Ku
wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026, Itorero Intayoberana ryizihije imyaka 12
rimaze rishinzwe binyuze mu gitaramo cyiswe "Gira u Rwanda",
cyahuriyemo abakunzi b'umuco, abahanzi, inshuti z'iri torero n'abifuzaga
kongera kwibutswa ko umuco ari imwe mu nkingi z'ubuzima bw'igihugu.
Saa
moya z'umugoroba, urusaku rw'ingoma rwabimburiye ibindi, ruhita rutera
akanyamuneza mu bari bateraniye muri Serena Hotel. Ihema ryose ryari
ryarimbishijwe mu buryo bugaragaza umuco nyarwanda, kuva ku rubyiniro kugeza mu
buryo abitabiriye bari bakiriwe, bituma umuntu yumva yinjiye mu ishusho y'u
Rwanda rwa kera ariko rureba kure.
Mu
gutangiza iki gitaramo, umukirigitananga Mama Christine yerekanye ubuhanga bwe
mu gucuranga, mbere y'uko hakurikiraho igisigo "Gira u Rwanda",
cyagarukaga ku mateka y'igihugu n'urugendo rwa Intayoberana rumaze imyaka 12
rwubaka umurage waryo.
Kimwe
mu bihe byakoze ku mitima y'abari bitabiriye ni filime mbarankuru yamaze
iminota 36, yagaragaje amateka y'Itorero Intayoberana kuva ryashingwa kugeza
aho rigeze uyu munsi.
Iyo
filime ntiyagarutse gusa ku bitaramo ryakoze cyangwa ku rugendo rwaryo mu
bihugu bitandukanye, ahubwo yagaragaje abantu baryubatse, ubwitange bwabo
n'uburyo iri torero ryabaye ishuri ry'ubuzima ku rubyiruko rwinshi.
Abatangiranye
na Intayoberana bagarutse ku byo bungukiye muri uru rugendo, bavuga ko batize
kubyina gusa, ahubwo banakuze mu ndangagaciro zirimo gukorera ku gihe,
kubahana, gukunda igihugu, kwihangana no gukora akazi kinyamwuga.
Filime
yanagaragaje ko Intayoberana itarebera umuco mu mbyino gusa, ahubwo yawugize
uburyo bwo kubaka umuntu ufite indangagaciro n'icyerekezo.
Nyuma
yayo, Umuyobozi Wungirije wa Intayoberana, Nick Dimpoz, yibukije ko inshingano z'iri
torero zirenze kure kubyina.
Yagize
ati "Intayoberana tugendera ku bintu byinshi; si ukubyina gusa, ahubwo
tugira indangagaciro za Kinyarwanda, dukunda umuco wacu kandi tuwusigasire. Ni
yo mpamvu tunatoza abana gutambuka intambwe ya mbere, bakazamuka kugeza bageze
hejuru."
Aya
magambo yahise ashimangira intego y'iri torero yo kubaka urubyiruko ruzakura
rufite umuco nk'indangamuntu.
Mu
bice byakurikiyeho, abagize Intayoberana basusurukije abitabiriye binyuze mu
mbyino gakondo, indirimbo n'ingoma byahurijwe hamwe mu buryo bwashimangiye
ubukungu bw'umuco nyarwanda.
Ku
rubyiniro kandi hagaragaye ibikoresho gakondo birimo amasuka, ibyatsi, ibyibo
n'inkangara, byifashishijwe mu kubaka amashusho y'imibereho y'Abanyarwanda bo
hambere. Byari ibihangano byahurije hamwe amateka, ubuhanzi n'ubutumwa.
Abagize
iri torero banaririmbye indirimbo yaryo, igaragaza umuhamagaro wo kwiga
amateka, gukunda igihugu no gusigasira umuco nk'umurage uzahoraho.
Iki
gitaramo cyongeye kwerekana ko imbyino gakondo atari uburyo bwo kwidagadura
gusa, ahubwo ari ururimi ruvuga amateka, rukigisha indangagaciro kandi rugahuza
ibisekuru.
Mu
myaka 12 ishize, Intayoberana rwabaye urubuga rwafashije urubyiruko rwinshi
kwiga kubyina, kuririmba, gucuranga inanga n'ingoma, ariko ikirenze byose
rwigishwa gukunda igihugu no kubaha umuco.
Ryashinzwe
na Kayigemera Sangwa Aline mu 2014, ritangira nk'itsinda ryifuza kuzahura umuco
nyarwanda, ariko uko imyaka yagiye ishira rihinduka kimwe mu bimenyetso
byerekana ko umuco ushobora kuba umwuga, ishema ndetse n'ubukerarugendo.
Mu
rugendo rwaryo, Intayoberana rumaze gutegura ibitaramo byinshi byagiye bitanga
ubutumwa butandukanye. Byatangiriye kuri "Umugani wa Nyabugu na
Nyabucurere", hakurikiraho "Umwana ni nk'undi, Umwana ni
umutware", "Twambaye Icyizere", "Urizihirwe Rwanda",
"Igitaramo Iwacu", "Akanigi Kanjye", kugeza kuri "Gira
u Rwanda" cyabaye ikimenyetso cy'imyaka 12 y'iri torero.
Iri
torero rimaze gukora ibitaramo birenga 250 mu bihugu bisaga 25, ryitabira
amaserukiramuco atandukanye ku migabane itandukanye ndetse rihagararira u
Rwanda mu bikorwa byo kumenyekanisha umuco.
Mu
bikorwa byaryo by'ingenzi harimo no kuba ryaratoranyijwe gufungura ibirori byo
kwakira indege ya RwandaAir, kimwe mu bihe bavuga ko byaberekanye ko igihugu
kibafitiye icyizere mu kwamamaza isura yacyo.
Buri
rugendo bakoze hanze y'u Rwanda rwabaye amahirwe yo kwereka amahanga ko imbyino
gakondo z'u Rwanda zitari imyidagaduro gusa, ahubwo ari uburyo bwo kuvuga
amateka y'igihugu, kwamamaza ubukerarugendo no kubaka isura nziza y'u Rwanda.
Nyuma
y'imyaka 12, Intayoberana ntirikiri itsinda risanzwe ry'ababyinnyi. Ryabaye
ishuri ry'umuco, urubuga rwubaka urubyiruko n'ikirango cyerekana ko umurage
w'Abanyarwanda ushobora kubungabungwa hadatakaye umwimerere wawo, ariko
ugakomeza kugendana n'ibihe.
Niyo mpamvu ubutumwa bwa "Gira u Rwanda" butarangiriye ku rubyiniro rwa Serena Hotel. Bwabaye ubutumire ku Munyarwanda wese bwo gukunda igihugu, kubungabunga umuco no kuwusigira abazadukomokaho, kuko igihugu gikomera iyo umuco wacyo ukomeza kuba ishema ry'abagituye n'abarureba.




