Bombi
bahuriye mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro wa Youtube 'Gafaranga na Murava' mu
ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025. Ni ikiganiro bakoze, nyuma
y'uko Annette Murava anashyize hanze indirimbo ye nshya yise 'Ndi inde?',
yasohotse nyuma y'amezi atatu yari ashize atumvikana mu muziki w'indirimbo zo
kuramya no guhimbaza Imana.
Muri
Zaburi ya 15 -5 hagira hati “Uwiteka, ni nde uzaguma mu ihema ryawe? Ni nde
uzatura ku musozi wawe wera? Ni ugendera mu bitunganye agakora ibyo gukiranuka,
akavuga iby'ukuri nk'uko biri mu mutima we.
“Utabeshyeresha
abandi ururimi rwe, Ntagirire nabi mugenzi we,
“Icyo
yarahiriye naho cyamugirira nabi ntiyivuguruza. Ntaguriza ifeza kubona indamu
zirenze urugero, Cyangwa ntiyemera ibiguzi ku utariho urubanza.
Bishop
Gafaranga yumvikanishije ko afite ishimwe rikomeye kuri we, ashima
Ariko
kandi yashimye umuhate w'umugore we wabanye neza kuva ku munsi wa mbere afungwa,
kugeza asohotse muri gereza.
Uyu
mugabo w'umukozi w'Imana, yanavuze ko ibyabaye kuri we, byari ibyanditswe,
bityo ntiyatunguwe, kuko yari amasezerano y'Imana yagombaga gusohora.
Mu
magambo yuje ubwuzu n’amarangamutima, Gafaranga yabwiye umugore we, ko yamubereye
inkingi mu bihe bikomeye.
Bishop
Gafaranga yibukije ko ubuzima bwo muri gereza butandukanye n’uko abantu
babwiyumvisha. Yavuze ko ari ahantu hari ubuzima, abantu bakunda Imana, kandi
ko iyo uyifashe ikaboko igutambutsa mu nzira y’igeragezwa.
Ati
"Muri gereza nasanzeyo ubuzima. Hariyo abantu bakorera Imana, kandi bavuga
Imana [...] Ndashimira Imana rero ko yo ari Imana ijya igera ahantu twe twumva ko
tutagera, tutumva ko tutaba [...] Umunsi natashye twatashye turi aba bantu
babiri, natashye ndi kumwe n'umusore wari umaze imyaka ine muri gereza, akurikiranyweho
gufata ku ngufu, ariko yatashye ari umwere. Njya nshima Imana ko ari Imana
itanga ubutabera mu gihe tutateganyaga. Ni Imana itanga ubutabera
budasanzwe."
Annette
Murava, nawe utarigeze acogora mu rugendo rw’ugusenga n’ubuhanzi, yongeye
kugaragaza indangagaciro z’umugore ushyigikira umugabo we.
Avuga
ati "Mbere y'uko mvuga ku ndirimbo nanjye ndagushimira, kuko wabaye
Bishop
Gafaranga yasoje ikiganiro, asaba umugore gusoma amagambo aboneka muri ya Zaburi
ya 15 kugeza ku murongo wa gatanu. Ni Zaburi irimo amagambo avuga ku muntu
ugendera mu bitunganye, agakora ibyo gukiranuka, kandi akavuga ukuri nk’uko
biri mu mutima we. Yavuze ko iyi Zaburi yamubereye isoko y’ihumure n’imbaraga
muri gereza.
Iki
kiganiro cyabaye mu gihe Annette Murava yashyiraga hanze indirimbo nshya yise
“Ni inde?”. Ni indirimbo ivuga ku Mana ikora ibitangaza mu bihe by’umwijima.
Yumvikanishije
ko iyi ndirimbo ari igisubizo cy’ubuzima yanyuzemo ubwo umugabo we yari
afunzwe, kandi ko ifite ubutumwa bwo gushishikariza abantu kutacogora mu
kwizera.
Bimwe
mu bitekerezo byarebye iki kiganiro, hari abahuriza ku kuvuga ko inkuru ya Bishop
Gafaranga na Annette Murava ari ishusho y’urukundo rutakomwe n’ibihe, ndetse
n’ukwizera kudapfukiranwa n’inzigo z’isi.
Iyo utahaba nari gusanga byinshi bitagihari – Bishop Gafaranga ashimira umugore we Annette Murava ku bw’umurava we
Bishop Gafaranga na Annette Murava bahuriye mu kiganiro cyuzuye gushima Imana no kwerekana ubutwari bw’urukundo rwabo
Warakoze
kuba umugabo w’intwari, kandi ukomeze kuko ureberwaho – amagambo y’ishimwe
ya Annette Murava ku mugabo we
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO BISHOP GAFARANGA YAHURIYEMO NA ANNETTE MURAVA
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘NDI INDE?’ YA ANNETTE MURAVA IGARAGARAMO UMUGABO WE