Abashinzwe ubuzima bavuga ko iki cyorezo, cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026, ari cyo cyihuta cyane kurusha ibindi byose byigeze byibasira isi, kikaba kiri gukwirakwira cyane mu Ntara ya Ituri, ahazahajwe n'ibibazo by'umutekano n'imitwe yitwaje intwaro.
Iki cyorezo giterwa na virusi yo mu bwoko bwa Bundibugyo ebolavirus, imwe mu moko ya Ebola adakunze kuboneka kandi atarigeze akorwaho ubushakashatsi bwinshi nk'ubundi bwoko buzwi cyane bwa Zaire ebolavirus.
Ikintu gikomeye gituma iki cyorezo kirushaho gutera impungenge ni uko kugeza ubu nta rukingo rwemewe cyangwa umuti wemejwe uvura ubu bwoko bwa Bundibugyo.
Ibi byatumye abaganga n'inzego z'ubuzima basigara bishingikiriza gusa ku kuvura ibimenyetso no gukumira ikwirakwira ry'indwara.
Mu mateka ya Ebola, icyorezo cyazahaje Afurika y'Iburengerazuba hagati ya 2013 na 2016 ni cyo cyahitanye abantu benshi, aho cyishe abarenga 11,000 mu bantu barenga 28,000 bari baranduye.
Icyo gihe byafashe hafi amezi umunani kugira ngo umubare w'abapfuye ube ugeze ku 1,000.
Ariko muri iki cyorezo cyo muri RDC, abantu 1,000 bapfuye mu gihe kitageze ku byumweru 10, ibintu abahanga bavuga ko bigaragaza umuvuduko udasanzwe virusi iri gukwirakwiraho.
Abashinzwe ubuzima bavuga ko kimwe mu byatumye iki cyorezo gifata intera ari uko mu ntangiriro cyamaze hafi ibyumweru bitatu kitaramenyekana.
Impamvu ni uko ibikoresho byo gupima byari byarateguriwe gusa gutahura ubwoko bwa Zaire ebolavirus, ari bwo busanzwe bugaragara muri RDC.
Kubera ko Bundibugyo ari ubundi bwoko butandukanye, abarwayi benshi babanje gufatwa nk'abarwaye izindi ndwara, bituma virusi ikomeza gukwirakwira abaturage batarabona ubuvuzi cyangwa ngo bashyirwe mu kato.
Intambara n'ibibazo by'umutekano bikomeje gukoma mu nkokora ubutabazi
Intara ya Ituri, ari na yo yibasiwe cyane, imaze imyaka ihanganye n'imitwe yitwaje intwaro ndetse n'ibibazo bikomeye by'umutekano.
Ibi bituma amatsinda y'abaganga atagera hose, abaturage bamwe bakaba batinya inzego z'ubuzima cyangwa bakanga gutanga amakuru ku barwayi.
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko umubare nyawo w'abanduye ushobora kuba wikubye kabiri cyangwa kane ugereranyije n'uwamaze gutangazwa.
Ikindi gitera impungenge ni uko 80% by'abandura bashya batagaragara mu nzira zisanzwe z'ubwandu zari zizwi, bigatuma gukurikirana abahuye n'abarwayi biba ikibazo gikomeye.
Abaganga na bo barigaragambije
Ibibazo by'ubukungu na byo byakomeje kudindiza urugamba rwo guhangana na Ebola.
Abaganga, abaforomo ndetse n'abashinzwe umutekano bagera ku 100 bakoraga mu Kigo cyita ku barwayi ba Ebola cya Elikya, giherereye mu mujyi wa Bunia, bahagaritse akazi basaba guhabwa amafaranga y’umushahara bavuga ko bamaze igihe batishyurwa.
No mu Bitaro Bikuru bya Bunia, ari byo binini muri ako karere, bamwe mu bakozi bahagaritse akazi bavuga ko bamaze amezi badahembwa kuva batangira kwita ku barwayi ba Ebola.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Al Jazeera ivuga ko, Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC), Dr. Jean Kaseya, yavuze ko ikibazo gikomeye atari ubwandu gusa, ahubwo ari n'ibura ry'ibikoresho.
Yagize ati: "Aba ni abantu bari gupfa. Bari gupfa kuko tudafite inkingo, nta miti dufite kandi nta nkunga ihagije ihari."
Ubwoko bwa Bundibugyo butera urupfu ku kigero kiri hagati ya 30% na 50% by'ababwanduye bose.
Hari icyizere gituruka ku rukingo rushya
N'ubwo nta rukingo rwemewe ruraboneka, hari icyizere gishya. Itsinda ry'abashakashatsi bo muri Oxford Vaccine Group ryatangiye kugerageza urukingo rwihariye rwa Bundibugyo ku bantu.
Uru rukingo rwubakiye ku ikoranabuhanga ryakoreshejwe mu gukora urukingo rwa Oxford-AstraZeneca rwifashishijwe mu guhangana na COVID-19.
Umuntu wa mbere yamaze guhabwa uru rukingo mu igerageza rya mbere, ariko abahanga bavuga ko bizafata amezi menshi mbere y'uko rushobora kwemerwa no gutangira gukoreshwa ku rwego rwagutse.
Iki cyorezo cya Ebola cyongeye kwerekana ko n'ubwo isi imaze gutera imbere mu buvuzi no mu ikoranabuhanga, hari indwara zikomeje kuba ikibazo gikomeye cyane, cyane cyane iyo zibasiye ibihugu bifite ibibazo by'umutekano, ibura ry'inkunga n'ubuke bw'ibikoresho by'ubuvuzi.
Mu gihe ubushakashatsi ku rukingo rushya bukomeje gutanga icyizere, inzego mpuzamahanga zirahamagarira ibihugu n'abafatanyabikorwa kongera inkunga kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gukwirakwira no guteza ibindi byago muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere kose