Umusizi Junior Rumaga yitabiriye igitaramo "Gira u Rwanda" cy'Itorero Intayoberana cyabereye mu ihema rya Serena Hotel

Umuyobozi w'Itorero Inganzo Ngari, Serge Nahimana [Uri iburyo] yanyuzwe n'igitaramo cy'itorero Intayoberana


'Ibirezi', Abakobwa b'itorero Intayoberana bagaragaje ubuhanga muri iki gitaramo cyahujwe no kwizihiza imyaka 12 ishize







Intayoberana ryizihije imyaka 12 rimaze rishinzwe binyuze mu gitaramo cyiswe "Gira u Rwanda"





Umuyobozi Mukuru w'Itorero Intayoberana, Sangwa Kayigemera Aline yashimye abashyigikiye mu rugendo rw'imyaka 12 ishize


umukirigitananga Mama Christine yerekanye ubuhanga bwe mu gucuranga, mbere y'uko hakurikiraho igisigo "Gira u Rwanda"





Abatangiranye na Intayoberana bagarutse ku byo bungukiye muri uru rugendo



Intayoberana basusurukije abitabiriye binyuze mu mbyino gakondo, indirimbo n'ingoma byahurijwe hamwe



Abagize
iri torero banaririmbye indirimbo yaryo, igaragaza umuhamagaro wo kwiga
amateka, gukunda igihugu no gusigasira umuco nk'umurage uzahoraho





Mu myaka 12 ishize, Intayoberana rwabaye urubuga rwafashije urubyiruko rwinshi kwiga kubyina, kuririmba, kuvuza inanga n'ingoma






KANDA HANO UREBE UKO IGITARAMO 'GIRA U RWANDA' CY'ITORERO INTAYOBERANA CYAGENZE
Kanda hano ubashe kureba amafoto menshi yaranze igitaramo "Gira u Rwanda"
AMAFOTO: Dox Visual/ InyaRwanda
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda
