Israel Mbonyi mu bantu 16 bashyizwe mu kanama ka Mashariki

Imyidagaduro - 26/03/2026 8:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Israel Mbonyi mu bantu 16 bashyizwe mu kanama ka Mashariki

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yashyizwe mu bagize Akanama (Board Members) k’ishuri mpuzamahanga ryigisha ibya filime n’ubuhanzi rya Mashariki Arts Academy, rifite aho rihuriye n’iserukiramuco rya Mashariki African Film Festival riherutse kuba ku nshuro ya 11.

Ni ku nshuro ya mbere uyu muhanzi umaze imyaka isaga 11 mu muziki ashyizwe muri aka kanama, igikorwa kigaragaza icyizere afitiwe mu ruhando rw’abanyabugeni ndetse n’uruhare ashobora kugira mu guteza imbere inganda ndangamuco.

Israel Mbonyi asanzwe azwiho kugaragaza ubushake bwo guteza imbere ubuhanzi mu nzego zitandukanye, ndetse no gushyigikira impano nshya.

Kwinjizwa muri aka kanama ni indi ntambwe igaragaza ko ibyo yagiye agaragaza mu bikorwa no mu bitekerezo bifite aho bimugejeje.

Ku rutonde rw’abantu 16 bagize aka kanama, Mbonyi ni we muhanzi rukumbi ukora umuziki wa Gospel ugaragaraho, mu gihe benshi mu bandi basanzwe bafite ubunararibonye mu bijyanye na sinema n’inganda z’amafilime.

Abandi bagize aka kanama barimo amazina akomeye mu ruganda rwa sinema n’ubuhanzi ku rwego mpuzamahanga, barimo Trésor Senga utegura Mashariki African Film Festival, Fabrizio Colombo wo mu Butaliyani, Prof. Martin Mhando wo muri Tanzania, Mike Perreault wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Andrew Milner, George Kamanayo, Simon Bright, Brad Major wo muri Australia, C.J. Obasi wo muri Nigeria, Jenifer Neza, Brenda Muteteri, Anny Tubbs wo mu Bwongereza, Recheal Wainaina wo muri Kenya, Dr. Zhang Yong na Geraldine Le Chene.

Umuyobozi Mukuru wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga, yabwiye InyaRwanda ko abagize aka kanama batoranyijwe hashingiwe ku bumenyi n’ubunararibonye bafite mu bijyanye n’inganda ndangamuco.

Ati: “Benshi muri bo ni abantu bafite ubumenyi mu bijyanye n’inganda ndangamuco n’ubuhanzi muri rusange. Harimo abazajya batanga amasomo, abafite amaserukiramuco azajya yakira filime z’abanyeshuri bize muri Mashariki Arts Academy, kugira ngo babone amahirwe yo guhura n’abashoramari n’abacuruzi ba filime.”

Ku bijyanye no guhitamo Israel Mbonyi, Trésor Senga yavuze ko bishingiye ku ruhare rwe nk’umunyamuziki ushobora gufasha mu guteza imbere sinema.

Ati: “Twamuhisemo nk’umunyamuziki ukomeye ushobora kugira icyo afasha muri cinema. Ashobora kudufasha mu gukora ‘soundtracks’ zikoreshwa muri filime igihe bikenewe, ariko kandi akanatanga ubujyanama mu gutuma ibikorwa bikorwa ku rwego rwo hejuru.”

Ishyirwaho ry’aka kanama ritezweho gufasha Mashariki Arts Academy gukomeza gutanga ubumenyi bufite ireme, no guteza imbere urwego rwa sinema n’ubuhanzi muri Afurika, binyuze mu bufatanye n’impuguke zitandukanye zo ku rwego mpuzamahanga.

Israel Mbonyi yinjiye mu kanama ka Mashariki Arts Academy, yiyongera ku bandi 15 bafite ubunararibonye muri sinema n’ubuhanzi ku rwego mpuzamahanga

Mashariki Arts Academy yinjije Israel Mbonyi mu buyobozi bwayo, imwizeyeho gutanga umusanzu mu iterambere ry’ubuhanzi na sinema


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...