Isura mbi yambikwa Afurika iyihombya Miliyari 75$ buri mwaka

Ubukungu - 07/08/2025 7:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Isura mbi yambikwa Afurika iyihombya Miliyari 75$ buri mwaka

Afurika iri gutakaza akayabo ka miliyari 75$ buri mwaka kubera ivangura rikomeje kugaragara mu buryo ibarwamo ibyago byo kunanirwa kwishyura imyenda, bikagira ingaruka ku nyungu zishyuzwa iyo ibihugu by’Afurika bifata inguzanyo ku masoko mpuzamahanga.

Nk’uko byagarutsweho na Samaila Zubairu, Perezida w’Ikigo Africa Finance Corporation (AFC), ivangura rishingiye ku ishusho mbi ihabwa Afurika niyo mpamvu ituma ibihugu byayo byishyuzwa inyungu zihanitse zidahuye n’ukuri kw’imiterere y’ubukungu bwabyo.

Ati: “Ibipimo by’uko Afurika yananirwa kwishyura byarakabirijwe. Ibyo bivuze ko Afurika iri kwishyura ikiguzi cy’ivangura kingana na miliyari 75$ buri mwaka. Ni amafaranga menshi cyane.”

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Moody’s Ratings mu 2024 bwerekanye ko amanota Afurika ihabwa ku buryo yishyura imyenda (default risk) ahuye neza n’ay'ibihugu bifite urwego rungana, ariko ntibibuza abashoramari kutanga imyenda bayishyizeho inyungu zihanitse, zishingiye ku byago bidafite ishingiro.

Ibi binagaragazwa na Banki y’Isi, yerekana ko hagati ya 2010 na 2020, Afurika ari wo mugabane wa kabiri wagize ibyago bike byo kunanirwa kwishyura inguzanyo z’ibikorwaremezo, ariko amahugurwa y’imyenda yayo aracyatangwa ku nyungu iri hejuru cyane ugereranyije n’indi migabane.

Mu nama mpuzamahanga yabereye i Lagos muri Nigeria, Ndidi Okonkwo Nwuneli, Perezida w’umuryango One Campaign, yavuze ko inyungu abashoramari bungukira ku nguzanyo za Afurika iri hejuru cyane.

Ati: “Impapuro z’imyenda za Afurika zigaragaza inyungu ya 9.8%, mu gihe iza Amerika y’Epfo zigaragaza 6.5%. Kandi mu myaka 30 ishize, ishoramari mu bikorwaremezo bya Afurika ryatanze inyungu inshuro 6 kurenza izigaragazwa n’Isoko ry’Imari rya Amerika (S&P 500). Ni byo, hari ibyago, ariko hari n’inyungu yizewe.”

Afurika irakataje mu gukora ibipimo byayo bwite

Kubera izi mpamvu, haravugwa ubusabe bw’uko ibihugu bya Afurika byagira gahunda ihamye yo gutangaza imibare isobanutse y’ubukungu n’imikorere y’ibikorwa by’ishoramari, kugira ngo amanota cyangwa ibyemezo bishingiye ku bukungu bibe bifite ishingiro, aho gushingira ku marangamutima cyangwa imyumvire ishingiye ku mateka y’ivangura.

Ibihugu byinshi bya Afurika ndetse n’ibigo byayo byagiye bigaragaza ko bitizera uburyo amanota y’ubukungu atangwa n’ibigo mpuzamahanga nka Fitch Ratings, Moody’s na S&P Global Ratings, bikomeje kugaragaza kutamenya neza imiterere y’ubukungu bwa Afurika no kudaha agaciro ibimenyetso by’ukuri.

Mu rwego rwo guhangana n’ibi bibazo, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) watangaje ko uri gutegura ishingwa ry’ikigo cyawo kizajya gitanga amanota y’ubukungu, gishingiye ku bushishozi n’ukuri kugaragaza iby’akarere. Biteganyijwe ko raporo ya mbere y’icyo kigo izasohoka bitarenze impera za 2025 cyangwa intangiriro za 2026.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...