Itorero Intayoberana rigiye gukora igitaramo cyo kwishimira ‘u Rwanda dufite’

Imyidagaduro - 04/03/2026 12:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Itorero Intayoberana rigiye gukora igitaramo cyo kwishimira ‘u Rwanda dufite’

Itorero Intayoberana rizwi cyane mu mbyino gakondo, ryatangaje ko riri mu myiteguro yo gukora igitaramo cyihariye bise “Gira u Rwanda”, kizaba ku wa 25 Nyakanga 2026. Ni igitaramo kigamije kwishimira u Rwanda rutekanye kandi ruteye ishema, no gukangurira urubyiruko gukomeza kurwubaka.

Mu kiganiro Sangwa Kayigemera Aline uyobora iri torero yagiranye na InyaRwanda, yasobanuye ko izina ry’iki gitaramo rifite igisobanuro gikomeye ku Banyarwanda bose.

Yagize ati: “Igitaramo twateguye cyitwa ‘Gira u Rwanda’ ikaba intashyo ndetse n’indamukanyo itubereye twese abana b’u Rwanda. Ndetse buri wese akagira ati ‘Rurakampama’. Ni igitaramo gishingiye ku kwishimira by’ukuri u Rwanda dufite, rufite umutekano n’amahoro bisesuye. U Rwanda dukwiriye gutarama tukaruvuga imyato, tukarwishimira uhereye ku mukuru kugeza ku muto.”

Yakomeje ashimangira ko ari umukino ugamije gushishikariza urubyiruko gukora cyane, kudacika intege no kugira icyizere cy’ejo hazaza heza.

Ku bijyanye n’ibyo abazitabira bazahabona, Sangwa Aline yavuze ko biteguye gutanga ibyishimo birenze ibisanzwe. Ati: “Abantu bitege gutaramirwa mu buryo budasanzwe bufite umwimerere kandi kinyamwuga.”

Intayoberana si ubwa mbere igiye gutegura igitaramo cyagutse. Ku wa 25 Ukuboza 2022, bahuje amagana y’abantu mu gitaramo cyabereye ahahoze ari kuri L’Espace bise “Igitaramo Iwacu”, cyari kigamije kuzahura uburyohe bwo gutarama, gusabana no gukunda umuco nyarwanda. Cyagaragaje uburyohe n’ubukungu biri mu muco w’u Rwanda.

Mu 2018, iri torero ryakoze igitaramo gikomeye cyiswe “Twambaye Ikirezi”, cyagaragaje ibyiza bigize umuco w’u Rwanda n’ubudasa bwawo mu ruhando mpuzamahanga.

Mu Ugushyingo 2023 nabwo bakoze igitaramo “Akanigi Kanjye”, cyari kigamije gutaramira Abanyarwanda no gukumbuza abakunda umudiho gakondo.

Igitaramo “Gira u Rwanda” gitegerejwe nk’icyo gukomeza gusigasira umuco nyarwanda no kuwugeza ku rubyiruko mu buryo bugezweho ariko butarimo gutandukira umwimerere.

Ku wa 25 Nyakanga 2026, abakunzi b’umuco nyarwanda bazaba bahuriye hamwe mu ijoro ryo gutarama, kwishima no kongera kwibutsa buri wese ko u Rwanda ari urwabo – kandi rukwiye kururirimbirwa no kuruvuga imyato.

Amatorero gakondo nka Itorero Intayoberana afite uruhare rukomeye mu gufasha urubyiruko kumenya imbyino gakondo no guteza imbere umuco nyarwanda mu buryo bufatika kandi burambye.

Amatorero yakira abana n’urubyiruko bakabatoza imbyino nk’intore, imbyino z’umuco wo mu turere dutandukanye, kuririmba indirimbo gakondo no gucuranga ibikoresho nka inanga n’ingoma. Ibi bituma abakiri bato bakurana indangagaciro z’umuco wabo aho kuwumenya ari uko bawubwiwe gusa.

Imbyino gakondo si ukwigaragaza ku rubyiniro gusa; zirimo inyigisho z’ubutwari, ubupfura, gukorera hamwe no kubaha. Iyo urubyiruko rwinjiye mu itorero, rwigishwa imyitwarire myiza, kwigirira icyizere no kumenya kuvugira igihugu cyarwo mu ruhame.

Amatorero ahuza abakuru n’abato. Abakuze batanga ubumenyi, abakiri bato bakazana imbaraga n’udushya. Ibi bituma umuco ukomeza kubaho mu buryo bujyanye n’igihe.

Itorero Intayoberana ryateguje igitaramo “Gira u Rwanda” kizaba ku wa 25 Nyakanga 2026, kigamije kwishimira u Rwanda rwatekanye no gukangurira urubyiruko gusigasira umuco nyarwanda


“Gira u Rwanda” si igitaramo gisanzwe; ni intashyo y’ishimwe n’icyizere ku gihugu, aho Intayoberana yiteguye gutaramira abantu mu buryo bw’umwimerere kandi kinyamwuga


Mu gukomeza urugendo rwo guteza imbere umuco, Intayoberana irategura igitaramo kizahuza abakunzi b’imbyino gakondo mu ijoro ryo kuririmba no kuvuga imyato u Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...