Ni ibikubiye mu butumwa uyu muramyi yageneye abakunzi be kuri uyu wa Kane tariki 4 Nzeri 2025, aho yatangaje ko Album ye nshya izasohoka ku itariki 5 Ukwakira 2025. Ubu butumwa yabutanze mu gihe yasabaga abakunzi be kwirengagiza abamwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga n'ibyo batangaza.
Israel Mbonyi yaherukaga
kumurika album ye nshya kuri Noheli y’umwaka wa 2022, aho yanditse amateka yo
kuzuza BK Arena, aha yamuritse album ebyiri "Mbwira" na
"Icyambu".
Mu 2014, Israel Mbonyi
yasohoye album ye ya mbere yise ’Number one’, yamurikiye mu gitaramo yakoreye muri
Kigali Serena Hotel mu 2015. Iya kabiri yise ’Intashyo’ yamuritswe mu gitaramo
yakoreye muri Camp Kigali mu 2017.
Israel Mbonyi amaze
imyaka irenga icumi aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, akaba ari
umwe mu bahanzi nyarwanda bafite izina rikomeye ku rwego rw’akarere. Yatangiye
kumenyekana cyane binyuze mu ndirimbo nka Number One, Intashyo, Karame,
Nitaamini n’izindi nyinshi zakunzwe n’abatari bake.
Mbonyi azwiho ubuhanga mu
gutunganya amagambo y’indirimbo ashyushya imitima, ndetse n’amajwi meza akunzwe
n’abatari bake. Uretse mu Rwanda, afite abakunzi benshi muri Kenya, Uganda,
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Tanzania.
Mu myaka ya vuba, Israel
Mbonyi yashyize imbaraga mu kuririmba mu rurimi rw’Igiswahili, nk’uburyo bwo
kugera ku bantu benshi cyane cyane abo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Ibi byagaragajwe cyane n’indirimbo nka Nitaamini na Sikiliza, zatumye umuziki we urushaho kugera kure, ndetse binamufungurira amarembo ku masoko ya muzika yo hanze y’u Rwanda.
Israel Mbonyi yateguje Album nshya
Ubwo yamurikaga Album ye ya mbere yise 'Number One' mu 2014
REBA INDIRIMBO ISRAEL MBONYI YISE "TUGUMANE"