Iyo imyidagaduro irenze umurongo: Uko ibihugu bitandukanye byakumiriye imyambarire n’ubwomanzi mu bitaramo

Imyidagaduro - 10/08/2026 12:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Iyo imyidagaduro irenze umurongo: Uko ibihugu bitandukanye byakumiriye imyambarire n’ubwomanzi mu bitaramo

Mu gihe imyidagaduro mu Rwanda ikomeje kwaguka, ibitaramo bikaba bimaze kuba kimwe mu bikorwa bikomeye bikurura urubyiruko n’abakunda umuziki, hari umurongo mushya watangiye gushyira ku myitwarire igaragara muri ibyo birori.


Polisi y’u Rwanda ivuga ko imyitwarire ibonwa nk’idakwiye mu tubari, utubyiniro, mu bitaramo no mu bindi bibuga by’imyidagaduro itazongera kureberwa nk’ikibazo cy’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko n’abategura ibirori ndetse na ba nyiri aho bibera bashobora kubibazwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabigarutseho ku wa 8 Kanama 2026, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanaga abantu bafatiwe mu byaha bitandukanye.

Yavuze ko abantu bakodesha inzu zikorerwamo ibirori, utubari n’utubyiniro, hakabera ibikorwa Polisi ibona nk’ibidakwiye, na bo bazajya babibazwa.

Ati: “Abacuruza utubari, utubyiniro... imyitwarire mibi y’abantu bari aho bazayibazwa na bo kuko ntabwo tuzagira abantu bari aho b’ibyomanzi batwawe n’ikintu cyiswe gutwika.”

ACP Rutikanga kandi yavuze ko Polisi izakorana n’abategura ibitaramo, aba-DJ n’abandi bafite uruhare mu myidagaduro kugira ngo imyitwarire nk’iyo igabanuke.

Yagize ati: “Uwo mwanda ntabwo tuwushaka, iryo co ntabwo turishaka, iyo myitwarire ntabwo ikenewe mu Rwanda.”

Ibi bivuze ko Guverinoma ishaka kwimura ikibazo cyo kureba gusa uwagaragaje imyitwarire idakwiye, ahubwo hakarebwa n’uruhare rw’uwateguye igikorwa cyangwa nyir’ahantu icyo gikorwa cyabereye.

Igihe cyari kigeze!

Iki ni ikibazo gikomeye cyakomeje kugibwaho impaka mu myidagaduro nyarwanda.

Ku ruhande rumwe, hari ababona ko imyidagaduro yo mu Rwanda yari imaze igihe igaragaza imyambarire ikabije, kubyina mu buryo bugaragara nk’ubusambanyi, ubusinzi n’ibindi bikorwa bidakwiye mbere y’uko inzego z’umutekano zitangira kuvuga ku buryo bweruye ko bigomba gukumirwa.

Ku rundi ruhande, hari abashobora kuvuga ko u Rwanda rutari rutarigeze rugira amategeko cyangwa ingamba birebana n’imyitwarire idakwiye mu ruhame.

Mu 2022, urugero rwamenyekanye cyane ni umukobwa wafashwe ifoto yambaye imyenda igaragaza imiterere ye mu gitaramo, ubwo yajyanwaga mu nkiko aregwa gukora igikorwa cy’ubwiyandarike mu ruhame.

Icyo gihe The Citizen, isubiramo inkuru ya The East African, yatangaje ko uyu mukobwa yari akurikiranwe hashingiwe ku ngingo y’itegeko ry’u Rwanda rigena ibyaha n’ibihano, yateganyaga igifungo cy’amezi atandatu kugeza ku myaka ibiri ku muntu wakoze igikorwa cy’ubwiyandarike mu ruhame.

Hari amakuru agaragaza ko hari abantu babuzwaga kwinjira ahantu hahurira abantu benshi kubera imyambarire yabonwaga nk’idakwiye. Ibi si bishya, kuko no mu bitaramo biherutse kuba, hari abagiye bangirwa kwinjira kubera imyambarire yabo.

Ibi bigaragaza ko ikibazo atari gishya mu Rwanda.

Icyahindutse ubu ni uko umurongo watangiye kwerekezwa no kuri babiri cyangwa benshi bagira uruhare mu gutuma igikorwa kibaho: umuhanzi, umushyushyarugamba, DJ, utegura igitaramo, nyir’ikibuga cyangwa nyir’akabari.

Iyo umuntu arebye hirya no hino ku Isi, asanga ikibazo cy’imyambarire, ubwiyandarike, kwerekana ubwambure n’imyitwarire ibonwa nk’idakwiye mu ruhame atari ikibazo cy’u Rwanda gusa.

Itandukaniro riri mu buryo ibihugu bitandukanye byagihagurukiye. Uganda: abahanzi basabwe kudahindura urubyiniro ahantu ho kwerekana ubwambure Muri Uganda, iki kibazo cyageze ubwo kigera no mu Nteko Ishinga Amategeko.

