Izina ryanditswe bari kumwe na Knowless: Imyaka 12 y’Intayoberana yahinduye inzozi ikirango cy’umuco nyarwanda (VIDEO)

Imyidagaduro - 24/07/2026 4:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Izina ryanditswe bari kumwe na Knowless: Imyaka 12 y’Intayoberana yahinduye inzozi ikirango cy’umuco nyarwanda (VIDEO)

Hari amwe mu mazina yubakwa n’igihe, andi akubakwa n’ibikorwa. Ku Itorero Intayoberana, imyaka 12 ishize yabaye urugendo rwo kuva ku nzozi z’urubyiruko rukunda umuco, kugeza ku rwego rwo kuba kimwe mu bimenyetso by’ingenzi byerekana ko umuco nyarwanda ushobora kubaho, ugakura kandi ugakundwa n’ab’ingeri zose.

Mu gihe iri torero ryitegura igitaramo ngarukamwaka "Gira u Rwanda" kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026, ntabwo riri gutegura igitaramo gusa, ahubwo riri kwizihiza imyaka 12 y’urugendo rwuzuyemo amateka, intsinzi n’ubwitange bwo gusigasira umuco nyarwanda.

Ni urugendo rwatangiriye ku nzozi z’abakiri bato, uyu munsi rukaba rwarageze ku rwego rwo guhesha u Rwanda ishema mu ruhando mpuzamahanga.

Umuyobozi Wungirije w’Itorero Intayoberana, Nick Dimpoz, yabwiye itangazamakuru, kuri uyu wa Kane tariki 23 Nyakanga 2026, ko nubwo batangiye gukora ibikorwa by’umuco mbere yaho, izina "Intayoberana" ryamenyekanye bwa mbere mu itangazamakuru ubwo bari bafatanyije n’umuhanzikazi Butera Knowless mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Stars.

Ni irushanwa ryasojwe Knowless yegukanye igikombe, nyuma y’ibitaramo byari byarimo imbyino n’imyiyereko y’Intayoberana yatumye benshi batangira kubibona nk’itorero rifite umwihariko.

Nick Dimpoz ati "Icyo gihe twari kumwe na Knowless muri Primus Guma Guma Super Stars, tubyina byinshi kugeza ubwo atwaye igikombe cya Primus Guma Guma Super Stars. Icyo gihe ni bwo izina Intayoberana ryanditswe mu itangazamakuru. Na mbere twarakoraga nk’ibisanzwe."

Ni amateka bavuga ko batazigera bibagirwa, kuko ari yo yabaye intangiriro yo kumenyekana kwabo ku rwego rw’igihugu.

Batangiye ari bake, ubu ni umuryango urenga abantu 100

Tariki 19 Nyakanga 2014 ni bwo Intayoberana ryavutse ku mugaragaro.

Mu ntangiriro, ryari rigizwe n’umubare muto w’ababyinnyi bakundaga imbyino gakondo, ariko bafite intego yo kuzihuza n’izindi njyana zo ku mugabane wa Afurika, mu buryo butangiza umuco nyarwanda.

Uko imyaka yagiye ishira, ni ko umubare w’abarigana n’abarigana ugenda wiyongera.

Uyu munsi, iri torero rigizwe n’ababyinnyi barenga 100, rikaba rimaze kuba ishuri ryigishirizwamo umuco n’indangagaciro ziwushingiye.

Nick Dimpoz avuga ko icyatumye bakomeza gukura ari ukwizera intego bihaye no kudacika intege. Ati "Ubunyarwanda buturimo, bwimbitse muri twe."

Imyaka 12 y’ibitaramo, amaserukiramuco n’ishimwe ry’u Rwanda

Mu myaka 12 ishize, Intayoberana rimaze gukora ibitaramo birenga 250 mu bihugu bisaga 25.

Ryitabiriye amaserukiramuco atandukanye ku migabane itandukanye, rinahagararira u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by’umuco.

Ni rimwe mu matsinda yatoranyijwe gufungura ibirori byo kwakira indege ya RwandaAir, kimwe mu bikorwa bavuga ko bibereka icyizere igihugu cyabagiriye mu kwamamaza umuco nyarwanda.

Buri rugendo bakoze hanze y’u Rwanda rwabaye uburyo bwo kumenyekanisha ubukungu bushingiye ku muco, berekana ko imbyino gakondo zishobora kuvuga amateka y’igihugu no gukurura amaso y’abanyamahanga.

