Jay-Z agiye kwigwa muri Kaminuza yo muri Nouvelle-Zélande

Imyidagaduro - 11/09/2026 8:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Jay-Z agiye kwigwa muri Kaminuza yo muri Nouvelle-Zélande

Umuraperi w’Umunyamerika Jay-Z yongeye kuba umwe mu bahanzi bigwa muri kaminuza, nyuma y’uko University of Otago yo muri Nouvelle-Zélande imushyize mu nteganyanyigisho y’isomo ryiga ku muziki mu njyana zitandukanye, imico n’imibereho y’abantu.

Iri somo rizibanda ku buryo umuziki ugira uruhare mu muco, uturere ndetse n’imibanire y’abantu, aho Jay-Z ari umwe mu bahanzi bazigwa muri iyi gahunda.

Jay-Z si ubwa mbere agaragara mu masomo ya kaminuza. Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, American University yigeze kugira isomo ryihariye ryiswe “Jay-Z and Historical Biography”, ryibandaga ku buzima bwe, umuziki n’uruhare yagize mu mateka n’umuco.

Nanone, Roc Nation School of Music, Sports & Entertainment, ifitanye ubufatanye na Long Island University (LIU)i New York, ni gahunda y’uburezi ijyanye n’inganda z’umuziki, siporo n’imyidagaduro ifitanye isano na Jay-Z n’ikigo cye Roc Nation.

Mu gihe Jay-Z akomeje kwagura umurage we mu muziki no mu bindi bikorwa, igitaramo cye cyo ku wa 10 Nzeri 2026 kuri Stade de France i Paris, mu Bufaransa, cyamaze kwandika amateka, bitewe n’uko amatike yose yagurishijwe agashira ku isoko.

Umuraperi Jay-Z agiye kwigwa muri University yo muri Nouvelle-Zélande

Jay-Z hamwe n'umugore we Beyonce bakomeje kuyoboza inkoni y'icyuma isi y'imyidagaduro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...