Iturufu ni umuziki! Abahanzi b’abanyarwanda bari kwimukira mu mahanga amanywa n'ijoro

Imyidagaduro - 28/07/2026 3:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Iturufu ni umuziki! Abahanzi b’abanyarwanda bari kwimukira mu mahanga amanywa n'ijoro

Mu mezi 7 ashize muri uyu mwaka wa 2026, abahanzi barenga batanu bamaze kwerekeza muri Amerika na Canada kandi amahirwe yo kugaruka ahari ni uko bakirukanwa muri ibyo bihugu mu gihe batakwirukanwa, baratuye baratunganirwa.

Muri iyi minsi, umuziki usa nk’uwabaye inzira y’abashaka kujya mu mahanga ndetse n’uburyo bworoshye bwo kugira ngo umuntu abone VISA yo kujya mu bihugu by’amahanga.

Hari bamwe mu bajya muri ibyo bihugu bagiye mu bitaramo, bagahita bagumayo, hakaba abagenda basanze imiryango yabo iri muri ibyo bihugu ndetse n’abagenda nk’abagiye gusura imiryango n'inshuti ariko kugaruka akaba ariyo mahirwe macye cyane.

Hari n'abajyayo bagiye gukorerayo ubushabitsi, abandi bajyayo bagiye guturayo. Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, byibuze abahanzi bari hejuru ya 8 bagiye muri Amerika na Canada kandi amakuru y’ibanze ahari ni uko nta gahunda yo kugaruka kereka bagaruwe ku gahato n’inzego za Leta muri ibyo bihugu.

BAMWE MU BAHANZI NYARWANDA BAGIYE GUTURA MU MAHANGA MU BIHE BYA VUBA

1.     Element Eleee

Mu mwaka wa 2025, Element ari kumwe na mugenzi we Kevin Kade berekeje i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri ‘Rwanda Convention USA 2025’ bakirwa n’abahanzi batandukanye icyo gihe bahura na Meddy.

Nyuma y’amezi macye, muri uyu mwaka Element yasubiye muri Amerika hanyuma atangira urugendo rwo gushaka ibyangombwa byo gutura muri Amerika akaba ari naho akorera.

Amakuru avuga ko nta gahunda yo guhindukira ngo agaruke mu Rwanda kuko abona amahirwe muri Amerika yaba ari menshi bityo akaba yifuza gukorerayo akajya aza gusura mu Rwanda agasubira muri Amerika.

Ibyo kandi ni nayo mpamvu atigeze aririmba mu gitaramo Afro-Carnival yari yaratumiwemo kikaba cyarabereye muri Camp Kigali.

2.     Kevin Kade

Uyu musore wari waragiye muri Amerika umwaka ushize bigatuma ataririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival yari yatumiwemo, yongeye gutenguha EAP ku nshuro ya kabiri dore ko yari yatumiwe na none.

Mu mpeshyi y’uyu mwaka, uyu muhanzi yongeye asubira muri Amerika ku bw'impamvu ze n’izindi z’agahato hanyuma nawe atangira urugendo rwo gushaka imikorere muri Amerika aho biramutse byanze azahita yambuka Canada.

3.     Platin P

Benshi ntabwo bamenye ko uyu mugabo yagiye gushakira amaramuko mu bihugu by’amahanga nyuma y’uko yari amaze kuririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival mu karere ka Huye.

Uyu mugabo wari usigaranye imyaka micye kuri VISA ye, yahise afatirana ajya gushaka uko yabonera ubuzima mu mahanga hanyuma asiga n’ibindi bikorwa mu Rwanda azajya anyaruka akaza kureba uko bimeze.

4.     Vestine na Dorcas

Aba bahanzikazi bose bamaze kwimukira mu gihugu cya Canada nyuma y’uko mu mwaka ushize Vestine yanze kugarukana na Irene Murindahabi na Dorcas nyuma yo gukora ibitaramo bizenguruka Canada.

Ku itariki ya 11 Gicurasi 2026, ni bwo Dorcas nawe yerekeje muri Canada asanzeyo mukuru we akaba ari ho bagiye gukomereza umuziki wabo dore ko nyuma yo gutandukana na Irene Murindahabi babonye undi muntu wo kubashoramo imari uba muri Canada.

