Isezerano rya WASAC ryo kugeza amazi meza kuri bose mu 2029 ryibukije iryo yahaye Kigali mu 2015

Amakuru ku Rwanda - 21/07/2026 6:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Isezerano rya WASAC ryo kugeza amazi meza kuri bose mu 2029 ryibukije iryo yahaye Kigali mu 2015

‎Ikibazo cy'ibura ry'amazi kimaze ibyumweru kivugwa mu Murenge wa Nyarugunga no mu bice bya Kanombe cyongeye kwibutsa isezerano ryatanzwe na WASACmu 2015 ko Kigali itazongera kubura amazi ariko ntirisohore.

Mu gihe Ikigo cya Leta gishinzwe gutanga serivisi z'amazi meza n'isuku mu Rwanda (WASAC) kivuga ko intego yacyo ari uko mu 2029 abaturage bose bazaba bafite amazi meza ku kigero cya 100%, amateka agaragaza ko no mu 2015 cyari cyatangaje ko ikibazo cy'ibura ry'amazi muri Kigali cyari gukemuka mu mezi icyenda, ariko ntibyabaye.

Ku wa 8 Kamena 2012, ikinyamakuru IGIHE cyatangaje inkuru ivuga ko abaturage bo mu midugudu ya Ruyonza, Amahoro na Gasaraba, mu Murenge wa Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro, bari bamaze icyumweru batabona amazi yatangwaga na EWSA, icyo gihe yari ikigo cya Leta gishinzwe gutanga serivisi z'amazi, amashanyarazi n'isuku mu Rwanda.

Iyo nkuru yagaragazaga ko abaturage bakoraga ingendo ndende bajya kuvoma amazi, abandi bakayagura ku bacuruzi, aho ijerekani imwe yari igeze ku mafaranga 300. Banavugaga ko n'iyo amazi yabonekaga, yazaga nijoro abantu baryamye kandi ntamare igihe.

Mu gushaka kumenya icyo ubuyobozi bwabivugaho, umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa EWSA kugira ngo bugire icyo buvuga kuri icyo kibazo, ariko ntibyashoboka.

Ku wa 16 Ugushyingo 2015, Ikigo gishinzwe Amazi n'Isuku (WASAC), cyari cyarasimbuye EWSA, cyijeje Abanyakigali ko ikibazo cy'ibura ry'amazi cyari kugabanuka mu mezi icyenda.

Mu ruzinduko rwa Minisitiri w'Ibikorwa Remezo wariho icyo gihe, James Musoni, ku ruganda rwa Nzove, Umuyobozi wa WASAC, James Sano, yavuze ko Kigali yakeneraga metero kibe (m³) 110,000 z'amazi ku munsi, mu gihe icyo gihe habonekaga 65,000 m³ gusa.

Yatangaje ko kwagura uruganda rwa Nzove no kongera ubushobozi bw'izindi nganda byari gutuma, nyuma y'amezi icyenda, Kigali ibona 120,000 m³ z'amazi ku munsi, bityo ikibazo cy'ibura ry'amazi kikaba gikemutse.

Iri ryari isezerano rikomeye ryatanzwe nyuma y'uko abaturage bari bamaze imyaka bagaragaza ikibazo cy'ibura ry'amazi.

Nubwo WASAC yari yaratangaje mu 2015 ko kwagura uruganda rwa Nzove no kongera ubushobozi bw'izindi nganda byari gutuma Kigali ibona metero kibe 120,000 z'amazi ku munsi mu mezi icyenda, ikibazo cy'ibura ry'amazi nticyahise kirangira.

Nyuma yaho, bamwe mu baturage bakomeje kugaragaza ko hari igihe amazi yaburaga. Ku wa 6 Nyakanga 2026, abaturage bo mu Murenge wa Nyarugunga n'utundi duce twa Kanombe bongeye gutaka ikibazo cy'ibura ry'amazi.

Bavuze ko bari bamaze hafi ibyumweru bitatu batabona amazi ya WASAC, bikabahatira kuyagura ku bacuruzi, aho ijerekani ya litiro 20 yaguraga hagati ya 700 na 800 Frw.

Mu gusobanura icyo kibazo, Umuvugizi wa WASAC Group, Robert Bimenyimana, yabwiye Umuseke ko impamvu ari impeshyi yagabanyije amazi yinjira mu ruganda rwa Kanzenze bitewe n'igabanuka ry'amazi y'Umugezi wa Nyabarongo.

Yavuze kandi ko umusaruro w'amazi uhabwa Umujyi wa Kigali wagabanutse uva kuri 30,000 m³ ukagera kuri 22,000 m³ ku munsi.

Mu gihe yasobanuraga ingamba zo gukemura iki kibazo, yavuze ko uruganda rwa Karenge ruri kuvugururwa, urwa Nzove na rwo rukaba ruri kongererwa ubushobozi. Yanashimangiye ko intego ya WASAC ari uko mu 2029 abaturage bose bazaba bafite amazi meza ku kigero cya 100%.

Ibi bigaragaza ko ikibazo cy'itangwa ry'amazi gikomeje gusaba ishoramari rinini no kwagura ibikorwaremezo uko imyaka ishira.

Ku ruhande rumwe, WASAC ivuga ko hari imishinga mishya iri gukorwa izongera ubushobozi bw'inganda kandi igafasha gukemura iki kibazo. Ku rundi ruhande, amateka agaragaza ko abaturage bo muri Kigali bamaze imyaka myinshi bagaragaza ikibazo cy'ibura ry'amazi.

Nubwo imibare y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko umubare w'ingo zigerwaho n'amazi aturuka ku masoko meza wakomeje kwiyongera, ikibazo cy'ibura ry'amazi gikomeje kugaragara mu bice bimwe na bimwe bya Kigali.

Mu gihe WASAC yizeza ko abaturage bose bazaba bafite amazi meza ku kigero cya 100% mu 2029, amateka agaragaza ko hari n'andi masezerano nk'ayo yatanzwe mu 2015 ariko ntahite asohora.

Ibyo bituma amaso akomeza guhanga ku ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga iri guteganywa n'uburyo izashobora guhangana n'ubwiyongere bw'abaturage ndetse n'ikenerwa ry'amazi.






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...