“Walio Ishinda Dunia”, bisobanuye “Abanesheje Isi”, ni
indirimbo James Muhima yakoze ashingiye ku butumwa bwa Bibiliya buvuga ku bantu
batsinze urugamba rwo kwizera ndetse n’ibyiringiro by’ubuzima bw’iteka.
James Muhima avuga ko igitekerezo nyamukuru cy’iyi
ndirimbo ari ukwibutsa abantu ko nyuma y’ubuzima bwo ku isi hari ubuzima
bw’iteka bw’amahoro.
Yagize ati: “Igitekerezo nyamukuru kiri muri ‘Walio
Ishinda Dunia’ ni ukwibutsa abantu ndetse no kubahumuriza ko nyuma y’ubu buzima
abanesheje isi bazabaho mu buzima bw’amahoro y’iteka ryose.”
Uyu muhanzi avuga ko yahisemo izina “Walio Ishinda
Dunia” nyuma yo gutekereza ku ntwari nyinshi zivugwa muri Bibiliya ndetse
n’abandi bantu yagiye amenya batsinze urugamba rwo kwizera.
Ati: “Natekereje ku ntwari nyinshi Bibiliya itubwira
ndetse n’izindi nanjye nzi zitwaye neza ku rugamba rwo kwizera. Mu mutima
wanjye hamanuka ijambo ngo ‘Walio Ishinda Dunia’, bisobanuye abanesheje isi.”
James Muhima asobanura ko iyi ndirimbo ifite ubutumwa
butatu bw’ingenzi. Ubwa mbere, ni uguhumuriza abantu bafite agahinda katewe no
gutandukana n’abo bakundaga, cyane cyane ababuze inshuti, abavandimwe, ababyeyi
cyangwa abana.
Ati: “Urupfu rutera abantu benshi agahinda ko
gutandukana n’inshuti, abavandimwe, ababyeyi n’abana. Iyi ndirimbo irimo
ubutumwa burema ibyiringiro by’uko nyuma y’ubu buzima tuzongera kubaho neza
kandi tubane n’abo twatandukanye.”
Ikindi ni ugushishikariza abantu gukora ibyiza no
gukomeza kwizera, kugira ngo bazagire ingororano mu buzima bw’iteka, nk’uko
bigaragara muri Daniel 12:3.
James Muhima kandi avuga ko iyi ndirimbo igamije
gukundisha abantu ubuzima bwo mu ijuru, aho abazahagera bazaririmbana n’abera
ndetse n’abamarayika ubudasiba.
Kuba yarakoresheje amagambo y’Igiswahili muri iyi
ndirimbo, James Muhima avuga ko byatewe n’uko ari ururimi amaze imyaka myinshi
akoresha kandi yorohewe no kurwandikamo.
Ati: “Kwandika Igiswahili kuri njye biranyorohera
cyane kuko ari ururimi nakoresheje imyaka myinshi. Numva ‘Walio Ishinda Dunia’
ifite ubutumwa bugenewe umuntu wese wumva Igiswahili, kandi nizera ko
izamufasha ndetse ikanamuremera ibyiringiro by’ejo.”
Umwihariko wa “Walio Ishinda Dunia” kandi uri mu buryo
James Muhima yayubatsemo, aho yongeyemo chorus yari isanzwe izwi ivuga iti
“Wataimba na nzenze zao wakishangilia mataifa walio ishinda dunia.”
Uyu muhanzi avuga ko igitekerezo cy’iyi ndirimbo
cyakomotse no ku bihe bikomeye by’intambara biri mu bice bitandukanye, aho
abantu benshi bapfusha ababo bagasigara bafite agahinda.
Ati: “Ubu turi mu bihe by’intambara, aho abantu benshi babura cyangwa bagapfusha ababo, bikababaza cyane. Usanga benshi baheranwe n’agahinda kandi nta muntu wo kubahumuriza.
Nanjye ndi umwe mu bagezweho n’ibi
bihe. Maze kubireba, Umwuka w’Imana yanshoboje gukora iyi ndirimbo izagira
uruhare runini mu gukomora ibisebe no kugarura ibyiringiro mu bantu.”
James Muhima avuga ko mu gihe yakoraga “Walio Ishinda
Dunia” nta mbogamizi zikomeye yahuye na zo, kuko ari imwe mu ndirimbo atangije
kwandika.
Ati: “Mu gihe nandikaga ‘Walio Ishinda Dunia’, nta
bintu byinshi byangoye. Navuga ko iri mu ndirimbo zitangoye kwandika kandi
ndabishimira Imana yayinyujije muri njye.”
Yishimira amagambo ari muri iyi ndirimbo, melody yayo
ndetse n’umuziki wakozwe, avuga ko amashusho yayo na yo yakozwe neza. Yashimiye
Imana n’abantu bose bagize uruhare mu gutunganya uyu mushinga.
Ati: “Uwumva iyi ndirimbo ndasaba Imana ko imuremera
ibyiringiro bimushoboza gutsinda ibihe bigoye arimo kunyuramo. Hirya y’ibyo
unyuramo hari ibindi byiza Imana ikubikiye, humura.”
“Walio Ishinda Dunia” ni indirimbo James Muhima
yanditse wenyine, ariko mu kuyitunganya yakoranye n’ikipe ye, akaba ari nayo
yashimiye ku bufatanye bagiranye.
Uyu muhanzi yasabye abakunzi be n’abakunzi b’umuziki
muri rusange gukomeza kumushyigikira, by’umwihariko basakaza ibihangano bye
kugira ngo bigere ku bantu benshi.
“Walio Ishinda Dunia” ni indirimbo ya gatatu kuri
album yitwa “Nigereyeyo”.
