Yabitangaje
ubwo yasubizaga abavuga ko abahanzi bo muri Tanzania batitabwaho na sosiyete
mpuzamahanga, avuga ko ubu afite amasezerano akomeye kandi arambye, atuma ari
mu ba mbere bafite ijambo ku ruhando mpuzamahanga.
Mu
magambo ye bwite yagize ati “Nasoje amasezerano nari mfite na Universal ku
gaciro ka miliyoni 1 z’amadolari. Roc Nation yanshakiye amasezerano ya 250,000$
angana na miliyoni 675 z’amashilingi ya Tanzaniya, ntanga kuyemera. Warner bo
banshakiye miliyoni 5$, zingana na miliyari 13.5 z’amashilingi, mpitamo gusinya
na Warner, ari nabo kugeza ubu dukorana.”
Ku
wa 18 Gicurasi 2021, Diamond yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Warner
Music Group, binyuze muri Warner Music South Africa na Ziiki Media, ashyira
imbere ibikorwa byose by’umuziki, ibitaramo, ubucuruzi bw’ibikorwa bye,
n’ubundi burenganzira bujyanye n’indirimbo ze ndetse n’iza label ye ya WCB
Wasafi.
Aya
masezerano azwi nka “360-degree deal”, yatumye Diamond afata intambwe ikomeye
mu rugendo rwo kugera ku isoko mpuzamahanga, atari we wenyine ahubwo anazamuye
n’abahanzi akorana nabo.
Alfonso
Perez-Soto, wari ushinzwe amasoko y’abahanzi bakomoka mu bihugu bikiri mu nzira
y’amajyambere muri Warner Music, yavuze ko ayo masezerano yerekana uburyo
bushya bwo gufasha abahanzi bo muri Afurika kugera ku isoko ry’isi.
Diamond
yavuze ko Roc Nation yaje imuha igitekerezo cyo gukorana, ariko amafaranga
bamuteganyirizaga yari make cyane ugereranyije n’ibyo Warner Music yamuhaga.
Ati
“Warner yari yarashyize imari mu bikorwa byinshi bijyanye n’ubwubatsi bw’izina
ryanjye ndetse na Label yanjye. Kandi ntiyari impano kuri njye gusa, ahubwo
bari bafite gahunda yo gufasha n’abandi bahanzi dukorana. Byatumye mbona ko ari
amahitamo meza yo kwiteza imbere mu gihe kirekire.”
Mbere
y’uko atangira gukorana na Warner, Diamond yari yarasinyanye amasezerano yo
gukwirakwiza umuziki na Universal Music Group kuva mu 2017, ku gaciro ka
miliyoni 1$.
Iri
koranabuhanga ni ryo ryamufashije gushyira hanze Album ye ya gatatu yise “A Boy
from Tandale” yasohotse mu 2018, ndetse rikaba ryarashimangiye umwanya we
nk’umwe mu bahanzi b’ibikomerezwa ku mugabane wa Afurika.
Uburyo
Diamond yanze amafaranga ya Roc Nation, bigaragaza uburyo abahanzi bo muri
Afurika batagikora ibintu batabanje gusobanukirwa agaciro kabo. Ubu basigaye
bagirana ibiganiro na Label mpuzamahanga bafite ubushobozi bwo gushyiraho
ibiciro n’amategeko aboneye.
Diamond
ni umwe mu bahanzi ba mbere bo muri Afurika bagize ibihe bikomeye kuri YouTube,
aho kugeza mu 2020 yari amaze kurenza ‘Views’ miliyoni 900, ndetse akaba afite
umuyoboro ukurikirwa cyane kurusha indi yose yo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu
bwa Sahara.
Amasezerano
ya Diamond na Warner Music atanga isomo rikomeye kuri Label zikomeye nka Roc
Nation, ko amafaranga make atagihagije ngo abone impano zo muri Afurika. Kandi
agaragariza abahanzi bato ko bashobora kwigenga, bagakora ibintu bifite inyungu
ku buzima bwabo n’ahazaza habo.
Gusinya
na Warner byahaye Diamond imbaraga nshya, icyizere, n’umuyoboro mugari ushobora
gutuma label ye ya WCB Wasafi irushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.
Diamond
Platnumz ntabwo ari umuhanzi ukiri mu cyiciro cyo gutegereza gusinyira
amafaranga make. Yashoboye kwifatira icyemezo gikomeye, ashingiye ku nyungu
z’igihe kirekire. Ubu yicaye ku ntebe y’abagabo batanga icyerekezo cy’uko
umuziki wa Afurika ukwiye kwitabwaho no guhabwa agaciro gakwiriye.
Roc
Nation yanshakiye ibihumbi 250$, Warner iranshakira miliyoni 5$—Diamond yabwiye
isi ko Afurika ifite ijambo mu muziki
Jay
Z binyuze muri Roc Nation yagerageje gusinyisha Diamond ku mafaranga make,
birangira atsinzwe na Warner