Isura yawe ntaho yakugeza! Isomo mu nzira yuzuye amacumu y'ibyamamare ku Isi birimo n'abo mu Rwanda

Imyidagaduro - 18/09/2021 10:11 PM
Share:
Isura yawe ntaho yakugeza! Isomo mu nzira yuzuye amacumu y'ibyamamare ku Isi birimo n'abo mu Rwanda

Ibyamamare binyuranye ku isi birimo n'aba hano mu Rwanda bagiye banyura mu nzira yo gucibwa intege binyuze mu bikorwa n’amagambo akomeretsa ariko bagakomeza kwatanya.

Hari abavuka inzira ziharuwe, ibyo bakora byabagize ibyamamare byaraboroheye kubigeraho kubera ubafasha bw'imiryango n'ibindi. Gusa abo ni bo bacye kandi babasha kuramba mu kazi. Hariho abakiri bato bifuza kuzamera nk'ibyamamare runaka babona banumva nyamara batazi inzira baciyemo bakibwira ko inzira baciyemo zari zoroshye ariko si ko biri rwose.

Uyu munsi INYARWANDA twabateguriye ibyamamare binyuranye byo mu Rwanda no hanze byagiye bivugwa nabyo ubwabyo bikaba byakivugira inzira y’amacumu byanyuze yuje gucibwa intege, mu bukene bukomeye ariko kuri ubu bakaba ari bo bafatirwaho urugero n’imbaga nyamwinshi.

Mu bo twabateguriye harimo abazwi mu Rwanda, Africa n’isi muri yose muri rusange.

Shakira w’imyaka 44 watangiye umuziki mu mwaka 1990 yatangiye afite munsi y’imyaka 13, akomoka mu gihugu cya Colombia, yigeze kuvuga ko urungano rwe rwajyaga rumubwira ko afite ijwi ribi rirutwa n'iry’ihene ariko ibyo ntiyabyitayeho yarabirenze birangira abaye icyamamare mpuzamahanga, rya jwi rye rikundwa na bose.

Enrique Iglesias w’imyaka 46 yatangiye umuziki mu mwaka wa 1995, akomoka kuri Espagne mwene Julio iglesias na Isabel Preysler. Se umubyara Julio n'ubwo nawe ari umuririmbyi wanaconzeho umupira w’amaguru ntiyigeze yifuza ko umwana we yaba umuririmbyi. Nyamara ubwo Iglesias yajyaga kwiga muri Amerika yatangiye umuziki mu mazina yandi, se ajya kubimenya byararenze igaruriro.

Davido w’imyaka 28 yavutse ku mushoramari ukomeye, Adedeji Adeleke na Veronica Adeleke. Yinijye mu muziki mu mwaka wa 2010, inzira yari igoye kuko se atigeze na rimwe yifuza ko umuhungu we yajya mu bintu by’imiziki. Yarwanije Davido yabonaga ntaho yazamugeza. Hari aho yigeze gukoresha ububasha bwe maze atageka polisi guhagarika igitaramo cya Davido.

Urugendo rw’umuraperi wababaje benshi w’umunyarwanda witwa Jay Polly wafatwaga nk’umwami w’injyana ya Hip Hop nawe ntirwamworoheye nk'uko byagiye bigarukwaho yaba abo babanye mu muziki ndetse n’umuvandimwe we Uwera Jean Maurice. Uyu mukuru wa Jay Polly, yahishuye byinshi byaranze ubuzima bw'uyu muraperi nyuma y'uko yitabye Imana. Aragira ati:"Murumuna wanjye yari umugabo kuko namubwiraga kunyura aha akanga akanyura aho ashaka."

Aha yagarukaga ku buryo atakunze guhuza na Jay Polly murumuna we yarushaga imyaka irindwi kuko yumvaga atifuza ko yaba umuraperi akaba ahubwo yaramwifurizaga ubuzima busanzwe. Gusa Jay Polly yakomeje guhangana. Hari igihe Jean Maurice yigeze gukupira Jay Polly ibyuma ari ku rubyiniro i Gikondo, nyamara byaje kurangira mukuru we, Maurice amubereye umufana wa mbere kandi umwubaha akanamugira inama. Bull dogg wabanye na Jay Polly, nawe yemeje ko hari ubwo bararaga batariye ubundi bakaba nta n'inote y’igihumbi bafite.

Riderman w’imyaka 34 mwene Etienne Rukwavu na Peruth Kantetere, umugabo ufite izina rikomeye muri iyi myidagaduro nyarwanda, nawe mu gutangira umuziki kwe avuga ko Se umubyarwa atabyumvaga. Nk'umubyeyi wo hambere, yari afite impungenge ko umuhungu we Riderman agiye kuba Sagihobe kubera kujya mu muziki. Nyamara Rusake yakomeje kubika kugeza Se yemeye.

Riderman yavuze ko yumvaga agiye kuva mu muziki akigira mu bucuruzi busanzwe ariko se wari warahoze adashaka umuhungu mu muziki ni we wamubujije amugaragariza ko adakwiye kureka umuziki kuko hari byinshi wamugejejeho kandi ko yaba atengushye abafana be.

Itahiwacu wamamaye nka Bruce Melodie nawe yagiye acibwa intege na benshi ndetse bivugwa ko hari umunyamakuru wamubwiye ko isura ye ari mbi idashamaje ko ntaho izamugeza, nyamara ubu ni umuhanzi ufatwa nka nimero ya mbere mu bakorera umuziki mu gihugu, akaba afatanya umuziki n’ubucuruzi akora na kompanyi zimwifashisha mu kwamamaza ibikorwa byazo, umuhanzi wishimirwa n’abari n’abategarugori batagira ingano.

Si abo bonyine ariko amateka yabo akwereka ko iyo uzi icyo ushaka ukagikorana imbaraga n'umwete ukanagira imyitwarire myiza abakurwanyaga birangira bakubereye abafana.


Shakira yatangiye umuziki ku myaka 13 acibwa intege n'inshuti ariko ntiyabivamo 

Enrique Iglesias yatangiye umuziki yiyita andi mazina kugira ngo Se Julio atazabimenya, birangira abimenye ariko byararenze igaruriro

Davido umuhungu w'umushoramari utarigeze yifuza na rimwe yifuza ko yaba umuhanzi kuko yagiye amurwanya nyamara birangira amubereye umufana

Riderman nawe yabanje kugorwa na se nyamara biza kurangira amubereye umufana w'akadasohoka umugira inama yo kudatenguha abafana be

Nyakwigendera Jay Polly Umwami wa Hiphop yagiye abangamirwa na mukuru we wifuzaga ko ajya mu masomo akazavamo umuntu ukomeye bitari mu muziki

Bruce Melodie uyoboye umuziki w'imbere mu gihugu nawe yaciwe intege na benshi barimo n'umunyamakuru wamubwiye ko isura ye idashamaje ntacyo yamugezaho, nyamara gukora hamwe n'umugisha w'Imana byaramuciriye inzira


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...