Ni
urugendo rutari ugutaramira gusa, ahubwo rufite igisobanuro cyihariye cyo
gukomeza guhuza Abanyarwanda baba mu mahanga n'umuco w'igihugu cyabo, binyuze
mu mbyino gakondo, indirimbo z'umuco n'imihamirizo bimaze igihe biranga iri
torero.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Umuyobozi w'Itorero Inyamibwa, Rusagara Rodrigue,
yavuze ko iri torero rihaguruka ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali i
Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Nyakanga 2026, rikaba
rizamara iminsi itanu muri Misiri.
Yagize
ati: "Itorero Inyamibwa rigiye gutaramira mu gihugu cya Misiri mu gihe
cy'iminsi itanu, rikaba rigiye gutaramira Abanyarwanda ndetse no gufasha
Abanyarwanda kwizihiza Umunsi Mukuru wo Kwibohora ugiye kuba ku nshuro ya
32."
Yasobanuye
ko uru rugendo ruturutse ku myiteguro yamaze igihe, ndetse rukaba runafungura
gahunda nshya yo kurushaho kwegera abakunzi b'Itorero Inyamibwa batuye mu bice
bitandukanye by'Isi.
Ati:
"Twari tumaze iminsi mu myiteguro. Ariko kandi iki gitaramo kiri muri
gahunda dutangiye yo kwitegura igitaramo dufite kizaba mu kwezi kwa Werurwe
2027, no kwegera abakunzi bacu bari mu bihugu bitandukanye byo ku Isi."
Umuco nyarwanda
ukomeje kwambuka imipaka
Mu
myaka ishize, Itorero Inyamibwa ryabaye kimwe mu bimenyetso by'ubukungu
bw'umuco nyarwanda, aho ibikorwa byaryo byarenze imbibi z'igihugu rikomeza
kwitabazwa mu birori bikomeye bihuza Abanyarwanda n'abanyamahanga.
Urugendo
rwo kujya muri Misiri rwiyongera ku ntego yaryo yo gukomeza kumenyekanisha
indangagaciro z'umuco nyarwanda no kuwugeza ku Banyarwanda baba hanze
y'igihugu, cyane cyane mu bihe by'ingenzi nk'Umunsi Mukuru wo Kwibohora.
Biteganyijwe
ko abazitabira ibi birori bazasusurutswa n'imbyino gakondo, imihamirizo
n'ubuhanga bwaranze iri torero kuva ryashingwa.
Ryakomotse i Huye,
rihinduka ikimenyabose
Itorero
Inyamibwa ryatangiriye muri Kaminuza y'u Rwanda i Huye, mbere yo kwagukira no
mu Mujyi wa Kigali, cyane cyane muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya CST. Mu
rugendo rwarwo, ryagiye ryiyubaka kugeza riba rimwe mu matorero akomeye kandi
yubashywe mu gihugu.
Ryagiye
ryegukana imyanya ya mbere mu marushanwa atandukanye y'imbyino gakondo,
ryubakira izina ku buhanga bw'ababyinnyi n'abaririmbyi baryo ndetse no ku rwego
rw'ibitaramo ritegura.
Uretse
amarushanwa, Inyamibwa ryabaye umushyitsi mu maserukiramuco n'ibirori bikomeye
birimo Ubumuntu Arts Festival, MTN Iwacu Muzika Festival, n'ibindi bikorwa
bikomeye by'igihugu n'iby'abikorera.
Uyu
munsi, iri torero rimaze kugira abanyamuryango barenga 180, barimo abaririmbyi
n'ababyinnyi, bakomeje gutanga ibyishimo mu birori bya Leta, iby'abikorera
n'iby'imiryango itandukanye.
Urugendo
rugana muri Misiri rugaragaza indi ntambwe mu nzozi z'Itorero Inyamibwa zo
gukomeza kuba ambasaderi w'umuco nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, rwereka
amahanga ubwiza bw'imbyino gakondo n'indangagaciro zishingiye ku muco w'u
Rwanda, mu gihe Abanyarwanda bo hirya no hino ku Isi bizihiza imyaka 32 igihugu
kimaze kibohowe.

Igitaramo
cy’Itorero Inyamibwa mu Misiri kiri mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda n’inshuti
zabo bahatuye kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32
