Iyo ukinira abandi biragoye gutera imbere –Mutamba Juliet ku mpamvu yahisemo gukora filime ze (VIDEO)

Imyidagaduro - 28/07/2026 11:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Iyo ukinira abandi biragoye gutera imbere –Mutamba Juliet ku mpamvu yahisemo gukora filime ze (VIDEO)

Mu ruganda rwa sinema nyarwanda, benshi batangira urugendo rwabo bakina mu bikorwa by’abandi, ariko uko imyaka ishira bamwe bagafata icyemezo cyo kwikorera imishinga yabo. Ni inzira isaba ubushake, ukwihangana n'icyizere cy'uko ejo hazaza hashobora kuba heza kurushaho.

Ni muri uwo murongo umukinnyi wa filime akaba n'umunyamakuru Mutamba Juliet aherutse gufata icyemezo cyo gutangira gukora filime ze bwite, avuga ko yabitewe no gukurikirana inzozi ze no gushaka kubaka ejo hazaza hadashingiye gusa ku gukinira abandi.

Nubwo yatangiye kwinjira mu rugendo rwo gutunganya no gusohora filime ze, Mutamba akomeje no kugaragara mu zikorwa n'abandi. Muri izo harimo ‘Isezerano ry'Ikinyoma’ ya Micky, imwe mu zikomeje gukurikirwa n'abakunzi ba sinema nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma yo gusohora filime ye nshya yitwa Papa, yavuze ko ubuzima yakuriyemo bwagize uruhare rukomeye mu kumwubakamo umutima wo kwihangira umurimo.

Yasobanuye ko yarezwe n'umubyeyi wari umucuruzi, ibintu byamutoje gutekereza ku gushora imari no kubaka ibikorwa bye aho guhora ategereje akazi gatangwa n'abandi.

Ati: "Njyewe rero mu buzima bwanjye ndi umucuruzi. Kuko nakuze mbona Mama ari umucuruzi ufite iduka ririmo ibintu byose. Rero njyewe iyo ikintu kitari kuzana amafaranga nshobora kwihangana ariko nkamenya ko imbere amatunda arahari."

Uyu mukinnyi yavuze ko iyo myumvire ariyo yamuteye gutekereza ko na sinema ishobora kuba ishoramari rirambye, aho kuba umurimo wo gukinira abandi gusa.

Mu magambo ye, yavuze ko uko isoko rya sinema rihagaze ubu, umukinnyi wishingikirije gusa ku guhamagarwa ngo aze gukina muri filime z'abandi aba afite amahirwe make yo kugera ku iterambere yifuza.

Ati: "Naravuze nti kubera iki ibi bintu umuntu atabikora? Ahanini bitewe n'uko iyo ukinira abandi, n'ukuri biragoye ko watera imbere bitewe n'ukuntu isoko ryacu rimeze. Ndavuga nti rero ibi umuntu yabikora."

Yakomeje avuga ko no kuba yaravuye mu kazi ko mu biro byamufashije gufata icyemezo cyo kwinjira mu mwuga wo kwikorera, kuko yumvaga akazi ka buri munsi kadahuye n'ibyo umutima we wifuzaga.

Ati: "Nanjye ndi gutekereza gukora ibyanjye, kubera ko no mu busanzwe n'akazi ka ‘Office’ karananiye. Narasezeye, ntabwo ari ibintu bimbamo. Rero kuza nkajya muri filime z'umuntu gusa nkajya ahandi mpamvu nta ejo hazaza harimo. Ariko ibyo ntibivuze ko abakinnyi bose bagomba kuba aba-Producers."

Aya magambo agaragaza ko nubwo ashyigikiye kwigenga mu mwuga, yemera ko buri mukinnyi afite inzira ye, kandi ko kuba producer atari inshingano za buri wese.

Mu mezi make ashize, Mutamba Juliet amaze kwagura ibikorwa bye muri sinema. Aherutse gusohora filime zirimo Ndengera, Feminist na Papa, zose zigaragaza ubushake bwe bwo gukora inkuru zifite ubutumwa ku muryango nyarwanda.

Ku wa 25 Kamena 2026 yamuritse ku mugaragaro filime y'uruhererekane Feminist, itambuka kuri YouTube. Iyi filime yibanda ku ngaruka z'imico y'inzaduka ndetse n'ihohoterwa rikorerwa abagabo mu ngo, ingingo ikomeje kuvugisha benshi.

Mbere yayo, muri Gicurasi 2026, yari yasohoye Ndengera, yakoranye n'abakinnyi bazwi barimo Micky, Samusure na Makuta. Iyi filime igaruka ku bibazo bikunze kuvuka mu buzima bw'abashakanye n'ingaruka zabyo.

Mutamba kandi yavuze ko kubona abagore bagenzi be bakomeje gutera imbere muri sinema, barimo Micky, bimwongerera icyizere cyo gukomeza gukora cyane no kwagura ibikorwa bye.

Mu gihe sinema nyarwanda ikomeje kwaguka, hari benshi mu bakinnyi batangiye kwinjira no mu rugendo rwo kwikorera filime zabo. Kuri Mutamba Juliet, ni icyemezo atabona nk'igerageza gusa, ahubwo ni intambwe yo kubaka ejo hazaza he no gushyira mu bikorwa inzozi amaze igihe akurikiye.


Mutamba Juliet yatangaje ko yahisemo gukora filime ze bwite kugirango abashe kugera ku nzozi ze


Mutamba yavuze ko filime ze nka ‘Papa’ n’izindi zibanda ku ngingo zigezweho muri sosiyete

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MUTAMBA JULIET

KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME ‘PAPA’ YA MUTAMBA


VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...