Mu 2023, bamwe mu badepite banenze imyambarire y’abahanzi Cindy na Sheebah ubwo bari mu gitaramo cyabereye i Kololo, Kampala. Abadepite bavuze ko hari imyitwarire babonaga nk’iyarenze umurongo w’umuco, banasaba inzego bireba kugira icyo zikora.

Mu 2024, Umudepite Rachael Magoola yasabye Polisi gufata abahanzi bagaragara ku rubyiniro bambaye ku buryo agaragaza nk’ubwambure bukabije. Daily Monitor yatangaje ko Magoola yavuze ko imyambarire nk’iyo yari kuba isanzwe ku rubyiniro, bityo abana n’urubyiruko bakayigana.

Ntabwo byagarukiye ku myambarire

Muri Ukuboza 2024, Minisitiri ushinzwe Gender, Labour and Social Development muri Uganda, Betty Amongi, yaburiye abategura ibitaramo ku muziki w’urukozasoni, abasaba kureba niba ibitaramo byubahiriza amategeko n’amahame agenga umuco n’imyidagaduro.

Nigeria: imyambaro y’umuhanzi ishobora no gutuma atemererwa kuririmba Umuhanzi Tiwa Savage yigeze kuvuga ko mu ntangiriro z’urugendo rwe muri Nigeria, hari ibitaramo atemererwaga kuririmbamo kubera imyambarire yabonwaga nk’iyerekana umubiri cyane.

Ibi yabitangaje mu kiganiro cyagarutsweho na Punch, avuga ko hari n’indirimbo cyangwa amashusho ye atigeze ahita anyuzwa kuri televiziyo kubera kubonwa nk’ibidakwiye.

Mu 2019, umuhanzi Tekno n’abandi bantu bari kumwe mu mashusho yafashwe mu ruhame bagezweho n’ikibazo cy’amategeko nyuma yo kugaragara bari kumwe n’abagore bambaye imyambaro yerekana umubiri cyane, ibintu byavuzweho ko bishobora kurenga ku mategeko ya Lagos arwanya ibikorwa by’ubusambanyi bukabije mu ruhame.

Kandi muri Kano, inzego zishinzwe igenzura ry’ibikorwa by’umuco zagiye zifata ibyemezo bikomeye ku bantu babonwaga nk’abarenze ku mahame y’imyambarire n’umuco.

Muri Mutarama 2025, Kano State Censorship Board yahagaritse umukinnyi wa filime Samha Inuwa kumara umwaka agaragara muri filime, nyuma y’ibirego by’imyambarire yabonwaga nk’idakwiye.

Muri 2026 na bwo, Kano Hisbah Board yakomeje ibikorwa byo kurwanya ibyo yita imyitwarire y’ubwiyandarike, aho yatangaje ko yafashe abantu babarirwa mu magana mu gihe cy’iminsi mikuru, bamwe bazira imyambarire yabonwaga nk’idakwiye.

Muri Ghana na ho ikibazo cyagiye kigera kuri Polisi.

Mu 2015, umuhanzi Wisa Greid yigeze guhamagarwa na Polisi nyuma yo kugaragara ku rubyiniro yambaye nabi kugeza aho yerekana imyanya ndangagitsina.

MyJoyOnline yatangaje ko icyo gihe Polisi yari yamuhamagaje, mu gihe amategeko ya Ghana yabuzaga ibikorwa byo kwerekana ubwambure mu ruhame.

Icyabayeho icyo gihe cyerekana ko ikibazo cy’imyitwarire ku rubyiniro kitari gusa ikibazo cy’“imyambarire”; hari igihe gishobora guhinduka ikibazo cy’amategeko iyo ibikorwa birenze umurongo wemewe.

Mu Bwongereza: imyidagaduro y’ubwambure ifite uburyo bwihariye bwo gutangirwa uruhushya

Aha ntabwo umuntu yavuga ko igihugu cyashyizeho itegeko ribuza abahanzi bose kwambara imyenda migufi cyangwa kugaragaza umubiri.

Ahubwo hashyizweho uburyo bwihariye bwo kugenzura imyidagaduro y’ubwambure cyangwa ibikorwa bigamije gukangura irari ry’imibonano mpuzabitsina.

Amategeko y’u Bwongereza ashyira mu cyiciro cya Sexual Entertainment Venue ahantu hakorerwa imyidagaduro irimo kwerekana ubwambure mu buryo bugamije gukangura abitabiriye. Ibyo bikorwa bishobora gukenera uruhushya rwihariye.

Ndetse amabwiriza ya Guverinoma y’u Bwongereza ku mategeko agenga impushya z’ibikorwa by’imyidagaduro asobanura ko imbyino zifite imiterere y’imibonano mpuzabitsina zikomeza kugengwa n’uburyo bwihariye bwo gutanga impushya.

Mu yandi magambo, ntibavuga ngo imyidagaduro yose irabujijwe; ahubwo bashyiraho umurongo w’aho imyidagaduro isanzwe irangirira, hagatangirira imyidagaduro y’ubwambure cyangwa igamije gukangura irari.

