Itorero Inganzo Ngari rigiye gukora igitaramo cy’imyaka 20 ishize ribonye izuba

Imyidagaduro - 18/02/2026 6:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Itorero Inganzo Ngari rigiye gukora igitaramo cy’imyaka 20 ishize ribonye izuba

Itorero Inganzo Ngari ryatangaje ko riri mu myiteguro y’igitaramo gikomeye kizaba gishingiye ku kwizihiza imyaka 20 rimaze ribonye izuba, ni urugendo bavuga ko rwaranzwe no guteza imbere no kwimakaza umuco nyarwanda imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, ni bwo iri torero ryemeje ko igitaramo cyabo kizaba tariki 7 Kanama 2026. Ni igitaramo bavuga ko kizaba ari icy’amateka, kizashimangira imyaka y’akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga no guteza imbere umuco w’u Rwanda.

Inganzo Ngari yashinzwe mu 2006, itangira urugendo rwo kugaragaza umuco nyarwanda mu buryo bugezweho ariko budatakaje umwimerere. Mu myaka yakurikiyeho, iri torero ryabaye rimwe mu matorero y’icyitegererezo, ribyara ababyinnyi, abaririmbyi n’abahanzi bagiye bagaragaza impano zabo no ku rwego mpuzamahanga.

Kuva mu 2009, bakoze ibitaramo bikomeye byasize izina rikomeye mu mitima y’abakunzi b’umuco. Mu 2009 bakoze igitaramo bise ‘Inganzo Twaje’, mu 2010 bakora ‘Umuco kagozi ka Bugingo kabuza u Rwanda gucika’.

Tariki ya 25 Nzeri 2011 bakoze ‘Bwiza bwa Mashira budashira irora n’irongorwa’, mu gihe ku wa 10 Ugushyingo 2013 bakoze ‘Inzira ya Bene u Rwanda’.

Ku wa 25 Ukwakira 2015 habaye ‘Ruganzu I Bwimba’, mu 2018 bakora ‘Urwamazimpaka’, naho ku wa 8 Kanama 2023 bakora igitaramo gikomeye bise ‘Ruganzu II Ndoli Abundura u Rwanda’.

Muri ibi byose, buri gitaramo cyagiye kiba umwanya wo kongera kwibutsa abakunzi babo inkomoko, amateka n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

“Tubarusha Inganji” yasize igisobanuro gikomeye

Mu bitaramo biheruka byavugishije benshi, harimo ‘Tubarusha Inganji’ bakoreye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ku wa 1 Kanama 2025, cyahuriranye n’Umunsi w’Umuganura.

Iki gitaramo cyari igihamya cy’uko Inganzo Ngari idahwema kwagura imbibi z’imitegurire n’imyiyereko, binyuze mu mbyino, indirimbo n’imyambaro gakondo igaragaza ishusho y’umuco nyarwanda uko wagiye utera imbere mu bihe bitandukanye.

Uretse ibitaramo byabo bwite, Inganzo Ngari yagiye igaragara no mu bitaramo by’abahanzi b’ibyamamare barimo Cecile Kayirebwa na Intore Masamba, aho batanga umwihariko w’imbyino n’imyiyereko ishingiye ku muco gakondo.

Bafite umwihariko wo kwambara imyenda gakondo igaragaza ubwiza n’ubusizi by’umuco nyarwanda, bakayihuza n’imiririmbire y’indirimbo z’umwimerere zishingiye ku mateka n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Igitaramo giteganyijwe tariki 7 Kanama 2026 kitezweho kongera guhuza abakunzi b’umuco gakondo, abahoze ari abanyamuryango b’iri torero ndetse n’urubyiruko rukomeje kurikurikirana.

Ni igitaramo kizaba ari umwanya wo kureba aho batangiriye n’aho bageze, ariko kandi kikaba n’igihe cyo kwerekana icyerekezo cy’imyaka iri imbere.

Nyuma y’imyaka 20, Inganzo Ngari ikomeje kwerekana ko umuco ari inkingi y’ubumwe n’iterambere, kandi ko ushobora gutambuka ibihe byose udasaza.

Ku bakunzi b’umuco nyarwanda, tariki 7 Kanama 2026 izaba itariki y’amateka – umunsi Inganzo Ngari izongera kwandika indi paji mu gitabo cy’urugendo rwayo.

Itorero Inganzo Ngari ryateguje igitaramo gikomeye kizaba tariki 7 Kanama 2026, mu kwizihiza imyaka ibiri ishize ribonye izuba, urugendo rwaranzwe no guteza imbere umuco nyarwanda imbere no hanze y’u Rwanda


Inganzo Ngari ni rimwe mu matorero yabaye ishuri ry’ababyinnyi n’abaririmbyi bagiye bagaragaza isura nshya y’umuco nyarwanda, haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga


Kuva kuri ‘Inganzo Twaje’ mu 2009 kugeza kuri ‘Ruganzu II Ndoli Abundura u Rwanda’ mu 2023, Inganzo Ngari yakomeje gutanga ibitaramo byibutsa Abanyarwanda inkomoko n’indangagaciro z’umuco wabo

Mu myaka 20 ishize, Inganzo Ngari yakomeje kwerekana ko kubyina no kuririmba atari ukwishimisha gusa, ahubwo ari urugamba rwo kurinda no kwimakaza umuco nyarwanda mu bihe bigenda bihinduka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...