Jay C na Green P bagaragaje ibikwiye kunozwa mu gukemura ikibazo cy’abana bo ku muhanda –VIDEO

Imyidagaduro - 19/03/2026 10:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Jay C na Green P bagaragaje ibikwiye kunozwa mu gukemura ikibazo cy’abana bo ku muhanda –VIDEO

Umuraperi Jay C Ambassador afatanyije na mugenzi we Green P bashyize hanze indirimbo nshya bise ‘Mayibobo.Com’, igaruka ku mibereho igoye y’abana bo ku muhanda, banatanga ubutumwa bugamije gushaka ibisubizo birambye kuri iki kibazo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Jay C yasobanuye ko iyi ndirimbo bayitekerejeho mu rwego rwo kugaragaza ubuzima abana bamwe babamo, cyane cyane abisanga mu mihanda bitewe n’impamvu zitandukanye.

Yagize ati: “Twaririmbye ku buzima bugoye bwo ku muhanda abantu baba bacamo cyangwa baciyemo. Njye na Green P dufitanye indirimbo nyinshi tutari twarasohoye, iyi nayo iri muri izo, kandi iri mu zigize Album nshya ndi gutegura yitwa ‘Genza’.”

Uyu muraperi yavuze ko ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bugamije guhumuriza abana bari mu buzima bwo ku muhanda, kubagira inama ndetse no kumenyesha inzego zibishinzwe ko iki kibazo kigihari kandi gikwiye gukomeza kwitabwaho.

Ati: “Ubutumwa bukubiyemo ni uguhumuriza no kugira inama abana bari ku muhanda, no kwibutsa ababishinzwe ko hari abana bakiri mu buzima bukakaye, baba ku mihanda, mu miferege no ku bimoteri.”

Jay C agaragaza ko imwe mu mpamvu nyamukuru zituma abana bisanga ku muhanda ari amakimbirane yo mu miryango, cyane cyane hagati y’ababyeyi.

Ati: “Hari igihe umwana yisanga ku muhanda atari uko yananiwe ubuzima, ahubwo biterwa n’ibibazo byo mu muryango. Amakimbirane y’ababyeyi ashobora gutuma umwana asigara wenyine, akabura aho ajya, agahitamo kujya kuzerera ashakisha uko yabaho.”

Nubwo ashimangira ko Guverinoma y’u Rwanda iri gushyira imbaraga mu gukemura iki kibazo, Jay C avuga ko hakiri icyuho mu bukangurambaga, cyane cyane mu rwego rw’imiryango.

Ati “Hari byinshi Guverinoma iri gukora, nko gushyiraho amashuri yigisha imyuga, ariko haracyakenewe ubukangurambaga buhoraho, buri wese akumva ko iki kibazo kimureba. By’umwihariko, ababyeyi bakwiye kwirinda amakimbirane kuko ari imwe mu mpamvu zituma abana bajya ku muhanda.”

Yakomeje agaragaza ko n’ubwo aba bana baba bari mu buzima bugoye, hari icyizere cy’uko ejo habo hashobora kuba heza igihe babonye ubufasha bukwiye.

Ati: “Mu ndirimbo tubahumuriza tubereka ko ntarirarenga, amahirwe yo guhindura ubuzima arahari igihe cyose, ariko na bo bagomba kugira uruhare mu kwishakamo imbaraga.”

Indirimbo ‘Mayibobo.Com’ igaruka ku buzima nyabwo bw’abana bo ku muhanda, igasiga ubutumwa bukomeye ku muryango nyarwanda, by’umwihariko ku babyeyi basabwa kugira uruhare rwa mbere mu kurinda abana babo kugwa muri ubu buzima.

Ku rwego mpuzamahanga, ikibazo cy’abana bo ku muhanda kiri mu bibazo bikomeye by’imibereho, nubwo imibare nyayo igoye kuyimenya neza kubera ko benshi muri aba bana batabarizwa mu mibare yemewe.

Imiryango mpuzamahanga irimo UNICEF igaragaza ko ku Isi hose hari miliyoni nyinshi z’abana baba cyangwa bakorera ku mihanda, bamwe bakayibamo burundu (street-living children), abandi bakayikoreraho bagasubira iwabo (street-working children).

Mu bice byinshi bya Afurika, Aziya na Amerika y’Epfo, iki kibazo giterwa n’ibintu birimo: Ubukene bukabije, amakimbirane mu miryango, intambara n’ibibazo by’umutekano, ihohoterwa rikorerwa mu ngo, kubura amahirwe yo kwiga n’ibindi.

Umuryango w’Abibumbye (ONU) ushimangira ko abana bose bafite uburenganzira bwo kurindwa no kubaho neza, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga arimo “Convention on the Rights of the Child”.


Mu ndirimbo nshya, Jay C agaragaza ko amakimbirane yo mu miryango ari imwe mu mpamvu zituma abana bisanga ku muhanda


‘Mayibobo.Com’: Jay C na Green P bahumurije abana bo ku muhanda, banenga uburangare bw’imiryango mu kubitaho

Jay C yavuze ko nubwo Guverinoma iri gukora byinshi, hakiri icyuho mu bukangurambaga bwo kurandura ikibazo cy’abana bo ku muhanda

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’IYI NDIRIMBO YAHUJE JAY C NA GREEN P


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...