Ibi Papa Leo XIV yabigarutseho mu butumwa yageneye
abitabiriye SIGNIS World Congress 2026, inama mpuzamahanga ihuza abanyamakuru,
abakora mu itumanaho n’itangazamakuru rya Kiliziya Gatolika, iri kubera i
Kigali kuva ku wa 3 kugeza ku wa 8 Kanama 2026.
Iyi nama yahuje intumwa zisaga 300 ziturutse mu bihugu
birenga 40 byo ku migabane yose y’Isi, zigamije kuganira ku buryo itumanaho rya
digitale ryagira uruhare mu kubaka isi irangwa n’ubumwe, amahoro, kubahana no
kurengera ibidukikije.
Mu butumwa bwe bwasomwe n’Intumwa ya Papa mu Rwanda,
Musenyeri Arnaldo Catalan, Papa Leo XIV yavuze ko muri iki gihe ikoranabuhanga
n’imbuga nkoranyambaga byabaye igice gikomeye cy’ubuzima bwa buri munsi.
Yagaragaje ko itumanaho ridakwiye kurebwa gusa nk’uburyo bwo
kohereza amakuru, ahubwo ko rifite uruhare mu kurema imyumvire n’imico
y’abantu.
Yagize ati: “Muri iki gihe twita icy’ikoranabuhanga, ubuzima
bwacu ahanini bushingiye ku ikoranabuhanga no kuri murandasi. Itumanaho ryo ku
mbuga nkoranyambaga si ugutanga amakuru gusa, ahubwo ni uburyo bwo kurema
umuco, kuko rifite ubushobozi bwo guhindura uburyo abantu babona isi no kugira
ingaruka zikomeye ku mutimanama rusange.”
Papa Leo XIV yavuze ko ibiganiro biri kubera muri SIGNIS
World Congress 2026 bikwiye gufasha abanyamakuru kubona uburyo bushya bwo
gukoresha ikoranabuhanga mu nyungu z’abantu bose.
Yagize ati: “Ndizera ko ibiganiro muzagirana bizatanga
imbaraga nshya zo gutuma imbuga n’uburyo bw’itumanaho bikomeza guteza imbere
icyiza rusange cy’umuryango mugari w’abantu.”
Yasabye abitabiriye iyi nama gushakira hamwe uburyo
itangazamakuru n’ikoranabuhanga byashingira ku kuri no kubaha ubuzima bwa
muntu.
SIGNIS ni umuryango mpuzamahanga uhuza abanyamwuga mu
itumanaho rya Kiliziya Gatolika bo mu bihugu birenga 100 ku Isi.
Ugizwe n’abanyamakuru, abakora kuri radiyo na televiziyo,
abakora filime, abanditsi, abakora ku mbuga nkoranyambaga n’abandi bafite
uruhare mu kugeza ubutumwa n’indangagaciro ku bantu.
Iyi nama iba buri myaka ine. Iyaherukaga yabereye mu murwa
mukuru wa Koreya y’Epfo, Seoul muri muri 2022.
Abayitabiriye biteganyijwe ko bazaganira ku ruhare
rw’ikoranabuhanga mu kubaka amahoro, guteza imbere ubwiyunge, kurengera ukuri
no gukangurira abantu kwita ku bidukikije.
Mu gusoza ubutumwa bwe, Papa Leo XIV yasabye abanyamakuru
Gatolika gukomeza kuba abantu baharanira ukuri kandi bakoresha umwuga wabo mu
kubaka umuryango w’abantu urangwa n’ubumwe n’amahoro.
SIGNIS World Congress 2026 izasozwa ku wa 8 Kanama 2026, nyuma y’iminsi itandatu y’ibiganiro, amahugurwa n’ibikorwa bigamije kongerera ubushobozi abakora mu itumanaho Gatolika gukoresha itangazamakuru n’ikoranabuhanga mu kwamamaza ukuri, amahoro n’iterambere rirambye.
![]()
![]()
![]()