Iyo mbonye umusore mwiza mpita ngenda - Sherrie Silver asubiza uwamubajije iby'urugo

Imyidagaduro - 08/09/2026 9:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Iyo mbonye umusore mwiza mpita ngenda - Sherrie Silver asubiza uwamubajije iby'urugo

Umubyinnyi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi Sherrie Silver yavuze ku buzima bwe bw’urukundo, asobanura impamvu kugeza ubu atarashaka umugabo, anagaragaza ko kuba ahura n’abagabo bake ndetse n’ubwoba agira bwo kwegera uwo akunze biri mu bituma atarabona uwo kubana na we.

Sherrie Silver, umaze imyaka aba mu bikorwa by’ubuhanzi no kubyina ku rwego mpuzamahanga, yavuze ko ubuzima bwe bwa buri munsi butuma adahura n’abagabo benshi ku buryo yabona umwanya wo kubaganiriza mu buryo burenze iby’akazi.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Sherrie yavuze ko abantu bakunze kumubaza impamvu kugeza ubu atarashaka umugabo, nyamara we avuga ko impamvu ahanini ishingiye ku buryo abayeho ndetse n’imiterere ye bwite.

Yagize ati: “Abantu bakunze kumbaza impamvu ntarashaka. Mu by’ukuri, sinjya mpura n’abagabo benshi, kandi iyo mpuye na bo akenshi ibiganiro byacu biba bifitanye isano n’akazi. Nanone ndi umuntu ugira isoni cyane kandi rimwe na rimwe nkagira n’uburyo bwo kwitwara butanoze mu gihe ndi kumwe n’umuntu mushya.”

Yakomeje asobanura ko n’iyo yaba abonye umusore amukurura, aho kumwegera ngo batangire kuganira, we ahitamo kwigendera cyangwa gushaka ikindi kintu kimuhugisha. Ati: “Iyo mbonye umusore mwiza, mpita mva aho ndi, nkajya gushaka ikindi kintu cyo gukora kugira ngo nishimishe cyangwa nihugiremo.”

Ibi Sherrie yabivuze mu buryo bwo gusetsa, agaragaza ko na we ubwe azi ko iyi myitwarire ishobora kuba imwe mu mpamvu zituma atabona umwanya wo gutangira umubano w’urukundo. Yasoje ubutumwa bwe asaba abantu kumwifuriza amahirwe, agira ati: “Nimusengere, bantu mwe.”

Hari abamubwiye ko abagabo b’Abanyarwanda bamutinya

Muri ubwo butumwa, Sherrie yanagarutse ku nama yigeze guhabwa n’umuntu wamubwiye ko niba ashaka kubona umugabo, atagomba kumara igihe kinini mu Rwanda. Uyu muntu ngo yamubwiye ko impamvu ari uko abagabo b’Abanyarwanda bamutinya.

Sherrie yabivuze mu buryo bworoheje kandi busa n’ubw’urwenya, ati: “Hari umuntu wigeze kumbwira ko niba nshaka kubona umugabo, nkwiye kugabanya igihe mara mu Rwanda, kuko ngo abagabo b’Abanyarwanda bampunga cyangwa bаnтinya.”

Iyi mvugo yaje nyuma y’uko umwe mu bamukurikira kuri Instagram amwandikiye ubutumwa bumushimira imico ye, akanamubwira ko atumva ukuntu kugeza ubu ataraba umugore w’umuntu.

Uwo mufana yamubwiye ko ari umuntu mwiza nk’inshuti, nk’umukobwa w’umuryango ndetse no muri rusange, bityo ko umuntu uzamugira umugore azaba afite amahirwe menshi.

Mu Kinyarwanda, ubutumwa bw’uwo mufana bwumvikanaga nk’aho yamubwiraga ati: “Mu by’ukuri sinumva ukuntu kugeza ubu utaraba umugore w’umuntu. Uri inshuti nziza, uri umukobwa mwiza kandi muri rusange uri umuntu w’agaciro. Umuntu uzagira amahirwe yo kubana nawe azaba afite umugisha.”

Sherrie yahise asubiza avuga ko atari uko adashaka urukundo, ahubwo ko imibereho ye n’imiterere ye bituma atabasha guhura n’abagabo benshi mu buzima busanzwe.

Uyu mubyinnyi kandi yagaragaje ko kuba akora ingendo nyinshi, agakora imishinga itandukanye ndetse n’ibikorwa by’ubuhanzi ku rwego mpuzamahanga bishobora kuba bituma umwanya wo kubaka umubano bwite uba muto.

Sherrie Silver ni umwe mu Banyarwanda bamaze kwigarurira umwanya ukomeye mu ruganda rw’imyidagaduro mpuzamahanga binyuze mu kubyina no gutunganya imbyino.

Yamenyekanye cyane kubera imishinga yakoranye n’abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, aho ibikorwa bye byatumye izina rye rirenga imipaka y’u Rwanda.

Mu minsi ishize kandi yongeye kugarukwaho cyane nyuma yo gukorana n’umuhanzi w’Umunya-Nigeria Rema, mu bikorwa by’ubuhanzi byongeye kugaragaza ubuhanga bwe mu kubyina no gutunganya imbyino.

Nubwo amaze kubaka izina rikomeye mu kazi, Sherrie Silver agaragaza ko ku bijyanye n’urukundo ibintu bitandukanye. Kuri we, kuba atarabona umugabo si uko nta bantu bamukunda cyangwa ko adashaka kubaka urugo, ahubwo avuga ko uburyo abayeho, kugira isoni no kutamenyera kwegera abantu ashobora kuba umwe mu mizi y’iki kibazo.

Sherrie Silver yavuze ko kuba ahura n’abagabo bake, ndetse ko ubwoba agira bwo kwegera uwo akunze biri mu bituma atarabona uwo kubana na we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...