Irene Uwoya yaciye amarenga yo kongera kujya mu rukundo-AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/03/2023 12:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Irene Uwoya yaciye amarenga yo kongera kujya mu rukundo-AMAFOTO

Umukinnyi wa filime w’Umunya-Tanzania Irene Uwoya wamamaye nka Oprah wakundanye na Katauti Ndikumana wamamaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda; yaciye amarenga yo kongera gusubira mu rukundo.

Mu nkuru ziri gucicikana mu bitangazamakuru bitandukanye muri Tanzania byatangiye guhwihwiswa ko uyu mugore yaba yongeye kujya mu rukundo nyuma y’igihe atavugwa mu nkuru nk’izi.

Byatangiye kuvugwa nyuma y’amafoto Uwoya yasangije abamukurikira ari kumwe n’umuhanzi Lord Eyez, ugezweho mu njyana ya Amapiano muri Tanzania.

Mu mafoto Uwoya yasangije abasaga miliyoni zirindwi bamukurikira kuri Instagram, ari kumwe n’uyu musore nta byinshi yarengejeho ahubwo iya mbere yabanje gushyiraho akamenyetso gasobanura urukundo.

N’uyu muhanzi nawe hari iyo yashyize kuri Instagram bari kumwe agaragaza ko bishimanye kandi bari mu bihe byiza basohokanye muri hoteli ya Gran Meliá Arusha yo muri Tanzania.

Icyabihuhuye ni uko Lord Eyez asigaye akoresha kuri ‘Profile picture’ ye ya Instagram;  ifoto ya Irene Uwoya.

Irene Pancras Uwoya yari umugore w’umukinnyi wakanyujijeho mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Hamad Ndikumana ‘Katauti’ witabye Imana ku wa 14 Ugushyingo 2017.

Ubukwe bwabo bwatashye ku wa 11 Nyakanga 2009 mu birori byabereye kuri Hotel ya Giraffe View, iherereye Mbezi Kawe mu Mujyi wa Dar es Salaam.

Icyo gihe ubukwe bwabo bwasize inkuru imusozi kubera uburyo bwari buhenze. Aba bombi baje kubyarana umwana umwe w’umuhungu bise Krish Ndikumana ndetse nyuma batandukana burundu.

Mu Ukwakira 2017 nibwo Irene Uwoya wahoze ari umugore wa Katauti, yakoze ubukwe bw’ibanga n’umuraperi witwa Dogo Janja.

Ubukwe bwa Dogo Janja na Irene Uwoya bwavugishije abatari bake. Abantu bategereje ko Irene Uwoya asama baraheba nawe atangaza ko adateganya kongera kubyara vuba.

Muri uru rugo hatangiye kuvugwa intonganya zishingiye ku gucana inyuma, bishyira ku iherezo urugo rwabo rwamaze umwaka umwe.

Muri Gashyantare 2019 ni bwo Dogo Janja yahishuye ko yamaze kubona undi mukobwa bakundana ariko Uwoya we ibye yakomeje kubigira ibanga.

Uwoya yamamaye cyane mu ruganda rwa sinema muri Tanzania nka ‘Oprah’ ndetse ni umwe mu bakora uyu mwuga bafite izina rikomeye cyane muri iki gihugu.Uwoya aravugwa mu rukundo n'umuhanzi Lord EyezAba bombi bameranye neza 

 

Lord Eyez ku ifoto imuranga kuri Instagram [profile picture] yashyizeho iya Uwoya. Ibi nabyo byakomeje gutuma benshi bibaza ku mubano bafitanye

Uwoya na Dogo Janja bakoze ubukwe, urugo rwabo ntirwamara kabiri

Ubwo Katauti na Uwoya bakoraga ubukwe Uyu mugore afite ikimero gikurura benshiUmwana Katauti yasize abyaranye na Uwoya witwa Ndikumana Krish

MURI TANZANIA BATANGIYE GUKEKA URUKUNDO HAGATI Y’ABABOMBI

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...