Ibitaramo birindwi, buri kimwe gifite ubutumwa bwacyo

Mu rugendo rw’imyaka 12, Intayoberana ntabwo rwateguye ibitaramo gusa, ahubwo rwagiye rutanga ubutumwa butandukanye.

Igitaramo cya mbere cyiswe "Umugani wa Nyabugu na Nyabucurere", cyabereye kuri Saint André mu kibuga cya Basketball.

Icya kabiri cyiswe "Umwana ni nk'undi, Umwana ni umutware", hagamijwe kwerekana abagize iri torero n’indangagaciro baryubatseho.

Hakurikiyeho "Twambaye Icyizere", "Urizihirwe Rwanda", "Igitaramo Iwacu", "Akanigi Kanjye", none ubu bageze kuri "Gira u Rwanda".

Nick Dimpoz ati: "Ubu tugiye muri Gira u Rwanda, ari na cyo gihe tugezemo."

'Gira u Rwanda' si igitaramo gusa, ni ubutumwa bwo gukunda igihugu

Abategura iki gitaramo bavuga ko bahisemo izina "Gira u Rwanda" kubera ko bashaka kongera kwibutsa Abanyarwanda ko gukunda igihugu bitangirira ku gukunda umuco wacyo.

Mu isi irimo guhinduka ku muvuduko mwinshi, bavuga ko kubungabunga umuco bisaba abantu bawuha agaciro kandi bakawutoza abakiri bato.

Ni yo mpamvu bavuga ko abazitabira iki gitaramo batazareba imbyino gusa, ahubwo bazagira umwanya wo kongera gusobanukirwa n’agaciro k’umuco nyarwanda n’uruhare rwawo mu kubaka igihugu.

Igitaramo kizahuriza hamwe abakunda umuco

Igitaramo kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa 25 Nyakanga 2026.

Abazacyitabira bazinjira bishyuye ibihumbi 10 Frw, ibihumbi 20 Frw cyangwa ibihumbi 25 Frw mu myanya y’icyubahiro.

Ameza y’abantu umunani ari kugurishwa ibihumbi 200 Frw, mu gihe ku munsi w’igitaramo ibiciro bizazamuka, aho amatike azagura ibihumbi 15 Frw, 25 Frw na 35 Frw, naho ameza agurishwe ibihumbi 250 Frw.

Intayoberana, ikirango cy’urubyiruko rukunda umuco

Mu Rwanda, amatorero gakondo akomeje kugira uruhare rukomeye mu gusigasira umurage w’umuco no kuwugeza ku rubyiruko.

Intayoberana ni imwe mu ngero zigaragaza ko uwo murage ushobora kubungabungwa hadatakaye umwimerere wawo, ariko ukajyanirana n’ibihe.

Ryashinzwe na Kayigemera Sangwa Aline mu 2014, riza kuba urubuga rwafashije urubyiruko rwinshi kwiga imbyino gakondo, indirimbo z’umuco, gucuranga inanga n’ingoma, ndetse no gusobanukirwa indangagaciro zaranze Abanyarwanda.

Nyuma y’imyaka 12, Intayoberana ntirikibarizwa mu matorero asanzwe gusa. Ryabaye izina rizwi imbere mu gihugu no hanze yacyo, rikaba rikomeje kubaka amateka agaragaza ko umuco nyarwanda ushobora kuba isoko y’ishema, ubukerarugendo n’iterambere.

Kuri bo, "Gira u Rwanda" si izina ry’igitaramo gusa, ni ubutumwa bashaka gusigira buri Munyarwanda: ko igihugu gikundwa binyuze mu kubungabunga umuco wacyo, kuwuraga abakiri bato no kuwushyira ku isonga ry’iterambere.

Umuyobozi Wungirije w’Itorero Intayoberana, Nick Dimpoz, yatangaje ko Itorero Intayoberana ryavuzwe bwa mbere mu itangazamakuru nyuma yo gufasha Butera Knowless muri Primus Guma Guma Super Stars


Umuyobozi Ushinzwe Imyitwarire n’imibereho myiza mu Itorero Intayoberana, Sugira Alain Bertin yavuze ko basoje imyiteguro y’igitaramo, igisigaye ari ugutaramira abantu


Umuyobozi Ushinzwe Umutungo n’Iterambere, Iradukunda Diane avuga ko bahisemo amazina bise amatike y’igitaramo cyabo bashingiye ku byiciro by’abantu bafite mu Itorero Intayoberana


Igitaramo 'Gira u Rwanda' cy'Itorero Intayoberana kizabera muri Kigali Serena Hotel, ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N’ITORERO INTAYOBERANA


VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda

AMAFOTO: Dreamhills- Studio 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...