Isibo Tv yazanye Muramira Regis, Aime na Isimbi mu kiganiro cy’imikino

Imyidagaduro - 05/10/2022 10:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Isibo Tv yazanye Muramira Regis, Aime na Isimbi mu kiganiro cy’imikino

Televiziyo ya Isibo Tv yatangije ikiganiro cy’imikino (Sports) kizajya gikorwa n’abanyamakuru bakunzwe barimo Regis Muramira, Isimbi Christelle na Aime Niyibizi.

Ikiganiro cyiswe “Bench ya Sport " kiratambuka bwa mbere kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Ukwakira 2022, saa tatu za mu gitondo kugeza saa tanu z’amanywa.

Mu yindi minsi isanzwe, kizajya gikorwa ku wa mbere saa moya n’igice z’umugoroba kugeza saa tatu z’ijoro. Ku wa kane ni saa moya n’igice z’umugoroba kugeza saa tatu z’umugoroba.

Iki kiganiro kizatangirwa na Regis Muramira, Isimbi Chrsitelle na Aime Niyibizi. Ni mu gihe Sam Karenzi azaba ari umutumirwa w’umunsi.

Aba banyamakuru bose basanzwe bakorera Fine Fm mu kiganiro ‘Urukiko rw’Ubujurire’. Bazakomeza gukorera iyi Radio ariko banakora kuri Televiziyo ya Isibo. Iki kiganiro gitangiranye na Gorilla Games nk’umuterankunga Mukuru.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Isibo TV, Christian Abayisenga yabwiye InyaRwanda ko impamvu bashyizeho iki kiganiro ari uko mu busesenguzi bakoze basanze sport ikundwa na benshi, bakaba bashaka gukomeza guha ibyiza abakunzi b’iyi Televiziyo cyane cyane abakunda Sports.

Avuga ko biri no mu murongo wo gufasha urubyiruko rufite impano zitandukanye muri sports kubona amakuru, no kumenyekana binyuze muri iki kiganiro.

Isibo Tv igaragara kuri Startimes kuri shene ya 784 no kuri free to air shene ya 121, cyangwa ukayikurikira ukoresheje application ya telephone yitwa I TV na website ariyo www.isibo.tv

Imyaka ibiri irashize Isibo Tv ikorera mu Rwanda, itangijwe na Kabanda Jean de Dieu. Yatangiye ikorera ahazwi nko kwa Rujugiro i Gikondo, ariko muri iki gihe ibarizwa Rwandex mu nyubako ya Le Prestige House.

Iyi televiziyo ifite ibiganiro nka 'Take Over' gikorwa na Mc Buryohe, Bianca na Dj Diallo. Hari kandi ikiganiro 'The Choice' gikorwa na Phil Peter na Clement, 'Chapa Chapa' ikorwa na Emmalito n'ibindi. 

Imyaka 20 irashize Muramira Regis ari mu itangazamakuru. Si ubwa mbere agiye gukora ibiganiro byo kuri Televiziyo 

Niyibizi Aime, ni umunyamakuru w'umuhanga cyane mu gusesengura imikino no kogeza imipira 

Umunyamakuru Isimbi Christella ukora mu kiganiro 'Urukiko rw'Ubujurire' cya Fine FM 

Sam Karenzi azitabira iki kiganiro cya Isibo TV nk'Umutumirwa w'umunsi 

Isibo Tv yatangije ikiganiro cy’imikino (Sports) kizajya gikorwa na Regis Muramira, Isimbi Christelle na Aime Niyibizi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...