ISOMO RY’UMUNSI: Iyi nkuru ikwereke uko ukwiye kwitwara, ukirinda kwishushanya, kwirarira no kutigaragaza uko uri

- 27/05/2013 9:09 AM
Share:

Umwanditsi:

ISOMO RY’UMUNSI: Iyi nkuru ikwereke uko ukwiye kwitwara, ukirinda kwishushanya, kwirarira no kutigaragaza uko uri

Mu gihe cyashize umwami umwe w'umunyabwenge yari ageze mu za bukuru yenda gutanga, atangira gushaka uzamukurikira akima ingoma ariko we ntiyashakaga umwana we cyangwa undi uwo ariwe wese, ahubwo icyo yarebaga ni ubikwiye uwo yaba ariwe wese.

Ni uko rero akoranya abasore bose bo mu gihugu, abaha imbuto arababwira ati: “Mugende buri wese muhaye urubuto rwe; agende arutere, aruvomerere, arwuhirire, arwiteho arube hafi, nyuma y'umwaka nzabahamagara munyereke icyo urubuto rwanyu rwabyaye ubundi mbone mbatoranyemo uzansimbura ku ntebe y'ubwami.

Ni uko abasore bose baragenda bakora iyo bwabaga, umusore umwe witwaga Ntwari we aragenda atekerereza nyina uko bimeze amufasha gutera urubuto no kuruvomerera mbese bakora ibishoboka byose. Hashize amezi atatu abandi bose urubuto rwari rwaratoshye, naho Ntwari we ategereza ko urubuto runamera araheba, ariko ntiyacika intege akomeza kurwitaho no kuruba hafi ariko biranga biba iby'ubusa.

Nyuma y'amezi 9 Ntwari yari amaze kwiheba kuko urubuto rwe rwari rutaramera, nyamara yagerageza kubaza abandi bakamubwira ko imbuto zabo zabaye imishishe kandi zimaze gukura bihagije. Umwaka warashize abasore bose batangira kwitegura uko bazarushanwa bitwaje ibyo imbuto zabo zabyaye, uretse Ntwari kuko we urubuto rwe rwari rwaranze no kumera!

Ku munsi wo kumurika umusaruro w'imbuto Ntwari yegereye mama we, amubwira ko afite ipfunwe ryo kujya guhatana n'abandi nyamara ntacyo yagezeho. Mama we yaramuhumurije, amwumvisha ko atagomba kubura muri uwo muhango kuko yari yaragerageje gukora ibyo yasabwaga gukora kandi ntako atagize ngo yite ku rubuto ariko rukanga no kumera.

Abasore bose bagiye ahagombaga kumurikirwa umusaruro w'imbuto zabo, bagenda bivuga ibigwi buri umwe ku giti cye barata imbuto bejeje, nyamara Ntwari we yari yitwaje rwa rubuto uko yaruhawe kuko rwari rwaranze kumera.

Buri wese mu bari aho yasekaga Ntwari, nawe ubwe akagaragaza ko yamazwe n'ikimwaro cyo kuba ariwe wenyine utaragize umusaruro mwiza. Yabonye umwami ageze ahagombaga kumurikirwa imbuto agerageza kugenda yihisha, ariko ntibyamukundiye kuko umwami yategetse abagaragu be kumuzana bwangu imbere ye.

Ni uko umwami yitegereza Ntwari na rwa rubuto yahawe rukimeze uko yarumuhaye, yitegereza n'imbaga y'abandi basore bitwaje imbuto zitohatoshye, arabaseka cyane ati nabahaye imbuto mbabwira ko bitewe n'umusaruro muzazana nzahita mbatoranyamo umwe uzansimbura ku ngoma akicara ku ntebe y'ubwami, none mwivunika igikomangoma ni Ntwari abandi muri ibigwari.

Mwese nabahaye imbuto zokejwe mu nkongi y'umuriro nzi neza ko zitazamera, kubwo kutagira ukuri kwanyu muragenda mushaka izindi mbuto musimbuza izo nabahaye none igihe ni iki mugaragaje ko muri ibigwari.

Ntwari we yateye urubuto yahawe, rwanga kumera ntiyacika intege kugeza umwaka ushize akigerageza ariko ntiyatekereje amanyanga yo kuruhindura, yabaye inyangamugayo ninayo mpamvu kuva ubu ariwe gikomangoma kizimikwa nyuma yo gutanga kwanjye.

ISOMO: Kuba inyangamugayo no kuba umunyakuri ni iby'igiciro gitangaje kandi hari ubwo uwo tubeshya cyangwa dushaka gushuka hari igihe aba azi neza ukuri kose kuturusha. Imana iba ikureba kandi izi imirimo y’amaboko yawe, nuba umunyakinyoma ukishushanya uzagaragarira rubanda neza nyamara mu gihe gikwiye izagutamaza. Kuba inyangamugayo, kuba umunyakuri no kugaragara uko uri nibyo ntambwe yo gutera imbere no kugera ku byiza wifuza!

 

MANIRAKIZA Théogène

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...