu Mujyi wa Phoenix. Iki
kigo cyatangaga serivisi zo gufasha abantu bafite ibibazo byo kunywa inzoga
n'ibiyobyabwenge.
Ubushinjacyaha
buvuga ko Muyumbu yandikishije iki kigo muri gahunda y'ubwishingizi bwa Leta ya
Arizona izwi nka AHCCCS (Arizona Health Care Cost Containment System), ikorera
abaturage bafite ubushobozi buke binyuze muri Medicaid.
Bivugwa
ko Muyumbu n'abo bafatanyaga bashakishaga abarwayi bari muri gahunda yihariye
y'Abanyamerika kavukire (American Indian Health Program), nyuma bakohereza
inyemezabwishyu (Facture) z'ibinyoma zisaba kwishyurwa amafaranga y'ubuvuzi
butigeze butangwa.
Abashinjacyaha
bavuga ko bohereje inyemezabwishyu z'ibikorwa by'ubuvuzi bifite agaciro ka
miliyoni 44.9 z'Amadolari ya Amerika, nyamara byinshi muri byo bitigeze
bikorwa, ibindi byanditswe nabi cyangwa bikaba byarakozwe mu buryo butujuje
ibisabwa ku buryo nta nyungu byagiriye abarwayi.
Mbere
y'uko ubu buriganya butahurwa, gahunda ya AHCCCS yari imaze kwishyura
amafaranga arenga miliyoni 36.6 z'Amadolari ya Amerika.
Ubushinjacyaha
bukomeza buvuga ko Muyumbu yakoresheje amafaranga akomoka muri ubu buriganya
agura imitungo itimukanwa mu bice bitandukanye bya Phoenix mu rwego rwo guhisha
inkomoko yayo.
Kugeza
ubu, Leta ya Amerika yatangaje ko yamaze gufatira amafaranga agera ku bihumbi
104 by'Amadolari ya Amerika yemeza ko afitanye isano n'ibyaha bikurikiranwa.
Jimmy
Muyumbu ni umwe mu Banyekongo banyuze mu Nkambi ya Nyabiheke mbere yo
kwimurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri gahunda yo gutuza impunzi.
Nyabiheke yashinzwe mu 2005 yakira cyane impunzi z'Abanyekongo zari zahunze
intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nyuma
yo kugera muri Amerika, Muyumbu yaje gutura mu gace ka Phoenix aho yashinze
ibikorwa by'ubucuruzi byaje kurangira biri mu iperereza ry'uburiganya bwafashwe
nk'imwe mu manza zikomeye zatangajwe muri Arizona muri uyu mwaka.
Ku
rwego rw'igihugu hose, urubanza rwa Muyumbu ruri mu manza nini z'uburiganya
bwatangajwe muri Arizona, gusa rukaza inyuma y'urundi rubanza ruvugwamo
uburiganya bwa miliyoni 650 z'Amadolari ya Amerika rwahuje ikigo cyo muri
Pakistan n'amavuriro arenga 40 yo muri Arizona.
Umushinjacyaha
Mukuru wa Leta ya Arizona, Timothy Courchaine, yavuze ko amafaranga yanyerejwe
muri izi gahunda "akwiye gutera uburakari buri Munyamerika wese",
ashimangira ko ubutegetsi buzahiga bukongera bukageza imbere y'ubutabera abantu
bose bagerageza kunyereza umutungo wa Leta.
Nubwo
ibi birego byamaze gutangazwa, amategeko ya Amerika ateganya ko Muyumbu afatwa
nk'utari umunyacyaha kugeza igihe urukiko ruzaba rwamuhamije ibyaha. Kugeza
ubu, nta tariki y'urubanza iratangazwa.
InyaRwanda
yamenye ko hari imitungo irimo amazu ya Jimmy Muyumbu yafatiriwe muri Amerika,
ndetse zimwe muri konti ze zarafunzwe.
Mu mitungo yafatiriwe kandi harimo na ‘Restaurant’ yari yaraguhuriye umuhanzikazi Aline Ruseka umaze kumenyekana nka Muchomante.
Hari inyandiko igaragaza ko hagati ya Gicurasi 2022 na Gicurasi 2023, Jimmy Muyumbu yakoreye amadorali Miliyoni 41.9 binyuze muri "Motherland Counseling, LLC", ikigo yari yarashinze cyita ku burwayi muri Amerika.



Jimmy
Muyumbu yatangiye kuvugwa cyane mu Rwanda, nyuma y’uko ashyigikiye The Ben mu
bukwe bwe, ndetse yabaye ‘Parrain’ we

