Jay Polly, Kanyombya, Steven Sogo, Happy Famba mu gitaramo i Bujumbura

- 27/06/2013 1:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Jay Polly, Kanyombya, Steven Sogo, Happy Famba mu gitaramo i Bujumbura

Ku itariki 5 n’iya 6 Nyakanga 2013, ubwo Ishyirahamwe ry’abatwara ibimoto binini bo mu Rwanda ”Rwanda Bikers Association’’ bazaba basuye bagenzi babo bo mu Burundi, Jay Polly na Kanyombya bazifatanya n’Abarundi Steven Sogo na Happy Famba gususurutsa abazaba bari aho.

Icyo gitaramo kizaba nyuma y’ubusabane no kungurana ibitekerezo kuri ayo mashyirahamwe yombi ndetse n’imyiyereko bazakora igaragaza ubuhanga buhanitse bafite mu gutwara biriya bimoto.

Jay Polly

Jay Polly na Kanyombya batangaje ko biteguye neza icyo gitaramo kandi ko bazasusurutsa Abarundi ndetse n’Abanyarwanda bazaba bitabiriye icyo gitaramo kakahava.

Kanyombya

Maseveliyo Irene Basile ukuriye Rwanda Bikers Association aganiriza Inyarwanda.com yatangaje ko bifuje kumanukana n’aba bahanzi bakunzwe cyane mu gihugu cy’u Burundi kugira ngo nyuma y’ubusabane ndeste n’imyiyereko yo gutwara ibyo bimoto,  bazabasusurutse bafatanyije n’abahanzi b’ i Burundi.

Happy Famba nawe ufite abakunzi benshi mu Burundi

Happy Famba nawe ufite abakunzi benshi mu Burundi

Ibyo bitaramo bizabera mu mujyi wa Bujumbura aho umunyarwenya Kanyombya azasusurutsa abantu ahitwa “Vuvuzela Bojart” ku itariki ya 5 Nyakanga 2013 guhera saa mbili z’ijoro, Jaypolly, Steven Sogo na Happy Famba bakazasusutsa abantu ku itariki ya 6 Nyakanga 2013 muri Havana guhera nabwo saa mbili z’umugoroba.

Sogo

Steven Sogo

Rwanda Bikers association

Ngizo moto nini Rwanda Bikers Association bagendaho

Elisée Mpirwa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...