Ishimwe Kevin wasezerewe muri Rayon Sports yabonye ikipe nshya

Imikino - 18/07/2022 3:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Ishimwe Kevin wasezerewe muri Rayon Sports yabonye ikipe nshya

Rutahizamu Ishimwe Kevin, uzwiho amacenga menshi no kutavugirwamo yasinye amasezerano y'imyaka 2 muri Gasogi United, nyuma yo gusezererwa na Rayon Sports yakiniye mu gice cya kabiri cy'umwaka ushize w'imikino.

Amakuru agera ku inyaRwanda.com aremeza ko Ishimwe Kevin yahawe Miliyoni 7 z'amafaranga y'u Rwanda agasinya amasezerano y'imyaka 2 muri Gasogi United iherutse gusezerera abari abakinnyi bayo 11.

Mu mwaka ushize w'imikino, Ishimwe yakiniye amakipe abiri, aho yatangiriye muri SC Kiyovu, akaza gutandukana nayo mu Ukuboza 2021, biturutse ku kutumvikana ku mafaranga y'uduhimbazamusyi.

Muri Gashyantare 2022, Ishimwe yakomereje umwuga we muri Rayon Sports, aho yasinye gukina mu gihe cy'igice cya kabiri cya shampiyona (Phase retour), akanatsindira Rayon Sports kimwe mu bitego 3 byayifashije kwegukana umwanya wa gatatu mu gikombe cy'amahoro, bahigitse Police FC.

Aya makipe y'abakeba Ishimwe Kevin aheruka gukinira, yayanyuzemo nyuma yo kwirukanwa na APR FC muri 2020, aho yari yageze avuye muri AS Kigali, ariko akirukanwa adasoje amasezerano, azira kutitwara nea kuri Adil Erradi utoza APR FC.

Usibye kuba Ishimwe atavugirwamo, bituma ashinjwa imyitwarire idahwitse kenshi, ni umwe mu banyempano beza bagaragara mu mupira w' u Rwanda, aho akundwa na benshi kubera amacenga ye yihuta ndetse n'uburyo atanga imipira yorohera ba rutahizamu gutsinda (Assists).

Biteganijwe ko mu mwaka utaha w'imikino Ishimwe Kevin azafasha ubusatirizi bwa Gasogi United izaba itozwa n'umunya-Misiri, Adel Abderahman uri bwerekanwe nk'umutoza mushya wa Gasogi United kuri uyu wa mbere.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...