Iserukiramuco ‘Ubumuntu’ rigarukanye i Kigali icyumweru cy'ubuhanzi, no gukira ibikomere

Imyidagaduro - 07/07/2026 7:58 PM
Share:

Umwanditsi:

Iserukiramuco ‘Ubumuntu’ rigarukanye i Kigali icyumweru cy'ubuhanzi, no gukira ibikomere

Abategura Iserukiramuco Mpuzamahanga rya Ubumuntu Arts Festival batangaje ko imyiteguro yaryo igeze kure, aho rizaba ku nshuro ya 12 kuva tariki ya 13 kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026, rikazahuriza i Kigali abahanzi, abanditsi, abanyamuziki, ababyinnyi, abakina amakinamico n'abandi banyabugeni baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Iri serukiramuco rizabera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, ndetse n'ahandi harimo Inzira Creative, Camp Kigali na MÖVENPICK Hotel, rikazaba rifite insanganyamatsiko igira iti "Embracing Time: Holding On. Holding Together," ishishikariza abantu gutekereza ku kwihangana, ubumwe no gukomeza gufatana urunana mu bihe Isi ikomeje gucamo.

Abategura iri serukiramuco bavuga ko bamaze gusoza igikorwa cyo gutoranya abazaryitabira nyuma yo kwakira ubusabe bw'abahanzi barenga 140 baturutse hirya no hino ku Isi. Ibi babifata nk'ikimenyetso cy'uko Ubumuntu Arts Festival ikomeje kugenda yaguka no gukurura abanyabugeni benshi bifuza gusangiza Isi ubutumwa banyujije mu buhanzi.

Uwashinze iri serukiramuco akaba n'Umuyobozi waryo mu by'ubuhanzi, Hope Azeda, yavuze ko insanganyamatsiko y'uyu mwaka ivuga byinshi ku buzima abantu n'Isi muri rusange barimo kubamo.

Ati: "Insanganyamatsiko y'uyu mwaka, 'Embracing Time: Holding On. Holding Together,' igaragaza aho tugeze nk'abantu, nk'imiryango ndetse nk'Isi ikomeje kwiga uburyo bwo kubana n'urwibutso, ububabare, icyizere n'amahirwe bishobora kubangikanywa."

Yakomeje avuga ko kuva iri serukiramuco ryashingwa, intego yaryo yabaye ugukoresha ubuhanzi nk'ikiraro gihuza abantu baturuka mu mico n'amateka atandukanye.

Ati: "Binyuze mu ikinamico, imbyino, umuziki, ubuvanganzo n'ibiganiro, tuba twubaka urubuga abantu bahuriramo bakumva, bakibuka, bagakira ibikomere kandi bakongera kurota ejo hazaza heza. Turacyafite intego yo gukoresha ubuhanzi mu kubaka Isi aho ubumuntu butavugwa gusa, ahubwo bunashyirwa mu bikorwa."

Ubumuntu Arts Festival yashinzwe mu 2015 na Hope Azeda. Mu myaka ishize, ryabaye rimwe mu maserukiramuco akomeye mu Rwanda, aho ritanga urubuga rw'ibitaramo, amakinamico, ibiganiro, amahugurwa n'ibindi bikorwa bihuza abanyabugeni n'abakunzi b'ubuhanzi baturuka mu mpande zitandukanye z'Isi.

Ijambo "Ubumuntu" risobanura "Kubaho nk'umuntu", ari na yo nkingi iri serukiramuco ryubakiyeho, aho ryizera ko ubuhanzi bushobora guhuza abantu bose, kabone n'iyo baba bafite amateka cyangwa inkomoko zitandukanye.

Ibikorwa bizatangira ku wa 13 Nyakanga 2026 n'umunsi wahariwe ubuzima bwo mu mutwe (Mental Health Day) uzabera muri Inzira Creative kuva saa tatu za mu gitondo kugeza saa saba z'amanywa. Hazabaho amahugurwa, ibiganiro n'ibikorwa by'ubuhanzi bigamije kugaragaza uruhare ubuhanzi bugira mu guteza imbere ubuzima bwo mu mutwe.

Ku wa 14 Nyakanga hazakurikiraho Literature Day, na bwo izabera muri Inzira Creative kuva saa munani z'amanywa kugeza saa mbiri z'ijoro. Uyu munsi uzahuza abanditsi, abasizi n'abanyabugeni bakoresha ijambo mu kugeza ubutumwa ku bantu, binyuze mu gusoma ibihangano, ibiganiro n'ibitaramo.

Ku wa 16 Nyakanga, ibikorwa bizakomereza muri Camp Kigali ahazabera Ikaze Night & Music Is Humanity, umugoroba uzaba ugizwe n'umuziki n'ubusabane, ugamije guhuza abantu binyuze mu njyana zitandukanye z'umuziki.

Iserukiramuco rizasozwa n'iminsi itatu y'ibitaramo bikuru byiswe Ubumuntu Classic, bizabera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuva tariki ya 17 kugeza ku ya 19 Nyakanga, buri mugoroba guhera saa kumi n'ebyiri kugeza saa yine z'ijoro.

Muri ibi bitaramo hazitabira amatsinda n'abahanzi bo mu Rwanda no mu mahanga barimo Afritheatre Collective, MindLeaps, Orly Portal Dance Company, World Pulse Ensemble, Atsushi Suzuki Crew, Agahozo Shalom, Beyond The Mainstream Storytellers, Ariel Rikka Dance, Backyard Stories, Inzozi Dance Company, Khalaha, Matthew Westerby Company, Teatro Azul, Playwright Playhouse, Lumina Dance Company na Millaz x Faiz Art Hub Foundation.

Mu myaka ishize, Ubumuntu Arts Festival yabaye urubuga rufasha abantu gutekereza ku bibazo bireba inyokomuntu birimo kwibuka amateka, gukira ibikomere, amahoro, kubahana no guteza imbere impinduka nziza mu muryango, hakoreshejwe amakinamico, umuziki, imbyino, ubuvanganzo n'ubundi buhanzi.

Abategura iri serukiramuco batangaje ko ibikorwa byose bizaba byinjirwamo ku buntu, banatumira abaturage, abanyeshuri, abakora mu rwego rw'ubuhanzi, abanyamakuru, imiryango n'abashyitsi bazaba bari i Kigali kwitabira iri serukiramuco no kuba umwe mu rugendo rw'ubuhanzi ruhuza abantu mu bumuntu.





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...