Jeff Bezos na Rihanna mu basabwe kwishyura imisoro y’indege zabo bwite

Imyidagaduro - 03/09/2026 7:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Jeff Bezos na Rihanna mu basabwe kwishyura imisoro y’indege zabo bwite

Abaherwe, abahanzi, ba nyiri amakipe y’imikino n’ibindi byamamare bitandukanye basabwe kwishyura imisoro batari baratanze ku ndege zabo bwite, aho bamwe basabwa kwishyura amafaranga agera 240.000 z’amadolari.

Ikigo gishinzwe imisoro mu Ntara ya Los Angeles cyohereje inyandiko zisaba kwishyura imisoro ingana na miliyoni 38 z’amadolari, ku bantu batunze indege bwite zibarizwa muri California.

Jeff Bezos asabwa kwishyura $244,000

Muri abo basabwe kwishyura harimo umuherwe washinze Amazon, Jeff Bezos, usabwa kwishyura 244.000 z’amadolari.

Hari kandi Stan Kroenke, nyiri ikipe ya Los Angeles Rams, asabwa kwishyura 290.000 z’amadolari, umuhanzi Rihanna asabwa kwishyura 104.000 z’amadolari, umwe mu bashinze Nike Phil Knight asabwa kwishyura 89.000 z’amadolari, ndetse n’abanditsi ba South Park, Trey Parker na Matt Stone, bose hamwe basabwa hafi 95.000 z’amadolari.

Uyu musoro ureba indege bwite zimara igihe kinini muri California, nubwo zishobora kuba zitaranditswe muri iyo Leta cyangwa ba nyirazo batayibamo.

Muri California, indege nk’izi zisora umusoro wa buri mwaka ubarwa ku mutungo, kandi abatinda kuwishyura bashobora kongererwa amande.

Bamwe bavuze ko batari bazi ko bagomba kuwishyura

Abahagarariye benshi muri ba nyiri izi ndege babwiye Los Angeles Times ko batari bazi ko bagomba kwishyura uyu musoro ku Ntara ya Los Angeles.

Bavuze ko bakimara kumenya ko basabwa kuwishyura, bamwe bahise babikora. Icyakora, abandi barimo Jeff Bezos na Phil Knight ntibari barishyura mbere y’itariki ntarengwa ya 30 Kamena.

Judy Sheindlin, uzwi cyane nka Judge Judy, na we yavuze ko yishyuye imisoro ibiri yari yasabwe, imwe yo mu 2022 n’indi yo mu 2025, nubwo yavuze ko yabikoze atabishaka cyane kuko yumvaga ko kurwana n’ikibazo abinyujije mu banyamategeko byamutwara amafaranga menshi.

Abavuga ko basorewe nabi bashobora kujurira

Ba nyiri indege bumva ko basabwe umusoro mu buryo butari bwo bafite uburenganzira bwo kujya kujurira, ndetse umusoro bakawusubizwa bitewe n’igihe indege yabo yamaze hanze ya California.

Abakozi bo mu biro by’Umusoresha wa Los Angeles County, Jeff Prang, bavuze ko biteguye kwakira ubujurire bwinshi bushobora gutangwa na ba nyiri izi ndege.

Ikoranabuhanga ryatumye indege zikurikiranwa

Kuva kera, byari bigoye ko abashinzwe imisoro bamenya neza indege zagombaga gusora, kuko indege bwite zishobora guhishwa muri hangari cyangwa ku butaka bw’abikorera.

Ariko ubu, ibiro bya Jeff Prang byabonye amakuru atangwa na sisitemu ya ADS-B Out, ikoresha amakuru y’aho indege iherereye kugira ngo hamenyekane aho imara igihe kinini.

Iyi sisitemu ikoresha amakuru y’aho indege iherereye binyuze mu ikoranabuhanga rya GPS, kandi amakuru yayo afatwa nk’ingenzi mu kumenya aho indege iba iri. Ikigo cy’indege muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FAA) gisaba indege gukoresha ubu buryo mu rwego rwo gufasha kwirinda impanuka hagati y’indege.

Gusa, gukoresha aya makuru mu gusoresha ba nyiri indege byateje impaka, aho bamwe bavuga ko bishobora kubangamira ubuzima bwite bw’abatunze indege.

Indege bwite n’ubukungu

Ikibazo cy’uyu musoro cyongeye gutuma hibazwa ku ruhare rw’indege bwite mu gihe hari impaka ku itandukaniro rikomeye ry’ubukungu ndetse n’ingaruka zazo ku bidukikije.

Raporo ya High Flyers 2023 yakozwe na Institute for Policy Studies yavuze ko indege bwite zigize hafi imwe muri esheshatu z’indege zigenzurwa n’ikigo cya FAA, ariko zikagira uruhare ruto cyane mu misoro itera inkunga ibikorwa by’icyo kigo.

Iyo raporo kandi ivuga ko indege bwite zisohora imyuka ihumanya ikirere ku rugero rushobora kuba inshuro 10 cyangwa zirenga ugereranyije n’indege zitwara abagenzi benshi, iyo ubaze ku mwanya w’umugenzi umwe.

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...