Mu
kiganiro yagiranye na GQ, Jay-Z ubarirwa umutungo wa miliyari 2.8 z’amadolari
nk’uko bitangazwa na Forbes, yavuze ko abantu bakabya iyo bavuga ko abakire
bose ari babi, ashimangira ko ari “kwikiza ikibazo” (cop-out) aho kureba ku
mizi yacyo.
Yagize
ati: “Imyitwarire myiza cyangwa mibi y’umuntu idashobora kugenwa n’ingano
y’amafaranga afite,” yibaza ati: “Ese niba ari byo, ayo mafaranga atangira
ku ruhe rwego? Niba tuvuga ko miliyoni ari mbi, bivuze ko ufite 999,000 ari mwiza?”
Agaragaza ko icyo gitekerezo kidafite ishingiro.
Jay-Z
yavuze ko abantu bafite ubushobozi bushobora kuba bwinshi bashobora no gukora
ibyiza byinshi, agaragaza ko na we yakoresheje umutungo we mu bikorwa
byafashije benshi.
Ati:
“Hari ibintu byinshi nakoze bifasha abantu benshi binyuze ku bushobozi mfite. Abantu
bitwara uko bashaka, si amafaranga abategeka. Ashobora kubyongera cyangwa
kubyihutisha, ariko niba uri umuntu mubi cyangwa mwiza, ni uko wari uri mbere.”
Uyu
muhanzi wanashinze akanayobora Roc Nation, yanenze imyumvire yo guharabika
abakire aho kuvugurura imiterere y’ubukungu n’imibereho, agaragaza ko
imyitwarire mibi cyangwa myiza ituruka ku muntu ku giti cye, atari amafaranga.
Ku
rundi ruhande, Jay-Z yanavuze ku makimbirane aherutse kuvugisha benshi hagati
ya Drake na Kendrick Lamar, ahakana yivuye inyuma ko yaba yarafashe uruhande.
Yasobanuye
ko guhitamo Kendrick Lamar mu gitaramo cya Super Bowl Halftime Show cya 2025
bitari bifite aho bihuriye n’ayo makimbirane, ahubwo byari bishingiye ku kuba
yari afite umwaka udasanzwe mu muziki.
Jay-Z
yakomeje agaragaza impungenge ku ruhare amakimbirane (beef) agira muri Hip-Hop,
avuga ko ashobora gutanya abahanzi no guteza umwuka mubi mu ruganda rw’umuziki.
Yavuze
ko ibintu byarenze urugero aho bamwe mu bafana bageze no ku rwego rwo kwibasira
ubuzima bwite bw’abahanzi, harimo no kuvuga ku bana babo, ibintu yavuze ko
bidakwiye.
Yagaragaje
ko abona Hip-Hop yarushaho gutera imbere iramutse igabanyije amakimbirane
n’intambara z’amagambo, ahubwo abahanzi bagashyira imbere ubufatanye
n’iterambere rusange.
Jay-Z
yanagarutse ku bibazo byigeze kumuvugwaho birimo urubanza rwamushinjaga
ihohotera rishingiye ku gitsina, rwaje guteshwa agaciro mu ntangiriro za 2025,
avuga ko rwamugizeho ingaruka zikomeye ndetse rumutera uburakari bukabije.
Yavuze
ko nubwo byari kumworohera kururangiza mu bwumvikane, yabyanze kuko bitari
bihuye n’indangagaciro ze.
Muri
rusange, Jay-Z akomeje kwerekana ko ari umwe mu bafite ijambo rikomeye mu
muziki no mu bucuruzi, aho akoresha izina n’ubushobozi bwe mu gutanga
ibitekerezo ku bibazo bikomeye bireba sosiyete, ubukungu ndetse n’iterambere
ry’umuziki ku Isi.

