Issa
Bigirimana yeruye atangaza ko urukundo rwe na Uwase Carine rumaze amezi 4
rwararangiye kuko batandukanye mu Ugushyingo 2021.
Inkuru
y’urukundo rwa Issa na Carine yavuzwe cyane muri Kamena 2019 ubwo uyu mukinnyi yateraga
ivi agasaba Carine ko yazamubera umugore undi arabyemera, mu birori byabereye
Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.
Uyu
rutahizamu yavuze ko yatandukanye na Carine yari yaranamaze gufata itariki
y’ubukwe, aho bwagombaga kuba mu mpera z’umwaka ushize.
Anganira
n’ikinyamakuru Isimbi, Issa yatangaje ko iby’urukundo rwe na Carine
byashyizweho akadomo imwaka.
Yagize
ati "Nibyo twaratandukanye, ntabwo ibyo twapfuye ari ngombwa kubivuga mu
itangazamakuru gusa hashize igihe, umwaka ushize mu kwezi kwa Kanama ".
“Ubukwe
bwari hafi, bwagombaga kuba tariki ya 1 Ugushyingo 2021 ".
Issa
ashimira Carine bamaranye imyaka itatu baryoherwa n’urukundo avuga ko
yamubereye umwana mmiza kandi yamubereye uw’ingenzi.
Mu
mwaka ushize hacicikanye amakuru ku mbuga nkornyambaga avuga ko urukundo rwa
Issa na Carine ruri ku manga nyuma yuko umwe afashe undi amuca inyuma, ndetse
bikaba birebire hafi yo kurwana, gusa ibyavugwaga bisa nkaho byari ukuri kuko
uyu mukinnyi ukina muri Zambia nyuma yaje gufata umwanzuro wo gutandukana n’uwo
biteguraga kurushinga.
Issa
Bigirimana yamenyekanye cyane muri APR FC cyane nk’umwe mu bakinnyi bakundaga
kwibasira Rayon Sports mu mukino bahuyemo, nyuma aza kuyerekezamo nyuma yo kuva
muri Yanga Africans, nayo yaje kuvamo yerekeza muri Zambia.
Mu 2019 Issa Bigirimana yari yateye ivi yambika impeta Carine
