InyaRwanda
yamusuye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 3 Ukwakira 2025, mu Intare
Conference Arena ahateganyijwe kubera iki gitaramo cyihariye.
Uyu
muramyi yavuze ko iyi Album ye nshya izaba irimo indirimbo 14, ziri mu ndimi
zitandukanye zirimo Ikinyarwanda n’Icyongereza, bikazatuma buri wese
ayisangamo.
Ati: “Ikintu cyiza dufite kuri iyi Album ni uko hariho indirimbo nyinshi. Harimo
indirimbo 14, hariho indirimbo zo mu rurimi rw'Ikinyarwanda, Icyongereza, ni
Album izisangwamo n'abantu benshi cyane. Izina ryo nzaritangaza mu gihe kiri
imbere."
Abajijwe
niba hari indirimbo nka Nina Siri yaciye ibintu kuri Album ye ya Kane, Mbonyi
yavuze ko bishoboka ariko byose biterwa n’uko Imana ishaka.
Ati: “Imana ni yo yitoranyiriza icyo ishaka kugaburira abantu bayo muri iyo minsi,
wasanga harimo imwe cyangwa ebyiri, cyangwa zose Imana izazishyira mu mitima
y'abantu bakazikunda, zikaba zaruta na ziriya zindi. 'Nina Siri' yaje ari
indirimbo idasanzwe yakingiye imiryango, rero n'iyo ishobora kuzaza igakungira
imiryango."
Mbonyi
yavuze ko imyiteguro yatangiye ku wa Kabiri w’icyumweru cyashize, ndetse kuri
uyu wa Gatandatu tariki 4 Ukwakira 2025, ari bwo asuzuma ibyuma bwa nyuma.
Ati: "Twatangiye 'Step-Up' ku wa Kabiri nijoro, ubu rero turi gusoza nta kindi gisigaye. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo dusuzuma ibyuma bwa nyuma (Sound Check)".
Nk’uko
asanzwe abigenza, Mbonyi yavuze ko buri gihe iyo ategura igikorwa cyagutse
nk’igitaramo, abanza gufata umwanya wo gusenga ari kumwe n’abaririmbyi be.
Ati: “Twarawusengeye (Umunsi w’igitaramo), kandi ni ukuri turashima Imana, abantu
baradushyigikiye, amatike barayaguze cyane n'ubu tuvugana nari kumwe n'ikipe
yanjye turimo gusenga, ndavuga nti reka nze hano. Ariko twafashe umwanya wo
gusenga."
Album
ya mbere ya Israel Mbonyi yitwa ‘Number One’ yagiye hanze mu 2015. Iya Kabiri
yise ‘Intashyo’ yayimuritse mu gitaramo yakoreye muri Kigali Conference and
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali mu 2017.
Iya Gatatu yise ‘Icyambu’ yagiye hanze mu 2022, iya Kane yitwa ‘Nk’Umusirikare’ ayisohora mu 2023, yaje no kuyimurika mu gitaramo yakoreye muri BK Arena mu Ukuboza mu gitaramo cya Noheli asanzwe akora.

Israel
Mbonyi yasoje imyiteguro y’igitaramo azamurikiramo Album ye ya Gatanu

Mbonyi
yiteguye gufatira amashusho y’indirimbo 14 ziri kuri Album nshya

Israel avuga ko iyi
Album iriho indirimbo ziri mu ndimi zitandukanye zirimo Ikinyarwanda n’Icyongereza
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA ISRAEL MBONYI
