Ni
itangazo ryatunguranye kuri benshi, kuko Ishimwe asanzwe amenyerewe inyuma
y’imbaho z’akazi, aho yubatse izina nk’umwe mu batunganya indirimbo bafite
uruhare rukomeye mu kuzamura umuziki nyarwanda. Ubu noneho yahisemo gusohoka mu
gicucu, akavuga amateka ye mu buryo bw’indirimbo.
Mu
mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Gatanu tariki 27
Gashyantare 2026, Ishimwe yavuze ko iyi Album izaba igizwe n’indirimbo zigaruka
ku buzima bwe n’urugendo rwe rw’imyaka 20 mu muziki.
Yemeje
ko mu ndirimbo zizayigaragaraho harimo iyitwa “Bella”, yakoranye na Bruce
Melodie, Nel Ngabo, Shaffy na Mamba, ikazaba ari yo ibimburira izindi gusohoka
mu minsi iri imbere.
Yatangiye
gucuranga afite imyaka 7
Ishimwe
yasobanuye ko urugendo rwe mu muziki rwatangiye kera akiri umwana muto. Ati:
“Natangiye kugerageza gucuranga Piano mfite imyaka irindwi y’amavuko.” Icyo
gihe, ngo ntiyari azi ko ari intangiriro y’inzira ndende yari igiye kumugira umwe
mu bagize uruhare rukomeye mu kubaka isura y’umuziki nyarwanda w’iki gihe.
Avuga
ko kuva icyo gihe “Urugendo rurerure rw’ubuzima rwaratangiye.” Urugendo
rwanyuze mu bihe bitandukanye, birimo gutsinda no gutsindwa, kwiga, kugerageza
no kwihangana. Ariko byose ngo byamubereye amasomo.
Uyu
mu Producer avuga ko ubu hashize imyaka 20 atunganyije indirimbo ye ya mbere
nk’uwabigize umwuga. Ati: “Iyo ntambwe yabaye iy’urugendo, ibindi ni amateka.”
Gushinga Kina
Music no kuzamura impano
Mu
rugendo rwe, Ishimwe yafashe icyemezo gikomeye cyo gushinga Kina Music, inzu
yafashije kuzamura no gutyaza impano z’abahanzi benshi bageze kure mu muziki
nyarwanda.
Muri
abo harimo Christopher Muneza wamamaye nka Christopher, Faycal Kode, itsinda
rya Dream Boys, Aline Gahongayire, Tom Close, Igor Mabano n’abandi benshi.
Uretse
kuba yarabafashije mu gutunganya indirimbo, yagize n’uruhare mu gutegura
ibikorwa byabo, kububakira izina no kubahuza n’isoko ryagutse ry’umuziki. Ni
umwe mu bantu bake bashobora kuvugwaho kuba baragize uruhare mu guhindura
uburyo umuziki ukorwa no kumenyekanishwa mu Rwanda.
‘Legacy’, Album
ivuga amateka ye
Album
‘Legacy’ avuga ko izaba ari igitabo cy’ubuzima bwe mu buryo bw’amajwi. Izagenda
ivuga inkuru ye kuva ku ndirimbo ya mbere yakoze, kugeza ku ndirimbo ya nyuma
izayisoza.
Ati:
“Uyu mwaka nzashyira hanze Album yanjye ya mbere yitwa ‘Legacy’.” Yongeraho ko
ari impano aha abakunzi b’umuziki, abahanzi bakoranye, n’abamushyigikiye mu
myaka 20 ishize.
Indirimbo
“Bella” izaba ari intangiriro y’urwo rugendo rushya, aho Ishimwe atazaba ari
inyuma y’utundi dukoresho twa ‘studio’ gusa, ahubwo akazaba ari mu isura
igaragara y’umushinga.
Ku
bamukurikiranye imyaka yose, ‘Legacy’ si Album isanzwe; ni icyemezo cyo
gushyira ku murongo amateka y’umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kuzamura
urwego rwa muzika nyarwanda.
Mu
minsi iri imbere ni bwo hazamenyekana itariki nyayo iyi Album izasohokeraho,
ariko icyizere ni cyose ko izaba ari umushinga ugaragaza ubunararibonye,
amateka n’umurage Ishimwe Karake Clement asize kandi agikomeje kubaka mu muziki
nyarwanda.

Ishimwe
Karake Clement agiye gusohora Album ye ya mbere yise ‘Legacy’ mu kwizihiza
imyaka 20 amaze mu muziki


