Uyu
muhanzikazi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Suzan Makula kuri YouTube,
aho yavuze ko umuziki wamuhinduriye byinshi mu mibereho ye ndetse no mu buryo
yavuganagamo n’abantu.
Jackie
Chandiru yavuze ko kuva mu bwana bwe yari azwiho impano yo kuririmba, ariko ngo
mu buzima busanzwe bwo ku ishuri ntiyabaga umwe mu bakobwa bitabwaho
n’abahungu.
Ati:
“Ku ishuri abantu bari bazi ko nshobora kuririmba, ariko bamenyaga agaciro
kanjye iyo nabaga mfite mikoro ndi kuririmba. Iyo ntabaga nyifite
baransuzuguraga. Nta muntu wanyitaga cyane.”
Yakomeje
avuga ko abahungu benshi bamubonaga nk’inshuti yabo isanzwe, ku buryo
batamutekererezaga nk’umukobwa bashobora gutereta.
Ati:
“Abahungu ntibanyiyegerezaga, bambonaga nk’umuvandimwe cyangwa inshuti yabo
(bro). Icyahinduraga ibintu ni uko nabaga mfite mikoro nkiri ku rubyiniro. Icyo
gihe ni bwo babonaga impano yanjye bakantaho ijisho.”
Chandiru
yavuze ko kumenyekana kwe mu muziki byamufashije guhindura byinshi mu buzima
bwe, haba mu mico, mu kuvugana n’abandi no mu buryo abantu bamubonaga.
Uyu
muhanzikazi yagaragaje ko guhitamo umuziki byabaye imwe mu mpinduka zikomeye mu
buzima bwe, kuko ari byo byatumye impano ye imenyekana ndetse bigatuma abantu
benshi batangira kumwitaho.

Jackie
Chandiru yavuze ko akiri ku ishuri abahungu batamuteretaga, ahubwo bamutangiye
kwitaho ari uko babonye impano ye yo kuririmba
