Jesse Jagz yibasiye Davido nyuma y’intsinzi ya Se wabo mu matora

Imyidagaduro - 19/08/2026 9:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Jesse Jagz yibasiye Davido nyuma y’intsinzi ya Se wabo mu matora

Umuraperi w’Umunya-Nigeria, Jesse Jagz, yanenze bikomeye umuhanzi w’icyamamare Davido, nyuma y’uko uyu muhanzi agize ikiganiro n’itangazamakuru cyakurikiye intsinzi ya se wabo mu matora yo muri Leta ya Osun.

Jesse Jagz yagaragaje ko atishimiye uburyo Davido yizihije iyo ntsinzi ya politiki, avuga ko hakwiye kwibandwa ku iterambere n’imibereho y’abaturage aho kwishimira gusa intsinzi y’amatora.

Mu butumwa yanditse ku rubuga rwa X, Jesse Jagz yabajije ibyo Se wabo wa Davido yaba amaze kugeza ku baturage kuva yatangira imirimo muri Leta. Yagize ati: “Se wabo amaze gukora iki kuva yajya muri guverinoma?”

Uyu muraperi kandi yagereranyije imiyoborere ya Osun n’iya Leta ya Abia, aho yagarutse ku bikorwa bya Guverineri Alex Otti. Yibajije impamvu Davido yahisemo gukora ikiganiro n’itangazamakuru agamije kwishimira iri terambere rya politiki, mu gihe hakiri ibibazo abaturage bahura na byo.

Jesse Jagz yanenze cyane ibikorwaremezo byo muri Osun, by’umwihariko imihanda n’amashanyarazi.

Yagize ati: “Muri Osun nta mashanyarazi ahoraho amasaha 24, nta mihanda myiza ihari; nta kindi gihari uretse ibyicaro mwubakiraho urubyiniro, mukabyiniraho ndetse mugaseka abaturage.”

Aya magambo ya Jesse Jagz yagaragaje ko abona ko intsinzi ya politiki idakwiye kwizihizwa gusa mu birori, mu gihe abaturage bagihura n’ibibazo by’ibanze birimo amashanyarazi adahagije, imihanda mibi n’ibindi bibazo by’ibikorwaremezo.

Kugeza ubu, amagambo ye yakuruye impaka, cyane cyane kubera ko Davido ari umwe mu bantu bazwi cyane muri Nigeria bafite uruhare mu bikorwa bya politiki no mu bikorwa byo gushyigikira abo mu muryango we.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...