Muri shampiyona ya Kenya, ku wa Gatandatu ikipe ya Nairobi United ikinamo Hakizimana Muhadjiri na Buregeya Prince yatsinze Bidco United ibitego 3-0. Aba bakinnyi bose nta n’umwe wakoreshejwe kuri uyu mukino.
Ku wa Gatandatu muri shampiyona ya Libya ikipe ya Al Ahli Tripoli ikinamo Manzi Thierry yatsinze Al Qadisiyah Bani Walid igitego 1-0. Nk'uko bisanzwe uyu myugariro yabanje mu kibuga ndetse nta nubwo yigeze asimbuzwa.
Ku wa Gatanu w’Icyumweru gishize muri iyi shampiyona ikipe ya Al Saqour ikinamo Rwatubyaye Abdul yatsinzwe na Al Taawon 1-0. Uyu myugariro nawe yabanje mu kibuga ndetse nta nubwo yigeze asimbuzwa.
Muri shampiyona ya Libya kandi ku wa Gatanu ikipe ya Assabah SC ikinamo Nsabimana Aimable, Ishimwe Anicet na Biramahire Abeddy yatsinze Libya Stadium ibitego 2-0. Ishimwe Anicet na Nsabimana Aimable babanje mu.
Biramahire Abeddy yinjiyemo asimbuye ku munota wa 63 asimbuye Ishimwe Anicet. Muri ibi bitego bibiri harimo kimwe cyatsinzwe na Anicet ku munota wa 52.
Muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Algeria, ku wa Gatanu ikipe ya CS Constantine ikinamo Bizimana Djihad yatsinze ES Setif ibitego 2-0. Kapiteni w’Amavubi ntabwo yabanje mu kibuga ariko yinjiyemo asimbuye.
Ku wa Kane w’Icyumweru gishize ikipe ya Al Masry yo mu Misiri ikinamo Mugisha Bonheur yanganyije na Al Mokawloon igitego 1-1 mu gikombe cy’igihugu. Bonheur yabanje mu kibuga ndetse nta nubwo yigeze asimbuzwa.
Muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi, ku munsi w'ejo ikipe ya Raal La Louviere ikinamo Samuel Gueulette yatsinzwe na Mechelen ibitego 2-0. Uyu mukinnyi ntabwo yabanje mu kibuga ariko yinjiyemo asimbuye ku munota wa 75.
Ku wa Gatanu muri shampiyona ya Azerbaijani, ikipe ya Zira FK ikinamo Mutsinzi Ange yatsinzwe na Turan ibitego 2-0. Uyu myugariro yabanje mu kibuga ndetse yakinnye iminota yose y’umukino.
Ku wa Gatanu muri shampiyona ya Cyprus ikipe ya AEL Limmasol ikinamo Imanishimwe Emmanuel ’Mangwende’ yatsinze Paralimni ibitego 2-0. Uyu myugariro yabanje mu kibuga ndetse nta nubwo yigeze asimbuzwa.
Muri shampiyona y’Ubugereki, ku munsi w'ejo ikipe ya AEK Athens F.C ikinamo Hakim Sahabo yanyagiye Levadiakos ibitego 4-0. Sahabo utegereje gukina umukino wa mbere muri iyi kipe kuva yayigeramo yari ku ntebe y’abasimbura ariko ntabwo yigeze akoreshwa.

Ishimwe Anicet yatsinze igitego cye cya mbere muri Assabah SC


