Iki gitaramo cyari kirimo udushya twinshi, cyahurije
hamwe abaraperi barenga 12 barimo Jay C, Bull Dogg, Riderman, Fireman, PFla,
Green P, Bushali, Dany Nanone, Logan Joe, Bruce The 1st, Kenny K Shot na Fifi
Raya, cyongera kugaragaza ko umuziki wa Hip Hop ukomeje gusigasirwa no gukundwa
n’abawukora ndetse n’abawukurikira.
Ubwo Jay C yari ageze hagati mu bitaramo bye,
yatunguye benshi ahamagara abana be batatu: Nikita, imfura ye, Milika, na
Ganze, umwana we wa kane bafatanya ku rubyiniro.
Aba bana bagaragaje impano idasanzwe mu
kuririmba rap, baririmba bagendeye ku ndirimbo za Hip Hop se yanditse mu myaka
yashize akiri umusore.
Jay C yafashe umwanya wo gusangiza abari
bitabiriye iki gitaramo icyerekezo afite ku bana be, agaragaza ko ari bo yifuza
ko bazatera ikirenge mu cyabo mu gihe bazaba batagihari.
Ati “Aba ni abana banjye, ni bo bazatera
intambwe twateye, kandi ndifuza ko bazakora ibirenze ibyo twakoze. Aba nibo
bankomokaho.”
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Jay C yavuze
ko ari abana be ubwabo bifuje kumuherekeza muri iki gitaramo “Icyumba cya Rap”,
cyahuriyemo abaraperi batandukanye.
Yongeyeho ko abana be bakunda cyane umuziki wa
Hip Hop, by’umwihariko indirimbo ze. Abajijwe niba abategurira gukurikira
inzira ye mu muziki, yasubije ko bishoboka, ariko anibutsa ko icyerekezo
cy’umwana gishobora guhinduka uko akura. Ati: “Hari igihe umwana akura
agahindura icyerekezo cy’ibyo yiyumvagamo akiri muto.”

Jay C kandi yemeye ko bitari byoroshye gufata
icyemezo cyo kuzana abana be ku rubyiniro, cyane ko bakiri bato kandi
batarageza ku myaka y’ubukure

Jay C, uzwi nka Ambassador, yaririmbye
indirimbo zitandukanye zirimo “Ntarirarenga” yakoranye na Fireman na Safi
Madiba, “Isugi”, “Sentiment” na “I’m Back” yakoranye na Bruce Melodie.
Ubwo yari ageze ku ndirimbo “Ikayi” yakoranye na Green P, yongeye guhamagara abana be bafatanya kuyiririmba, ibintu byashimishije cyane abakunzi b’umuziki bari bateraniye muri Zaria Court
IBYISHIMO NI BYOSE KURI BRUCE THE 1 ST NYUMA YO KURIRIMBA MU GITARAMO "ICYUMBA CYA RAP"
