Ikigo gishinzwe imisoro
mu Ntara ya Los Angeles cyohereje inyandiko zisaba kwishyura imisoro ingana na miliyoni
38 z’amadolari, ku bantu batunze indege bwite zibarizwa muri California.
Jeff Bezos asabwa kwishyura
$244,000
Muri abo basabwe
kwishyura harimo umuherwe washinze Amazon, Jeff Bezos, usabwa kwishyura 244.000
z’amadolari.
Hari kandi Stan Kroenke,
nyiri ikipe ya Los Angeles Rams, asabwa kwishyura 290.000 z’amadolari, umuhanzi
Rihanna asabwa kwishyura 104.000 z’amadolari, umwe mu bashinze Nike Phil Knight
asabwa kwishyura 89.000 z’amadolari, ndetse n’abanditsi ba South Park, Trey
Parker na Matt Stone, bose hamwe basabwa hafi 95.000 z’amadolari.
Uyu musoro ureba indege bwite
zimara igihe kinini muri California, nubwo zishobora kuba zitaranditswe muri
iyo Leta cyangwa ba nyirazo batayibamo.
Muri California, indege
nk’izi zisora umusoro wa buri mwaka ubarwa ku mutungo, kandi abatinda
kuwishyura bashobora kongererwa amande.
Bamwe bavuze ko batari
bazi ko bagomba kuwishyura
Abahagarariye benshi muri
ba nyiri izi ndege babwiye Los Angeles Times ko batari bazi ko bagomba
kwishyura uyu musoro ku Ntara ya Los Angeles.
Bavuze ko bakimara
kumenya ko basabwa kuwishyura, bamwe bahise babikora. Icyakora, abandi barimo Jeff
Bezos na Phil Knight ntibari barishyura mbere y’itariki ntarengwa ya 30 Kamena.
Judy Sheindlin, uzwi
cyane nka Judge Judy, na we yavuze ko yishyuye imisoro ibiri yari
yasabwe, imwe yo mu 2022 n’indi yo mu 2025, nubwo yavuze ko yabikoze atabishaka
cyane kuko yumvaga ko kurwana n’ikibazo abinyujije mu banyamategeko byamutwara
amafaranga menshi.
Abavuga ko basorewe nabi
bashobora kujurira
Ba nyiri indege bumva ko
basabwe umusoro mu buryo butari bwo bafite uburenganzira bwo kujya kujurira,
ndetse umusoro bakawusubizwa bitewe n’igihe indege yabo yamaze hanze ya
California.
Abakozi bo mu biro
by’Umusoresha wa Los Angeles County, Jeff Prang, bavuze ko biteguye kwakira
ubujurire bwinshi bushobora gutangwa na ba nyiri izi ndege.
Ikoranabuhanga ryatumye
indege zikurikiranwa
Kuva kera, byari bigoye
ko abashinzwe imisoro bamenya neza indege zagombaga gusora, kuko indege bwite
zishobora guhishwa muri hangari cyangwa ku butaka bw’abikorera.
Ariko ubu, ibiro bya Jeff
Prang byabonye amakuru atangwa na sisitemu ya ADS-B Out, ikoresha amakuru y’aho
indege iherereye kugira ngo hamenyekane aho imara igihe kinini.
Iyi sisitemu ikoresha
amakuru y’aho indege iherereye binyuze mu ikoranabuhanga rya GPS, kandi amakuru
yayo afatwa nk’ingenzi mu kumenya aho indege iba iri. Ikigo cy’indege muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika (FAA) gisaba indege gukoresha ubu buryo mu rwego rwo
gufasha kwirinda impanuka hagati y’indege.
Gusa, gukoresha aya
makuru mu gusoresha ba nyiri indege byateje impaka, aho bamwe bavuga ko
bishobora kubangamira ubuzima bwite bw’abatunze indege.
Indege bwite n’ubukungu
Ikibazo cy’uyu musoro
cyongeye gutuma hibazwa ku ruhare rw’indege bwite mu gihe hari impaka ku
itandukaniro rikomeye ry’ubukungu ndetse n’ingaruka zazo ku bidukikije.
Raporo ya High Flyers
2023 yakozwe na Institute for Policy Studies yavuze ko indege bwite zigize hafi
imwe muri esheshatu z’indege zigenzurwa n’ikigo cya FAA, ariko zikagira uruhare
ruto cyane mu misoro itera inkunga ibikorwa by’icyo kigo.
Iyo raporo kandi ivuga ko
indege bwite zisohora imyuka ihumanya ikirere ku rugero rushobora kuba inshuro
10 cyangwa zirenga ugereranyije n’indege zitwara abagenzi benshi, iyo ubaze ku
mwanya w’umugenzi umwe.
