Ni
amarushanwa yasojwe kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026, mu birori
byabereye muri Camp Kigali, ahahuriye amatorero 10 akomeye n’abasizi 11
baturutse mu Ntara zose z’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali.
Ibi
birori byitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere
ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, abayobozi bahagarariye za Kaminuza n’Amashuri
Makuru n’abandi.
Itorero
‘Indangamuco’ za Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye [UR-Huye], ryegukanye intsinzi n’amanota
85.8%, ishimangira ko ubuhanzi gakondo bukomeje kuba igicumbi cy’impano
zikomeye mu rubyiruko rwo mu mashuri makuru.
Aya
marushanwa yari amaze amezi azenguruka igihugu, ategurwa na Minisiteri
y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, agamije gukundisha urubyiruko umuco
nyarwanda no kubereka ko ubuhanzi bushobora kuba isoko y’iterambere n’ubukungu.
Mu
cyiciro cy’ubusizi, Iradukunda Oscar wa UR Huye ni we wegukanye umwanya wa
mbere ku rwego rw’Igihugu n’amanota 84.2%, ahembwa Miliyoni 2 Frw, hiyongeraho
indi Miliyoni 1 Frw yatsindiye ku rwego rw’Intara ndetse n’inkunga azahabwa na
Ishobe Rwanda.
Manishimwe
Triphonie wa UR Nyagatare yegukanye umwanya wa kabiri n’amanota 84%, ahembwa
Miliyoni 1 Frw, mu gihe Nshimiyimana Bernard wa Muhabura Polytechnic yabaye uwa
gatatu n’amanota 83.8%, ahembwa 700,000 Frw.
Mu
matorero, nyuma ya Indangamuco yegukanye umwanya wa mbere, Itorero Impuruza rya
EAUR Kigali ryabaye irya kabiri rihembwa Miliyoni 5 Frw, mu gihe Inyamibwa rya
UR Nyarugenge ryabaye irya gatatu rihembwa Miliyoni 3 Frw.
Andi
matorero yageze ku cyiciro cya nyuma arimo Inganji y’Umuco (ICK Kabgayi),
Indatwa (UR Nyagatare), Indakomwa (RP Gishari), Ingeri y’Abeza (RP Karongi),
Inganzo (RP Kitabi), Igisubizo (INES Ruhengeri), Uruyange (UR Busogo) ndetse na
Impumuza (EAUR Kigali).
Mu
rwego rwo gushimira impano ku giti cyazo, hatanzwe ibihembo byihariye birimo: Felix
(UR Huye) wabaye umuririmbyi mwiza, Cyuzuzo (UR Busogo) wabaye umubyinnyi
mwiza, Bwimba (RP Gishari) wagaragaje ubuyobozi bwiza mu itorero, Isimbi Raissa
(UR Nyarugenge) wagaragaje ubuhanga mu kuyobora imbyino. Buri umwe muri aba
yahembwe 200,000 Frw.
Umunyamabanga
wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine
Umutoni, wari witabiriye isoza ry’aya marushanwa, yavuze ko uru rugendo
rwagaragaje ko urubyiruko rufite impano zikomeye.
Yagize
ati “Twabonye impano zidasanzwe. Ibi bitwereka ko urubyiruko rw’u Rwanda rufite
ubushobozi bwo guteza imbere ubuhanzi no kububyaza umusaruro.”
Yakomeje
ashimangira ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ubuhanzi, inkingi
y’ubukungu burambye”, isaba kureba ubuhanzi nk’urwego rurenze imyidagaduro,
ahubwo rukaba umuyoboro w’iterambere n’udushya.
Yanahamagariye
abashoramari kurushaho kureba uru rwego nk’isoko y’amahirwe n’iterambere
ry’igihugu.
Prof.
Kabera Callixte wa Kaminuza ya East Africa wavuze mu izina rya bagenzi be
bitabiriye amarushanwa y'imbyino gakondo n'Ubusizi mu Mashuri Makuru na
Kaminuza, yashimye Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi yateguye
amarushanwa y'imbyino gakondo n'Ubusizi.
Ati: "Ni iby'agaciro kuko bihesha ishema abahanzi ndetse n'abasizi, kandi
bigatanga icyizere ku rubyiruko rwo mu mashuri na Makuru na Kaminuza, kuko
n'igicumbi cy'ubuhanzi n'ubukungu burambye."
Yashimye
amatorero ndetse n'abisizi bitabiriye iri rushanwa, ashima impano zabo ndetse
n'ubumenyi "bwimbitse igihugu cyacu cyashingiraho mu guteza imbere
ubukungu bushingiye ku muco".
Ati: "Mwabonye ko koko ubuhanzi ari inkingi y'ubukungu burambye [...] Ibi ni ukurema icyizere cy'urubyiruko ko ubuhanzi ari inkingi y'ubukungu burambye." Yasabye Minisitiri y'urubyiruko n'iterambere ry'ubuhanzi 'gukomeza gutegura iki gikorwa gihuza abahanzi n'abasizi' kuko 'kirateza imbere urubyiruko, kirateza imbere abakora imyuga itandukanye, kandi ibihangano byabo bishobora gukurura ba mukerarugendo, ndetse n'igihugu cyacu muri rusange."
Ati: "Kaminuza ziriteguye gukomeza gukorana namwe mu guteza imbere
ubuhanzi, ndetse n'u Rwanda muri rusange."
Ibirori
byasojwe mu buryo bw’akataraboneka, aho umuhanzi gakondo Umukundo Gatore
n’itsinda bari kumwe bashimishije abitabiriye, banyuze mu ndirimbo zirimo
“Intore Bavuga” aherutse gushyira hanze. Ni mu gihe, Chrisy Neat yahuje
imbaraga na Bill Ruzima nabo basusurutsa abitabiriye.
Aya
marushanwa asize icyizere gikomeye ko urubyiruko rukomeje guha agaciro umuco
nyarwanda, rukawugira umusingi w’iterambere.

Itorero
Impuruza rya East African University – Kigali ryabaye irya kabiri ku rwego rw'Igihugu rihembwa Miliyoni 5 Frw


Manishimwe
Triphonie wa UR-Nyagatare yegukanye umwanya wa Kabiri mu Busizi ku rwego rw’Igihugu,
ahembwa Miliyoni 1 Frw




Umubyinnyi mwiza ni Cyuzuzo wa UR-Busogo




Abahanzi Chrisy Neat na Bill Ruzima bahuriye ku rubyiniro basusurutsa abitabiriye ibirori byo gusoza amarushanwa y'imbyino gakondo n'ubusizi mu Mashuri Makuru na Kaminuza

Umuhanzi mu njyana gakondo, Umukondo Gatore uherutse gusohora indirimbo 'Intore Bavuga' yataramiye abitabiriye

Dj Ira wamamaye mu kuvanga imiziki inyuranye, yasusurukije abitabiriye ibi birori yisunze indirimbo za gakondo zinyuranye
