Isimbi Deborah watwaye inda ari Miss UNR yizihije imyaka 2 amaranye na Safari wamubereye inkoramutima

Utuntu nutundi - 01/04/2015 11:03 AM
Share:
Isimbi Deborah watwaye inda ari Miss UNR yizihije imyaka 2 amaranye na Safari wamubereye inkoramutima

Isimbi Deborah Abiella umukobwa wa Pasiteri Antoine Rutayisire watwaye inda yambaye ikamba rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) 2012,kuri ubu hashize imyaka ibiri abana n’umukunzi we Safari Brian baje no kubana nk’umugabo n’umugore mu buryo bwemewe n’amategeko.

Mu myaka ibiri bamaranye babana,bombi barashima Imana yabanye nabo muri urwo rugendo rutari rworoshye namba kuva bakirutangira. Nkuko babitangaje bakoresheje Facebook zabo, bombi nta numwe wicuza kuba babana nk’umugabo n’umugore ahubwo buri umwe afite byinshi ashimira mugenzi we,ababyeyi babo n’inshuti zabo zababaye hafi.

Isimbi Abiella

Hano ni mu bukwe bwa Isimbi Deborah,uwo uri kumwe na Miss Isimbi Deborah ni Pastor Antoine Rutayisire umubyeyi we

Nyampinga Isimbi Deborah yavuze ko usibye Imana gusa yabashoboje naho ubundi bitari byoroshye akaba ariyo mpamvu ayishima kuko yemeye ko bibaho. Yashimiye cyane umugabo we Safari Brian ukomeje kumugaragariza urukundo rw’ukuri akamukomeza aho yabaga yacitse intege.  

Isimbi Abiella

Nyampinga Isimbi Deborah arashimira cyane umugabo we Safari Brian wamweretse urukundo nyarwo

Nyampinga Isimbi Deborah ati “Brian, naragukunze,ndagukunda,nzakomeza kugukunda kuko wanyeretse urukundo nyarwo,urankomeza,si nzi uko nagushimira. Abanzi bacu n’abaducaga intege bose bavugaga ko tutabana ngo kuko twari abana,..mwarakoze kuduca intege ubu imyaka ibaye ibiri tubana ndetse tuzabikomeza kugeza ku iherezo ry’ubuzima bwacu.”

Isimbi Abiella

Isimbi Abiella

Miss Isimbi Deborah Abiella ubwo yambikwaga ikamba rya Nyampinga wa Kaminuza nkuru y'u Rwanda muri 2012

Isimbi Abiella

Nyampinga Isimbi Deborah akikiye imfura ye

Safari Brian, umugabo wa Isimbi Deborah banafitanye umwana witwa Briella, yashimiye Imana kubw’imyaka ibiri amaranye n’umugore we ndetse by’umwihariko ashimira ababyeyi babo kubw’urukundo babagaragarije mu rugendo rwabo rw’urushako rutari ruboroheye.

Nubwo bamaranye imyaka ibiri babana nk’umugabo n’umugore ndetse bakaba banafitanye umwana umwe, Safari na Deborah mbere yo kubana nk’umugabo n’umugore bari bamaranye imyaka itanu bakundana kugeza ubu hashize imyaka itanu bari mu rukundo.

Kuwa 31 Werurwe 2013 nibwo Safari na Deborah bambikanye impeta basezerana kubana akaramata uwo muhango ubera mu itorero Angilikani i Remera, nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe baza kwibaruka imfura yabo.

Amafoto yaranze ubukwe bwabo

Musenyeri Rwaje Onesphore mu muhango w'ubukwe bwa Isimbi na Brian

Gideon N.M


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...