5.     Prosper Nkomezi

Uyu muhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yerekeje muri Amerika nyuma y’iminsi micye akoze ubukwe n’umugore we usanzwe utuye muri Amerika akaba ari naho bakomereje ubuzima.

Prosper Nkomezi azakomeza gukorera umuziki muri Amerika dore ko yateguje ibitaramo bizenguruka Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo kwagura imirimo ye cyane ko abagenerwabikorwa ba mbere b’ibikorwa bye bazaba ari abatuye muri Amerika.

6.     Mucyowera Jessica

"Ndagiye, Imana yaduhaye umugisha wo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Turimutse n'umuryango. Ni yo mpamvu ndi kuvuga ngo ku rundi ruhande ni byiza kuko papa w'abana ni ho amaze igihe ari, ariko kandi birababaje gusiga umuryango, inshuti, abavandimwe, igihugu, ahantu wari umenyereye."

Ayo niyo magambo ya Mucyowera Jessica ubwo yimukiraga muri Amerika muri Mata uyu mwaka akaba ari nyuma y’uko yari amaze no gukora igitaramo mbaturamugabo yise "Restoring Worship Xperience" cyabaye ku wa 2 Ugushyingo 2025 kibera muri Camp Kigali (KCEV).

7.     Christopher

Hari amakuru y’uko umuhanzi Shaffy yagiriye inama abandi bahanzi bagenzi be barimo Christopher ko muri Amerika hari imikorere myiza kurusha mu Rwanda kandi ko baramutse bakoreye hamwe n’ubundi imiziki bayikora bityo Christopher akaba yarumvishe ari igitekerezo cyiza.

Impamvu yo kumva ko ari inyamibwa, ni uko bazaba bari kumwe nk’abahanzi bafatanya kwandika kandi hari na Element akabakorera imiziki bityo bashobora gukora imiziki ariko banakorera amafaranga.

8.     James na Daniella

Itsinda ry'abaramyi rya James na Daniella ryerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Ukwakira 2024, nyuma yo kubanza gukorera urugendo rw'ivugabutumwa mu bihugu bitandukanye by'i Burayi.

Urungendo rwabo muri Amerika rwatangiye rushingiye ku bikorwa by'indirimbo n'ibitaramo binyuranye bari batumiwemo mu mijyi itandukanye nka Portland na Phoenix (muri Endless Worship Concert), aho bafatanyije n'amatsinda yaho nka Holi Worship Music ndetse bakaza no kwiyambaza itsinda ry'abacuzi (band) ryacuranze muri Rwanda Day.

Nyuma y’aho, ntibongeye kugaruka mu Rwanda aribyo byakuruye impaka ko baba barimutse biza kwemezwa na James wavuze ko nubwo u Rwanda ari mu rugo, bafashe icyemezo cyo kuguma muri Amerika mu rwego rwo gushakisha amahirwe yagutse y'ubuzima no kwagura ivugabutumwa ryabo rishingiye ku muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

9. Chyrso na Sharon

Nyuma yo gukora ubukwe bwabaye mu ibanga rikomeye cyane, abaramyi Chyrso na Sharon berekeje ku mugabane w’i Burayi aho bari bagiye gukorera ibitaramo ariko ntibagaruka. Amakuru ahamya ko uyu mugabo n’umugore bari mu Bubiligi akaba ari ho bazakomereza umurimo wabo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

10. Patient Bizimana

Patient Bizimana ni umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, azwi cyane ku ndirimbo nka Andyohera, Iyo neza, na Ikimenyetso, no mu bitaramo ngarukamwaka yateguraga byitwa Easter Celebration. Mu Ukwakira 2022 ni bwo Patient yimukiye muri Amerika asanzeyo umugore we Gentille Uwera Karamira.

Si aba bahanzi nyarwanda bonyine bamaze kwimukira mu mahanga ahubwo urutonde ni rurerure. Mu bamazeyo igihe kirekire harimo Kavutse Olivier utuye muri Canada n'umuryango we, Richard Nick Ngendahayo umaze imyaka myinshi atuye muri Amerika, Nirere Shanel utuye muri Afrika y'Epfo, Alpha Rwirangira utuye muri Canada;

Serge Iyamuremye utuye muri Amerika, Yverry utuye muri Canada, Stella Manishimwe uri muri Amerika, Deo Munyakazi uri muri Canada, Sahihi uri muri Amerika, The Blessed Sisters batuye i Burayi, Bright Patrick uba muri Canada n'abandi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...