Canada: ubwambure mu ruhame na bwo bugengwa n’amategeko

Muri Canada, ‘Criminal Code’ igira ingingo zihariye zivuga ku bikorwa bidakwiye mu ruhame.

Ingingo ya 173 ibuza umuntu gukora igikorwa cy’ubwiyandarike ku mugaragaro, mu gihe ingingo ya 174 ivuga ku muntu wambaye ubusa ahantu hahurira abantu benshi cyangwa akaba ari ku giti cye ariko abantu bakaba bashobora kumubona, mu gihe ubwo bwambure bunyuranyije n’umuco cyangwa gahunda rusange.

Hari n’ingingo ya 167 yagiye ishyiraho inshingano ku bakora cyangwa bayobora ‘theatre’ ku bijyanye n’ibikorwa by’imyidagaduro byafatwa nk’ibiteye isoni cyangwa bidakwiye.

Ibi ntabwo bivuze ko Canada ibuza imyambarire yose yerekana umubiri mu bitaramo. Ahubwo amategeko yibanda ku bikorwa cyangwa ubwambure bishobora kugera ku rwego rwo kurenga ku mahame y’imyitwarire rusange.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika: nta tegeko rimwe ry’igihugu, ariko umurongo urahari

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikibazo gitandukanye n’u Rwanda kuko amategeko menshi nk’aya aba ku rwego rwa Leta imwe cyangwa umujyi, aho kuba itegeko rimwe rigenga igihugu cyose.

Urugero rufatika ni California. Penal Code yayo ibuza umuntu kwerekana imyanya y’ibanga mu ruhame mu buryo bugamije cyangwa bushobora gufatwa nk’ubwiyandarike. Iyo ngingo inavuga no ku muntu ufasha cyangwa utegura ibikorwa byo kwerekana umuntu mu ruhame mu buryo bubangamira amahame y’ubwiyandarike.

Ibi bishimishije ku Rwanda kuko bigaragaza ko no mu gihugu kizwiho gushyigikira cyane ubwisanzure bw’ubuhanzi, hari aho ubwisanzure bwo kwerekana ibihangano buhurira n’umurongo w’amategeko arengera gahunda n’imyitwarire rusange.

Mu mujyi wa New York na ho, amateka y’imyidagaduro y’abantu bakuru agaragaza uburyo imijyi ishobora gushyiraho amabwiriza yihariye ku bikorwa bya topless/adult entertainment ndetse n’uburyo ibibuga nk’ibyo bishobora kugengwa n’amabwiriza y’imikoreshereze y’ubutaka n’impushya.

Nta gihugu gikomeye cyangwa kigenda kigana ku iterambere kiba kidafite umurongo runaka ku byo abantu bashobora gukora mu ruhame, cyane cyane iyo ibyo bikorwa birimo ubwambure, ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina, cyangwa bishobora kugira ingaruka ku bana n’urubyiruko.

Itandukaniro riba mu buryo uwo murongo ushyirwaho. Hari ibihugu bikoresha amategeko ahana ubwiyandarike mu ruhame. Hari ibishyiraho impushya zihariye ku myidagaduro irimo ubwambure.

Hari ibishingira ku mategeko y’imijyi n’uturere. Hari n’ibishingira ku mategeko agenga ubucuruzi, ibibuga by’imyidagaduro n’impushya zo gukora ibitaramo.

Icyemezo cya Polisi y’u Rwanda kandi kije mu gihe ikibazo cy’inzoga n’ingaruka zazo ku rubyiruko na cyo gikomeje gutera impungenge.

Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu (MINALOC) iherutse gutangaza ko 95% by’urubyiruko rwagaragaye mu bigo ngororamuco rwari rwarajyanyweyo kubera ibibazo bifitanye isano n’inzoga.

Ku rundi ruhande, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima yari ifite imibare igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, abantu 44 bari bamaze gupfa bazize ibinyobwa byakozwe mu buryo butari ubuziranenge; Polisi yavuze kandi ko ibi binyobwa byagiye bihuzwa n’uburwayi, ubuhumyi, urugomo n’ibindi byaha.

Ibi bituma ikibazo cy’ibitaramo kitagomba kurebwa gusa ku myenda y’ababyina cyangwa abahanzi.

Hari n’ikibazo cy’ubusinzi, ibiyobyabwenge, urugomo, imibonano mpuzabitsina idateganyijwe, umutekano w’abana n’urubyiruko ndetse n’inshingano z’abategura ibirori.

Iyo ibi byose bihuriye hamwe ahantu hamwe, ikibazo kiba kirenze “imyambarire mibi”. Kiba ikibazo cy’uko imyidagaduro igomba kugira umurongo uyigenga.

Ibihugu byinshi byo ku Isi byashyize umurongo hagati y’ubwisanzure bw’imyidagaduro n’inshingano zo kurinda umuco n’umutekano


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...