Itorero rya The Salvation Army ryafunguye ishuri rishya “Legacy Academy” – AMAFOTO

Iyobokamana - 12/03/2026 12:46 PM
Share:

Umwanditsi:

Itorero rya The Salvation Army ryafunguye ishuri rishya “Legacy Academy” – AMAFOTO

Itorero rya The Salvation Army rimaze imyaka irenga 30 rikorera mu Rwanda kandi mu buryo bwemewe, ryafunguye ku mugaragaro ishuri ‘Legacy Academy” rigamije gutanga uburezi ku banyarwanda bose.

Ni ishuri riherereye mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Runda ryari rimaze igihe rifunguye, ryakira abanyeshuri biga kuva mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza kugera mu mwaka wa kane aho ubu ryari rifite abanyeshuri 184 gusa rikaba riteganya ko muri Nzeri bazafungura kugera mu mwaka wa gatandatu.

Uyu muhango wo gufungura iri shuri wayobowe n’umunyamabanga Mukuru wa The Salvation Army World Service Office, Lt Colonel John Brackenbury, ari kumwe n’abayobozi b’iri torero ku rwego rw’u Rwanda, Lt Colonels Emmanuel Ndagijimana na Dancille Ndagijimana ndetse na Major Tracey Hughes wakurikiranye uyu muhango yifashishije internet.

Igikorwa cy’ingenzi cyaranze uwo munsi ni ugukata umugozi (ribbon-cutting), nk’ikimenyetso cyo gutangiza ku mugaragaro iri shuri ndetse no gutanga amahirwe ku bana bo muri aka gace.

Abayobozi, abashyitsi, ababyeyi, abarimu, abakirisitu ba The Salvation Army, abiga mu ishuri ndetse n’abana bitabiriye uwo muhango, bishimiye cyane kubona iri shuri rifunguwe ku mugaragaro, rikaba rizaba ahantu ho kwigira, gukura no guhindurira ubuzima bw’abana.

Umuyobozi Mukuru wa The Salvation Army Rwanda Territory, Lt Colonel Emmanuel Ndagijimana, yavuze ko ishingwa rya Legacy Academy rihura n’icyerekezo rusange cy’iri torero ku rwego rw’Isi, kizwi nka Compass of The Salvation Army International, gishingiye ku nkingi eshatu zirimo abantu, ubutumwa ndetse n’umurage usigirwa abazaza.

Yavuze ko umwe mu murage ukomeye ababyeyi bashobora gusigira abana babo ari uburezi. Binyuze mu ishingwa rya Legacy Academy, The Salvation Army isigira umuryango nyarwanda umurage w’ishuri rifasha abana kurerwa neza, guhabwa ubumenyi n’ubumenyingiro ndetse no gutegurirwa kuzaba abayobozi beza kandi bafite inshingano mu gihe kizaza.

Itorero The Salvation Army ryashinzwe n’umupasiteri w’Umwongereza witwaga William Booth hamwe n’umugore we Catherine Booth. Batangiye umurimo wabo mu 1865 mu mujyi wa London, bagamije gufasha abakene, abatagira aho baba n’abantu bari baribagiranye na sosiyete.

Mu ntangiriro, iri torero ryitwaga East London Christian Mission, ariko mu 1878 rihindurirwa izina riba The Salvation Army.

Izina “Army” (ingabo) ryatoranyijwe kugira ngo rigaragaze ko abagize iri torero bakora umurimo w’Imana nk’abasirikare barwana intambara y’umwuka n’iyumubiri. Ni yo mpamvu abayobozi bawo bakoresha amazina ajya gusa n’ay’igisirikare nka: General, Colonel, Lt Colonel, Major, Captain, Lieutenant, …

The Salvation (Agakiza) bisobanuye ko ari ingabo ziharanira agakiza ku bantu bose ndetse no kubana neza muri sosiyete. Uyu munsi The Salvation Army ukorera mu bihugu birenga 130 ku isi.

Umunyamabanga Mukuru wa The Salvation Army World Service Office, Lt Colonel John Brackenbury, ari kumwe n’abayobozi b’iri torero ku rwego rw’u Rwanda, Lt Colonels Emmanuel Ndagijimana na Dancille Ndagijimana

Itorero The Salvation Army rikomeje kwagura ibikorwa byaryo binyuze mu gutanga uburezi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...