Iki gitaramo kizabera
muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, aho kiyobowe
na The Ben, kizahuza impano zikomeye zaturutse mu Rwanda, Afurika y’Epfo,
Uganda ndetse na Danemark.
Abahanzi
bazaririmba ni ibyamamare bifite amateka akomeye muri muzika, bamwe bakaba
baraherukaga mu Rwanda cyangwa batarahagera na rimwe.
Mugisha
Benjamin, uzwi cyane nka The Ben, ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda
no mu bihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika. Amaze imyaka irenga 18 mu
muziki, ndetse yamamaye mu ndirimbo nka Amahirwe ya nyuma, Wigenda, Fine Girl,
Can’t Get Enough, Habibi n’izindi.
Kuva
yimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, The Ben yakomeje kuzamuka mu
ruhando mpuzamahanga. Ubu yagarutse gutaramira iwabo, aho azaba ari kumwe
n’itsinda ry’abacuranzi be mu gitaramo kizarangwa n’ubuhanga, amarangamutima
n’ubutumwa.
Boohle,
witwa Buhle Manyanthi, ni umwe mu bihangange muri Afro-house na Amapiano. Uyu
muhanzikazi ukomoka muri Afurika y’Epfo yamamaye mu ndirimbo nka Mama, Hama
Wena, na Wamuhle yakoranye na De Mthuda.
Azwiho
ijwi ririmo soul n’ubushobozi bwo gutanga amarangamutima mu bihangano bye. Kuri
iyi nshuro, ni ubwa mbere azaba ataramira mu Rwanda, mu gitaramo kibaye
amateka.
Vampino,
witwa Elias Kigozi, ni umwe mu bahanzi ba Dancehall bakomeye muri Uganda. Yatangiye
mu itsinda rya Benon & Vamposs, aza gukomeza ku giti cye. Indirimbo ye
Smart Wire yamugize icyamamare mu Karere.
Vampino
yagiye ataramira ku rwego mpuzamahanga, aririmba mu bihugu nka Jamaica, Kenya,
Nigeria n’ahandi. Aragaruka mu Rwanda mu gitaramo kizaranga ubufatanye
bw’Akarere.
Sir
Trill ni izina rikomeye mu njyana ya Amapiano, aho ijwi rye rikoreshwa mu
ndirimbo nyinshi zakunzwe nka John Wick, Banyana, uMsholozi n’izindi. Nubwo
yakomeje kumvikana mu bihangano bya kabuhariwe nka DJ Maphorisa, De Mthuda na
Kabza De Small, Sir Trill azaba ari ubwa mbere ageze mu Rwanda.
Touchline
Truth, witwa Thabo Mahlwele, ni umuraperi ukomeye muri Afurika y’Epfo uzwiho
ubuhanga mu kwandika no gutanga amagambo afite icyerekezo. Yamenyekanye mu
ndirimbo nka Thula, Actions Over Captions, na Abafana Aba Hot. Ubutumwa bwe
bugaruka ku buzima, ubusumbane n’icyizere, bikaba bimugira umwe mu baraperi
bubashywe mu gihugu cye.
Ubusanzwe,
Bizizi na Kaygee D’A King ni abahanzi babiri babarizwa muri Afurika y’Epfo
bagize uruhare rukomeye mu iterambere rya Amapiano. Indirimbo zabo nka Kokota
Piano, Banike n’izindi, zatangije icyerekezo gishya cy’uyu mudiho uri mu
y’iyoboye Afurika muri iki gihe.
Bizizi
azwiho imbyino zidasanzwe naho Kaygee ni umwe mu bateye intambwe mu guhuza
Afro-pop n’Amapiano. Bazaba bari ku rubyiniro mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Ariel
Wayz, witwa Uwayezu Ariel, ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda. Azwiho
kuririmba ‘Live’ neza, hamwe n’ijwi rifite ubushobozi bwo kugera ku ntera
nyinshi. Indirimbo ze nka Away, Good Luck, na Demo zatumye agira izina rikomeye
mu gihugu.
Ni
umwe mu bahanzikazi bahagarariye u Rwanda mu buryo buhebuje mu muziki w’ubu.
Muri iki gihe, ari mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival.
Kenny
Sol yahoze mu itsinda rya Yemba Voice. Yaje gutangira urugendo rwe ku giti cye,
amenyekana mu ndirimbo nka Say My Name, Joli, n’izindi. Ni umwe mu bahanzi bato
bafite ubuhanga bwo kwandika no kuririmba neza, akaba ari mu mazina akunzwe
cyane mu Rwanda muri iyi minsi.
Bushali,
witwa Hagenimana Jean Paul, ni umwe mu batangije injyana ya Kinyatrap mu
Rwanda. Indirimbo ye Kinyarwanda n’izindi nka ‘Niyibizi’, ‘Ku Gasima’ zamugize
icyamamare. Azwiho gusubiza ijambo urubyiruko, aririmba ubuzima bwa buri munsi
n’aho akomoka.
Sir
Kisoro ni umuhanzi ukizamuka muri Uganda, ariko wigaragaje cyane mu njyana ya
Afrobeat na Dancehall. Ari mu bakomeje kubaka izina mu Karere, by’umwihariko mu
bitaramo bikomeye.
STU
ni producer n’umucuranzi wo muri Afurika y’Epfo uzwiho gukora injyana ya
Amapiano. Azaba ari umwe mu bazafasha mu ishusho y’umuziki wa Music in Space
Band, no gususurutsa abitabiriye iki gitaramo.
Bjorn
Vido: Uyu ni umucuranzi ukomoka muri Danemark,
wamenyekanye cyane mu gukorana n’imishinga igaruka ku bidukikije. Yagiye
akorana na ba ‘Producers’ batandukanye ku mugabane w’u Burayi, ndetse akanaba
umwe mu bafite uruhare mu isakazamakuru ry’umuziki wa Space Boy.
Muri
iki igitaramo hazerekanwa na filime mpuzamahanga yitwa ‘Space Boy’ ivuga ku
mihindagurikire y’ikirere. Igice cya nyuma cy’iyo filime kizafatirwa muri
Kigali, aho Music in Space Band izakora igitaramo cy’iminota 45 kiri buze kujya
muri iyo filime.
Amatike aboneka ku rubuga www.ticqet.rw, aho uguze mbere ari ukwishyura 1,500 Frw. Ni amahirwe yo kuba mu gitaramo cy’amateka, aho u Rwanda ruzaba ruri ku rubyiniro mpuzamahanga, mu gitaramo cyateguwe na Kigali Protocol.
The
Ben ni we muhanzi Mukuru muri iki gitaramo ‘Music in Space’ kizabera muri Camp
Kigali, tariki 23 Kanama 2025
Vampino
wo muri Uganda agiye kongera gutaramira i Kigali mu gitaramo kizabera mu mbuga
cya Camp Kigali, aho kwinjira ku itike ya macye byashyizwe kuri 1,500 Frw
Boohle
wamamaye muri Afurika y’Epfo agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere
Music in Space ni igitaramo cy’impano, ubutumwa n’ubusabane