Jimmy Muyumbu ‘Parrain’ w’abahanzi Nyarwanda, akurikiranyweho uburiganya bwa Miliyari 64 Frw muri Amerika

Imyidagaduro - 25/06/2026 7:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Jimmy Muyumbu ‘Parrain’ w’abahanzi Nyarwanda, akurikiranyweho uburiganya bwa Miliyari 64 Frw muri Amerika

Jimmy Muyumbu, umugabo w'imyaka 38 y'amavuko wahoze atuye mu Mujyi wa Glendale muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyizwe mu majwi n'Ubushinjacyaha bwa Amerika aho akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo uburiganya mu rwego rw'ubuzima, uburiganya bukoresheje ikoranabuhanga ndetse no kunyereza amafaranga akomoka ku byaha.

Amakuru agaragaza ko uyu mugabo yageze muri Amerika nk'impunzi yavuye mu Nkambi ya Nyabiheke iherereye mu Karere ka Gatsibo mu Burasirazuba bw'u Rwanda, akurikiranyweho kugira uruhare mu mugambi bivugwa ko watwaye miliyoni zirenga 44 z'Amadolari ya Amerika (arenga miliyari 64 Frw).

Ibyaha aregwa byatangajwe mu gikorwa ngarukamwaka cya Minisiteri y'Ubutabera ya Amerika kizwi nka "National Health Care Fraud Takedown 2026", cyahuriyemo abantu 455 baregwa mu turere 56 two muri Amerika, bashinjwa uburiganya bwateje igihombo kirenga miliyari 6.5 z'Amadolari ya Amerika.

Nk'uko bigaragara mu nyandiko y'ibirego, Muyumbu yari nyiri kandi anayobora ikigo cyitwa Motherland Counseling LLC, cyari giherereye mu Mujyi wa Phoenix. Iki kigo cyatangaga serivisi zo gufasha abantu bafite ibibazo byo kunywa inzoga n'ibiyobyabwenge.

Ubushinjacyaha buvuga ko Muyumbu yandikishije iki kigo muri gahunda y'ubwishingizi bwa Leta ya Arizona izwi nka AHCCCS (Arizona Health Care Cost Containment System), ikorera abaturage bafite ubushobozi buke binyuze muri Medicaid.

Bivugwa ko Muyumbu n'abo bafatanyaga bashakishaga abarwayi bari muri gahunda yihariye y'Abanyamerika kavukire (American Indian Health Program), nyuma bakohereza inyemezabwishyu (Facture) z'ibinyoma zisaba kwishyurwa amafaranga y'ubuvuzi butigeze butangwa.

Abashinjacyaha bavuga ko bohereje inyemezabwishyu z'ibikorwa by'ubuvuzi bifite agaciro ka miliyoni 44.9 z'Amadolari ya Amerika, nyamara byinshi muri byo bitigeze bikorwa, ibindi byanditswe nabi cyangwa bikaba byarakozwe mu buryo butujuje ibisabwa ku buryo nta nyungu byagiriye abarwayi.

Mbere y'uko ubu buriganya butahurwa, gahunda ya AHCCCS yari imaze kwishyura amafaranga arenga miliyoni 36.6 z'Amadolari ya Amerika.

Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko Muyumbu yakoresheje amafaranga akomoka muri ubu buriganya agura imitungo itimukanwa mu bice bitandukanye bya Phoenix mu rwego rwo guhisha inkomoko yayo.

Kugeza ubu, Leta ya Amerika yatangaje ko yamaze gufatira amafaranga agera ku bihumbi 104 by'Amadolari ya Amerika yemeza ko afitanye isano n'ibyaha bikurikiranwa.

Jimmy Muyumbu ni umwe mu Banyekongo banyuze mu Nkambi ya Nyabiheke mbere yo kwimurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri gahunda yo gutuza impunzi. Nyabiheke yashinzwe mu 2005 yakira cyane impunzi z'Abanyekongo zari zahunze intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma yo kugera muri Amerika, Muyumbu yaje gutura mu gace ka Phoenix aho yashinze ibikorwa by'ubucuruzi byaje kurangira biri mu iperereza ry'uburiganya bwafashwe nk'imwe mu manza zikomeye zatangajwe muri Arizona muri uyu mwaka.

Ku rwego rw'igihugu hose, urubanza rwa Muyumbu ruri mu manza nini z'uburiganya bwatangajwe muri Arizona, gusa rukaza inyuma y'urundi rubanza ruvugwamo uburiganya bwa miliyoni 650 z'Amadolari ya Amerika rwahuje ikigo cyo muri Pakistan n'amavuriro arenga 40 yo muri Arizona.

Umushinjacyaha Mukuru wa Leta ya Arizona, Timothy Courchaine, yavuze ko amafaranga yanyerejwe muri izi gahunda "akwiye gutera uburakari buri Munyamerika wese", ashimangira ko ubutegetsi buzahiga bukongera bukageza imbere y'ubutabera abantu bose bagerageza kunyereza umutungo wa Leta.

Nubwo ibi birego byamaze gutangazwa, amategeko ya Amerika ateganya ko Muyumbu afatwa nk'utari umunyacyaha kugeza igihe urukiko ruzaba rwamuhamije ibyaha. Kugeza ubu, nta tariki y'urubanza iratangazwa.

InyaRwanda yamenye ko hari imitungo irimo amazu ya Jimmy Muyumbu yafatiriwe muri Amerika, ndetse zimwe muri konti ze zarafunzwe.

Mu mitungo yafatiriwe kandi harimo na ‘Restaurant’ yari yaraguhuriye umuhanzikazi Aline Ruseka umaze kumenyekana nka Muchomante. 

Hari inyandiko igaragaza ko hagati ya Gicurasi 2022 na Gicurasi 2023, Jimmy Muyumbu yakoreye amadorali Miliyoni 41.9 binyuze muri "Motherland Counseling, LLC", ikigo yari yarashinze cyita ku burwayi muri Amerika.

Soma hano inyandiko irambuye igaragaza urutonde rw'abantu 445 rwasohowe na Amerika

Uhereye ibumoso: The Ben, Element, Jimmy Muyumbu ndetse na Kevin Kade ubwo bari kumwe muri Leta Zunze Ubumwe. Uyu mugabo yabaye ‘Parrain’ w’aba bahanzi mu muziki, ndetse n’abandi binyuze mu kubaha amafaranga bakoresheje indirimbo zabo

Jimmy Muyumbu ari kumwe na Element. Yagiye agira uruhare mu gushora imari mu muziki w’uyu muhanzi ndetse n’abandi 


Jimmy Muyumbu yatangiye kuvugwa cyane mu Rwanda, nyuma y’uko ashyigikiye The Ben mu bukwe bwe, ndetse yabaye ‘Parrain’ we

Jimmy Muyumbu wahoze atuye muri Arizona akurikiranyweho uburiganya bwa Miliyoni 44$ muri gahunda y'ubwishingizi bwa Leta ya Amerika Jimmy Muyumbu asanzwe afasha Kevin Kade mu bikorwa by'umuziki we, ndetse yamwishyuriye nyinshi mu ndirimbo yasohoye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...